• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Financial Times : Perezida Kagame yagarutse ku buryo yinjiye igisirikare, uko yavuye mu ishuri muri Amerika n’amasomo byasize

Financial Times : Perezida Kagame yagarutse ku buryo yinjiye igisirikare, uko yavuye mu ishuri muri Amerika n’amasomo byasize

Ubwanditsi 04 Sep 2017 Mu Rwanda

Mu kiganiro n’ikinyamakuru Financial Times, Perezida Kagame yagaragaje ko nko ku giti cye nta buryo bwihariye bwamuteguye mu guhangana n’ibibazo, uretse imibereho yanyuzemo yagiye isiga amasomo yihariye.

Umuryango we wahunze igihugu mu 1961 afite imyaka ine gusa, akurira mu nkambi y’impunzi muri Uganda, kugeza ku myaka 20 ubwo avuga ko aribwo yatangiye kwinjira muri politiki.

Yagize ati “Byari ukwibaza ibiri kuba, twibaza ubuzima turi kubamo, impamvu yabyo n’icyo twabikoraho, ni naho ibikorwa by’ingenzi byatangiriye mu bantu batandukanye mu buhungiro, haba mu Burundi, Tanzania, Uganda n’ahandi.”

Ahagana mu 1980 nibwo FPR yashinzwe, nubwo mbere hagiye habaho ibikorwa byo guhuza imbaraga ariko ntibikorerwe ahabona kubera ingaruka byashoboraga kuzana.

Yakomeje agira ati “Nyuma bamwe muri twe twinjiye igisirikare [cyayoborwaga na Museveni] muri Uganda ubwo hari uru rugamba, uko niko twabashije kwitegura.”

“Ntabwo twabigiyemo kubera ko twumvaga turi abagande cyangwa se kubera ko twumvaga dushaka kubabo, ahubwo, icya mbere, twagirwagaho ingaruka n’ibyabaga nk’impunzi. Ndetse hari abantu bamwe birukanwaga muri Uganda bakagarurwa mu Rwanda kubera politiki yari muri Uganda icyo gihe. Abenshi bageraga mu Rwanda bakicwa, abarokotse bakaba impunzi bwa kabiri.”

Perezida Kagame yavuze ko ubwo urugamba rwo kubohora igihugu rwatangiraga mu Ukwakira 1990, yari mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akaba yari ahari nk’umunya-Uganda.

Yakomeje agira ati “Ubwo urugamba rwatangiraga kuwa 1 Ukwakira, nicyo cyari igihe twashakaga gukora ibishoboka byose mu ngaruka zose byari kuzana, ariko twagombaga kugira icyo dukora.”

Uko Kagame yavuye muri Amerika

Perezida Kagame avuga ko ubwo yajyaga kumenyesha abayobozi b’ishuri rya gisirikare muri Kansas aho yigaga ko agiye guhagarika amasomo, baguye mu kantu.

Ati “Baravuze bati bikugendekeye bite, ni iki cyabaye mu Rwanda? Uri umugande. Naramubwiye nti ntabwo aribyo. Kubwo kugira ngo mbashe kuba hano, ndi umugande, ariko hari ikindi kintu cyabaye gituma ubu ngomba kuba uwo nabaye we kuva kera.”

Ni uko yavuye muri Amerika, ariko icyo gihe asanga urugamba rwakomeye ndetse n’abari abayobozi b’ingabo zashakaga kubohora igihugu batangiye gupfa, ibintu byatangiye kuzamba.

Perezida Kagame avuga ko yabanje kwibaza aho gutangirira, cyane ko nta kintu na kimwe cyari cyaramuteguye mu guhangana n’ibibazo nk’ibyo.

Yagize ati “Nta kintu nareberagaho na kimwe ngo mvuge ngo uku niko bikorwa, ariko twagombaga kwikusanya tugashakisha uburyo bwo kongera gusanasana.”

Hari abatekerezaga gusubira inyuma

Perezida Kagame yavuze ko hari ubwo bamwe mu bayobozi b’ingabo bari batangiye kuvuga ko basubira inyuma bagasaba ubufasha Perezida Museveni.

Ati “Ibyo byari undi mwanya wo kugenda tukahaguma nk’impunzi. Hano rero amahitamo yari asesuye. Urasubira inyuma ube impunzi cyangwa ukomeze urugamba. Twe twahisemo igikomeye cyo guhangana ku rugamba, turongera turisuganya.”

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo nk’ibi rimwe na rimwe umuntu aba ataratekereje ko byabaho ku rwego runaka, iyo bibaye ukabasha guhangana nabyo biguha ubushobozi bwo kubirenga, cyane iyo ariyo mahitamo ashoboka.

Yakomeje agira ati “Kuri bamwe muri twe, gusubira muri Uganda nk’ingabo zitsinzwe tugasaba ubuhungiro ntabwo babyiyumvishaga. Rero twagombaga guhangara iyo nzira izitanye, maze tukongera kwisuganya. Ni uko twimuye ingabo hafi y’umupaka wa Uganda tuzijyana mu misozi.”

Si urugamba narwo rworoshye kuko abasirikare benshi bahapfiriye, bahura n’imbeho ikomeye yo mu Birunga, kandi bitoroshye kubera ko nta biribwa bihagije, ariko barabirenga urugamba rurakomeza.

Byasize isomo rikomeye

Perezida Kagame yavuze ko ku miyoborere, nyuma y’ibyo bibazo byose hari isomo rikomeye Abanyarwanda bakuyemo.

Yagize ati “Ndatekereza ko hari amasomo akomeye uvana mu byakubayeho, ibyo wahanganye nabyo, aho kuba ibitabo byinshi wasomye birebana n’imiyoborere, si no mu mudendezo wakuriyemo.”

Perezida Kagame avuga ko hari itandukanyirizo ku ntambara ebyiri yarwanye, muri Uganda no mu Rwanda, aho muri Uganda byatangijwe n’abasirikare bake cyane.

Yagize ati “Nari mu basirikare 27 bagabye igitero ku kigo cya gisirikare cya Kabamba muri Uganda n’ahandi. Hari 40, ariko 27 muri twe nibo bari bafite intwaro bonyine.”

Ku Rwanda ho ngo abasirikare bari benshi ariko badafite ubufasha bwa politiki bukomeye nk’uko byari bimeze muri Uganda, ariko ibyo Abanyarwanda bagiye banyuramo byose bakaba barabivanagamo amasomo yihariye.

-7775.jpg

Perezida Kagame aganira n’umunyamakuru

2017-09-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale

Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda

Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Ubwanditsi 28 May 2021
Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Ubwanditsi 26 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Virusi ikomeye itera amakimbirane n’amacakubiri mu bayobozi b’Amatorero
ITOHOZA

Virusi ikomeye itera amakimbirane n’amacakubiri mu bayobozi b’Amatorero

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye  Igitero i Rusizi  cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka
ITOHOZA

Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye Igitero i Rusizi cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Ubwanditsi 23 Jun 2017
Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa
Mu Rwanda

Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa

Ubwanditsi 02 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru