• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo

Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo

Editorial 29 Sep 2017 Mu Rwanda

Ku italiki 27 Nzeli, Polisi ikorera mu karere ka Gasabo, Umurenge wa Gatsata yataye muri yombi abantu babiri abibo Ngirimana Anicet w’imyaka 26 y’amavuko na Tumukunde Esther w’imyaka 19 y’amavuko , bakaba bakurikiranyweho kwiba amafaranga 2,500,000. Ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gatsata.

Nk’uko Polisi y’u Rwanda ikorera muri ako karere ibitangaza, aba bombi bari abakozi mu rugo rw’uwitwa Murenzi Guido utuye mu murenge wa Kacyiru, mu karere ka Gasabo ari naho bayibye ku italiki ya 26 z’uku kwezi.

Kuri uyu munsi ni bwo uriya mukobwa yabonye shebuja agiye koga , abyumvikanyeho na mugenzi we , akajya mu cyumba cya Murenzi agakuramo amafaranga 2,500,000 nyuma y’uko bari babonye Murenzi ayishyurwa akayashyira mu nzu.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu avugako aba bombi bahise baburirwa irengero ariko Tumukunde akaza gufatirwa I Nyamirambo ubwo yari arimo kugura ibintu bitandukanye.

Aha SP Hitayezu agira ati:” Uyu mukobwa ubwo yari arimo kugura ibintu bitandukanye kandi bihenze I Nyamirambo, yahahuriye n’umuntu umuzi neza maze amugiraho amakenga, nibwo yabimenyesheje sitasiyo ya Rwezamenyo yahise imwegera , abajijwe uko yabonye amafaranga arimo gukoresha muri ubwo buryo, yahise yemera ko yayibanye n’uwo bakoranaga bahita batoroka shebuja.”

Akomeza avuga ko yajyanye Polisi kwerekana aho mugenzi we ari mu murenge wa Gatsata, aho basanze amaze kugura bimwe mu bikoresho byo kogosha, ndetse bombi basanganwa amafaranga angana na 1,862,500 yamaze no gusubizwa nyirayo.

SP Hitayezu yagiriye inama abakora ubujura cyangwa n’abandi baba bafite umugambi wo kwishora mu bujura haba mu kazi bakoramo cyangwa ahandi hatandukanye, guca ukubiri n’iki cyaha kuko Polisi yashyizeho ingamba zikomeye zo kubatahura no kubafata kandi bakanashyikirizwa ubutabera

Asoza yagize ati:” Utafatwa na Polisi yafatwa n’abaturage kuko abenshi bamaze gusobanukirwa ibyiza byo kwicungira umutekano no kuba ijisho rya bagenzi babo, tuboneyeho no gushimira uriya muturage watumye bafatwa kandi turasaba n’abandi bose ko ikintu bagizeho amakenga bajya bakimenyesha Polisi ibegereye.”

-8164.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu

Ingingo ya 292 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda isobanura ko, kwiba ari ugutwara cyangwa gukoresha ikintu cy‟undi bujura. Naho ibihano bikaba biteganywa n’ingingo ya 300.

Ingingo ya 300 iteganya ko, umuntu wese ukora ubujura budakoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n‟ihazabu y‟amafaranga y‟u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza kuri eshanu (5) z‟agaciro k‟icyibwe cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Source : RNP

2017-09-29
Editorial

IZINDI NKURU

Kiliziya Gatolika yongeye gusabira imbabazi abapadiri bagize uruhare muri Jenoside

Kiliziya Gatolika yongeye gusabira imbabazi abapadiri bagize uruhare muri Jenoside

Editorial 07 Oct 2017
Kigali hashojwe Inama y’iminsi ibiri yahuzaga Abagore bari mu nzego za siporo zishamikiye kuri komite olempike z’ibihugu bisaga 100 by’Afurika n’iby’Aziya

Kigali hashojwe Inama y’iminsi ibiri yahuzaga Abagore bari mu nzego za siporo zishamikiye kuri komite olempike z’ibihugu bisaga 100 by’Afurika n’iby’Aziya

Editorial 13 Aug 2017
Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Editorial 19 May 2021
Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Editorial 13 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamagabe: Abataramenyekana batwitse imodoka eshatu, abantu babiri bahasiga ubuzima
INKURU NYAMUKURU

Nyamagabe: Abataramenyekana batwitse imodoka eshatu, abantu babiri bahasiga ubuzima

Editorial 16 Dec 2018
Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya  Padiri Tomas Nahimana
ITOHOZA

Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya Padiri Tomas Nahimana

Editorial 13 Sep 2016
Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye
Mu Mahanga

Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye

Editorial 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru