• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Editorial 06 Feb 2018 HIRYA NO HINO

Geoffrey Wamala, watawe muri yombi n’igipolisi cya Uganda nk’umwe mu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umuhanzi Mozey Radio, yatunze urutoki nyiri akabari, De Bar, gaherereye Entebbe amushinja kuba ari we wateguye iyicwa ry’uyu muhanzi wasezeye ku Isi mu ntangiriro z’uku kwezi.

Kuri uyu wa gatandatu ushize nibwo Wamala yatawe muri yombi afatiwe ahitwa Kyengera aho yari amaze hafi icyumweru yihishe. Yahise ajyanwa kuri station ya polisi ya Katwe yongera kuhavanwa ajyanwa kuri station ya polisi ya Entebbe aho ari guhatirwa ibibazo.

Amakuru yizewe urubuga rwa Spyreports rukesha bamwe mu bapolisi bakomeje gukurikirana iki kibazo, avuga ko ubwo Wamala yatabwaga muri yombi, yabwiye igipolisi uko George Egesa nyiri akabari, De Bar, yagambaniye Radio ngo yicwe.

Wamala ngo yanavuze ukuntu umunsi Mozey Radio yiciweho, Egesa abinyujije ku nshuti ye, Pamela, uyu akaba yari n’inshuti ya Radio, yahamagaye Radio ku kabari ken go barangizanye ibibazo bari bafitanye.

Bikavugwa ko uyu Egesa, anacuruza ibikoresho by’ubwubatsi akaba yaranahaye Radio bimwe mu bikoresho yakoresheje yubaka amazu ye ari Entebbe.

Amakuru aturuka ku bantu begereye uyu Egesa nayo akaba avuga ko Radio yari yaranze kwishura Egesa akamusaba kuza gucurangira mu kabari ke mu rwego rwo kurangiza ideni yari amufitiye.

Bikaba binavugwa ko Radio Atari yarigeze akandagira muri De Bar akaba yarahiciwe ari ubwa mbere yari ahageze.

Ubwo yahageraga rero ngo Radio yatangiye gusuzugura aka kabari ndetse anavuga ko nta gitaramo yakorera mu kabari gaciriritse nk’ako nk’uko byemezwa n’umwe mu bantu bari bari muri ako kabari.

Uyu yongeyeho ko nyuma y’amasaha nk’abiri, Egesa, Pamela n’abandi bantu bane batangiye kugirana ibiganiro na Radio bigamije kumvushisha Radio kuzakorera igitaramo muri aka kabari.

Muri iyo nama bivugwa ko Radio yanze kuzakora igitaramo avuga ko ari akabari gaciriritse katashobora kwakira umuhanzi w’icyamamare nkawe aho ngo yanakomeje agira ati: “Nta n’umuntu urimo gufata n’icupa rya Red label none urashaka ko niyerekana hano.”

Uwo n’umwe mu bumvise Radio avuga gutyo wongeraho ko Radio yahise abwira Egesa ko yakorera igitaramo aho gusa ari uko ahawe miliyoni 5 z’amashilingi akazana n’itsinda rye.

Egesa ngo yahise arakara yahise asaba umuseriveri (waiter) guha Radio icupa rya Red lebel ari bwishyure mu gihe inama yari ikomeje. Mu gihe inama yari ikomeje, Radio ngo yaje gusinda amena inzoga kuri Egesa n’abandi bashyitsi nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.

Bivugwa rero ko Egesa yahise ahaguruka agatera ingumi inshuro 2 Radio, agahita asaba Wamala kumusohora.

Geoffrey Wamala, mu mapingu, ni umwe mu bahitanye Radio

Abapolisi bavuga ko Wamala yasobanuye ko ku mabwiriza ya boss we, Egesa, yasunitse Radio akikubita hasi, akamukubita ibipfunsi bya nyabyo nyuma akajya kumujugunya hanze y’akabari.

Wamala yakomeje avuga ko nyuma yo kubona ko Radio agiye muri comma, yabwiye aba bouncers bose barimo na Wamala guhita bahunga bakava aho kugirango polisi itabata muri yombi nk’abatangabuhamya.

Ngo bahise bahava ubwo polisi yahageraga yahasanze Egesa wenyine n’undi mu bouncer umwe witwa Lukete Xavier utari wagize uruhare muri ibyo bintu.

Luke Owoyesigire, umuvugizi w’igipolisi muriKampala, yavuze ko kugeza ubu bamaze guta muri yombi abantu bane bose bashinjwa icyaha cy’ubwicanyi.

 

2018-02-06
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Editorial 20 May 2019
Ikanzu ya Meghan yaguzwe miliyoni zirenga 230! Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ke…

Ikanzu ya Meghan yaguzwe miliyoni zirenga 230! Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ke…

Editorial 20 May 2018
Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho babiri bagera kuri 84

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho babiri bagera kuri 84

Editorial 03 Apr 2020
Zambia: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye Inama ya COMESA iheruka kwamburwa u Burundi

Zambia: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye Inama ya COMESA iheruka kwamburwa u Burundi

Editorial 18 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IGP yashimye urubyiruko rw’abakorerabushake anarusaba kuzagira uruhare mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi
Mu Mahanga

IGP yashimye urubyiruko rw’abakorerabushake anarusaba kuzagira uruhare mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Editorial 01 Jun 2016
Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?
POLITIKI

Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?

Editorial 04 Feb 2019
Dr Rose Mukankomeje yagaramye  ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )
Mu Mahanga

Dr Rose Mukankomeje yagaramye ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )

Editorial 29 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru