• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gasabo: Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bahaye amazi meza n’amashanyarazi abaturage

Gasabo: Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bahaye amazi meza n’amashanyarazi abaturage

Editorial 08 Jun 2017 Mu Rwanda

Kuwa gatatu tariki ya 7 Kamena, abaturage b’umudugudu w’Agahinga mu murenge wa Jali, biriwe mu byishimo byinshi nyuma yo guhabwa amazi meza ndetse n’amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba na Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo. Ingo 56 nizo zahawe ayo mashanyarazi ndetse n’umudugudu wavuzwe hejuru uhabwa amavomo atatu y’amazi meza.

Ibi bikorwa by’iterambere abaturage bagejejweho bifite aho bihuriye n’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda, aho ifasha abaturage hirya no hino mu gihugu, ibaha ibikorwa by’iterambere birimo amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba n’ibindi, ku buryo bibafasha kwiteza imbere no kwicungira umutekano.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye wari n’umushyitsi mukuru mu gutaha ku mugaragaro ibyo bikorwa, yagarutse ku bikorwa byo kwibohora byaranze abanyarwanda mu bihe byashize. Yavuze ko kimwe mu byari bigamijwe harimo no gusezerera burundu imibereho mibi bari bafite icyo gihe yatumaga ubuzima n’imibereho byabo biba bibi bitewe n’ubukene, kutiga, ubujiji, n’ibindi. Yavuze ko ibi bikorwa byiza by’iterambere bitandukanye abaturage bagenda bagezwaho na Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego bifitanye isano n’uko kwibohora.

Minisitiri Busingye yakomeje avuga ko ubufatanye n’abaturage bwatumye ibi bikorwa byose bigerwaho, abasaba gukomeza kugira uruhare mu kubirinda no kubisigasira ndetse hagaharanirwa ko n’ibitaraboneka byazagerwaho kubera ubu bufatanye.

Minisitiri w’Ubutabera yasabye abaturage kugira uruhare mu gukumira icyahungabanya umutekano ndetse bakirinda ibyaha; yibutsa ko amategeko ndetse n’inzego z’ubutabera biba byiteguye guhana ubangamira ituze n’umudendezo w’igihugu.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana we mu ijambo rye, yashimiye abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda barimo Minisiteri y’ibikorwa remezo, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi, isuku n’isukura ndetse n’igishinzwe umuriro, urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ndetse n’izindi nzego, kuba bakomeje gufatanya na Polisi muri ibyo bikorwa byose bigamije iterambere ry’abaturage n’umutekano w’igihugu.

Yakomeje avuga ko kugeza ubu, mu gihugu hose ingo zigera ku bihumbi 3400 ndetse n’ibigo nderabuzima 20 bimaze guhabwa amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba, hanatanzwe ubwisungane mu kwivuza ku baturage bugera kuri 700, hanakozwe n’ibindi bikorwa bigamije isuku n’isukura birimo guha abaturage amazi meza, kubaka ubwiherero bw’abatishoboye, guharura no gutunganya imihanda, kubakira abatishoboye ibikoni, n’ibindi.

IGP Gasana yakomeje asaba abaturage gufatanya kwicungira umutekano kuko ariwo shingiro ry’iterambere ndetse n’ibyo bikorwa byiza byose bashyikirizwa.

Ibi bikorwa byose bigenda bihabwa abaturage hirya no hino mu gihugu, bigendana no kubagezaho ubukangurambaga bwo gukumira no kurwanya ibyaha bitandukanye birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, icuruzwa ry’abantu, kurwanya ruswa, ubujura buciye icyuho, kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, kubungabunga umutekano wo mu muhanda, kurwanya ibiyobyabwenge, kurengera ibidukikije n’ibindi.

-6848.jpg

Byose bizasozwa no kwizihiza isabukuru y’imyaka 17 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe ku itariki ya 16 Kamena, hishimirwa ubufatanye buri hagati y’abaturage na Polisi y’u Rwanda mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Source : RNP

2017-06-08
Editorial

IZINDI NKURU

Raila Odinga mu nzira agana urukiko ngo rubuze Komisiyo y’amatora gutangaza amajwi yavuye mu matora

Raila Odinga mu nzira agana urukiko ngo rubuze Komisiyo y’amatora gutangaza amajwi yavuye mu matora

Editorial 10 Aug 2017
u Burundi  bwanze kwitabira  imikino ya gisirikari – EAC

u Burundi bwanze kwitabira imikino ya gisirikari – EAC

Editorial 08 Aug 2016
Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Editorial 12 Jul 2024
Abitabiriye inama mpuzamahanga ku buringanire bw’ibitsina byombi bashimye imikorere ya Isange

Abitabiriye inama mpuzamahanga ku buringanire bw’ibitsina byombi bashimye imikorere ya Isange

Editorial 04 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi
Amakuru

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Editorial 07 Sep 2020
Imikino ya CECAFA y’Abagore yagombaga kubera i Kigali yasubitswe
IMIKINO

Imikino ya CECAFA y’Abagore yagombaga kubera i Kigali yasubitswe

Editorial 08 May 2018
Kugona bigiye kubonerwa umuti ubivura
IMIKINO

Kugona bigiye kubonerwa umuti ubivura

Editorial 06 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru