• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Editorial 04 Mar 2016 Mu Mahanga

Tariki 2 Gashyantare uyu mwaka, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gatsibo umurenge wa Gasange. yakanguriye abayobozi bashya batowe kugira uruhare mu kurwanya no gukumira ibyaha.

Iyi nama ikaba yari iyobowe na Inspector of Police (IP) Roger Rwakayiro, ushinzwe ubufatanye bwa Polisi n’izindi nzego mu kwicungira umutekano, ubwo yibutsaga abayobozi b’inzego z’ibanze inshingano zabo; maze abasaba ko bagomba gukorera hamwe n’inzego z’umutekano mu rwego rwo kurwanya ibyaha.

IP Rwakayiro yagize ati“Polisi y’u Rwanda yashyizeho uburyo butandukanye bw’ubukangurambaga mu kurwanya no gukumira ibyaha ikaba ariyo mpamvu ihamagarira abaturage gukomeza ubwo bufatanye.”

Yabakanguriye kwirinda abantu bashobora kubashora mu bikorwa bibi nka ruswa bituma batinda gutanga serivisi uko bisabwa cyangwa bakazima n’abo zagenewe.
Yabasabye kandi ko bagomba gukangurira abaturage kwirinda ibiyobyabwenge kuko aribyo ntandaro y’ibyaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu kandi bakarwanya n’icuruzwa ry’abantu.

IP Rwakayiro yongeyeho ko bagomba gukomeza kwitandukanya n’ikibi aho kiva kikagera, bagaragaza abanyabyaha cyangwa ikindi kintu babona cyahungabanya umutekano bakakimenyesha Polisi y’Igihugu hakiri kare.

Muri ubwo bukangurambaga kandi Polisi yatangije igikorwa cyo kwigisha abaturage uburyo bwo kurwanya maraliya no gukoresha inzitiramibu kugirango birinde indwara ya maraliya.

IP Rwakayiro yongeyeho ko gukoresha inzitiramibu yonyine bidahagije ko ahubwo bakwiye kwigisha abo bayobora kugira isuku aho batuye barwanya ibizenga, batema ibihuru bikikije aho batuye kandi bakanakoresha imiti irwanya imibu mu nzu batuyemo.

Yababwiye ko nta terambere rirambye bageraho, mu gihe hakiri abaturage bafite uburwayi butandukanye nka maraliya n’ubundi cyane ubuva ku mwanda.

Yagize ati“ Intego yacu nka Polisi y’u Rwanda ni ukurinda umutekano w’abantu n’ibintu byabo, tukanabagira inama yo kwirinda indwara kuko umuturage udafite ubuzima buzira umuze aba nta mutekano afite.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gasange Iyakaremye Dominique , yashimiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda n’abayobozi bashya batowe maze abizeza ko bazakorera hamwe kugirango barusheho kwicungira umutekano no gukumira ibyaha.

RNP

2016-03-04
Editorial

IZINDI NKURU

Abajenosideri  Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Abajenosideri Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Editorial 05 Nov 2021
Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Editorial 12 Jun 2021
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Editorial 19 May 2024
Zimbabwe: Morgan Tsvangirai yitabye Imana

Zimbabwe: Morgan Tsvangirai yitabye Imana

Editorial 15 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza

Editorial 22 Dec 2016
Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko
Mu Mahanga

Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Editorial 28 Jun 2016
Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame
Mu Rwanda

Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Editorial 02 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru