• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

Editorial 07 Mar 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Amakuru dukesha ibitangazamakuru mpuzamahanga, birimo BBC y”Abongereza na TV5 y’Abafaransa, arahamya ko kuva kuwa gatatu tariki 06 Gashyantare 2024, umutwe wa M23 wigaruriye santere ya Nyanzale ndetse n’uduce tuyikikije nka Kirima, Kashalira na Ngoroba. Ibi byaje no kwemezwa na Jenerali Chitambwe uyobora ibikorwa bya gisirikari muri Kivu y’Amajyaruguru.

Aho Nyanzale ho muri Teritwari ya Rutshuru, niho umuyobozi wa M23, Jenerali Sultan Makenga akomoka, ndetse inzu y’ababyeyi be ikaba igihari, kimwe na benshi bo mu muryango we.

Kimwe n’utundi duce dukungahaye ku mabuye y’agaciro, Nyanzale nayo yari imaze igihe ari indiri y’abajenosideri ba FDLR, dore ko umuyobozi wayo, Jenerali Gaston Iyamuremye wiyita”Victor Byiringiro”, ariho yaratuye.

Amakuru abaturage ba Nyanzale babwiye itangazamakuru ni uko ubwo M23 yari igeze mu marembo yaho, Jenerali Victor Byiringiro yahungishijwe mu ngobyi dore ko amaze igihe arwaye cyane, kimwe n’abarwanyi be ngo bakaba bahunze berekeza za Lubero mu majyaruguru. Inkware y’inyabugingo itora mu itongo ry’uwayihigaga koko!

Ababibonye barahamya ko muri santere ya Nyanzale abarwanira uruhande rwa Leta ya Kongo bahatakarije abasirikari benshi cyane, banahasiga ibikoresho bya gisirikari bitubutse kandi bigezweho.

Ifatwa rya Nyanzale ryababaje cyane abashyigikiye ubutegetsi bwaTshisekedi, cyane cyane ko hari umutungo kamere mwinshi cyane, kandi bikaba byarushijeho gushyira umujyi wa Goma mu kato.

Nyanzale iri ku muhanda munini uhuza Sake-Mweso-Kanyabayonga na Rutshuru werekeza i Butembo. Ituwe n’abantu babarirwa mu bihumbi mirongo inani(80.000), ikaba iri mu bilometero 70 werekeza mu majyaruguru ya Goma.

Ahitwa Lueshe hari mu nkengero za Nyanzale hazwi amabuye y’agaciro akomeye cyane yo mu bwoko bwa nubium, acukurwa na sosiyete ya Sorwakivu kuva mu myaka ya za 60.

2024-03-07
Editorial

IZINDI NKURU

Rutahizamu Usengimana Dany uherutse kwimukira muri Canada yasinyiye ikipe ya AS Laval yo mu cyiciro cya gatatu muri icyo gihugu

Rutahizamu Usengimana Dany uherutse kwimukira muri Canada yasinyiye ikipe ya AS Laval yo mu cyiciro cya gatatu muri icyo gihugu

Editorial 02 Apr 2024
Paris : Urujijo ni rwose  mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Editorial 09 May 2016
Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana

Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana

Editorial 16 Dec 2018
Polisi y’u Rwanda yafatanye abantu batanu ibiro 170 by’urumogi mu bikorwa byayo byo kurwanya ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yafatanye abantu batanu ibiro 170 by’urumogi mu bikorwa byayo byo kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 05 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarimo Glen Habimana bahamagwe mu  ikipe hy’u Rwandan U23 bitegura guhura na Mali mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CAN U23
Amakuru

Abarimo Glen Habimana bahamagwe mu ikipe hy’u Rwandan U23 bitegura guhura na Mali mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CAN U23

Editorial 14 Oct 2022
Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano
Amakuru

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Editorial 02 Apr 2021
U Burundi bugereranwa n’iseta ibagirwaho abantu, HRW irabusabira ibihano bikakaye
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bugereranwa n’iseta ibagirwaho abantu, HRW irabusabira ibihano bikakaye

Editorial 18 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru