• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage

Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage

Editorial 18 Jun 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa gatanu taliki ya 18 Kamena 2016, hatashywe sitasiyo ya Polisi mu murenge wa Gikomero , mu karere ka Gasabo ikaba yarubatswe ku bufatanye bw’ubuyobozi bw’umurenge wa Gikomero n’abaturage bawo.

Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DIGP Juvenal Marizamunda ari nawe wari umushyitsi mukuru muri uwo muhango, mu ijambo yagejeje ku baturage bagera ku 2000 n’abandi bayobozi b’ibanze bari bahari, yavuze ko, ibi ari ibyiza biva ku bufatanye bwa Polisi n’abaturage ndetse n’izindi nzego.

DIGP Marizamunda yagize ati:”Ibi byose rero ntibyizanye ahubwo ni ku bw’ubuyobozi bwiza bw’igihugu burangajwe imbere n’umukuru w’igihugu cyacu, Nyakubahwa Paul Kagame, mu murongo aduha wo kwishakamo ibisubizo, nta kabuza n’ibitari ibi bizagerwaho dufatanyije.”

Yakomeje agira ati:” Mu izina rya Polisi y’u Rwanda kandi, turashima abaturage nk’abafatanyabikorwa bacu ba mbere kuri byinshi byagezweho dufatanyije, nibyo byabashishije Polisi y’u Rwanda kuba rumwe mu nzego zituma u Rwanda ruba mu bihugu bike bitekanye ku isi, ni ikintu twese dukwiye kwishimira.”

Umuyobozi w’akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe ubukungu, Raymond Chretien Mberabahizi mu ijambo rye, yashimye Polisi y’u Rwanda ku buryo yafashije akarere ka Gasabo mu rwego rwo guha abaturage umutekano no kubaha ubukangurambaga butuma bawugira uwabo.
Yagize ati:”Mu minsi mike ishize, aka karere kagizwe n’imirenge 15, kari gafite sitasiyo za Polisi eshatu zonyine, kandi kangana na 58,2% by’umujyi wa Kigali, ibyaha byari byinshi, turashimira cyane ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, kuko ubu ibyaha byagabanutse cyane.”

Mberabahizi yagereranyije Polisi mu karere abereye umuyobozi nk’amaraso atembera mu mubiri kubera akamaro ibafitiye, aho yavuze ko ku italiki 3Kamena, akarere kemeje ko mu mpera z’umwaka wa 2017, buri murenge wa Gasabo uzaba ufite inyubako ya sitasiyo ya Polisi ifite n’amacumbi y’abapolisi arimo n’ibikoresho by’ibanze by’ubuzima bwa buri munsi harimo murandasi, n’ibindi.

Yaboneyeho kandi gusaba abaturage ayoboye gukorana bya hafi na Polisi batayishisha kuko aribo ihabereye, akaba yagize ati:” Aya mahirwe mufite yo kugira abapolisi hafi yanyu ntimuyapfushe ubusa, ntimukabagane ari uko mufite ibibazo gusa kuko ari n’abajyanama banyu.”
Yarangije avuga ko ubushake bwo gufatanya buhari ku mpande zombi kandi ko bukwiye gukomeza kuko ibivamo bifitiye akamaro abaturage.

Sitasiyo yatashywe igizwe n’ibiro by’umuyobozi wayo, iby’umugenzacyaha, iby’uwakira ibibazo by’abakorewe ihohoterwa(anti-GBV office), ibyumba bibiri byakira abafungwa b’ibitsina byombi, icyumba cy’ubuhuzabikorwa by’inzego z’umutekano zikorera mu murenge(operation and control room), ari naho hareberwa amashusho ava ku ngenzuramashusho(control camera) enye ziri kuri iyo nyubako, ikaba kandi irimo ibikoresho by’ibanze birimo mudasobwa , intebe n’ameza n’ibindi,….byose bifite agaciro ka miliyoni 9,800 000 z’amafaranga y’u Rwanda.

-3015.jpg

Uyu muhango kandi witabiriwe n’umuyobozi w’inkeragutabara mu Mujyi wa Kigali , Brig.General R.Gacinya , umuyobozi w’ubugenzacyaha muri Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissionner of Police(ACP) Theos Badege, umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, ACP Felix Bahizi Rutagerura n’abandi.

RNP

2016-06-18
Editorial

IZINDI NKURU

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Editorial 13 Aug 2021
Ukwivuguruza  no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Ukwivuguruza no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Editorial 06 Feb 2017
Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Editorial 01 Jul 2016
Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Editorial 19 Jan 2016
Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Editorial 13 Aug 2021
Ukwivuguruza  no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Ukwivuguruza no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Editorial 06 Feb 2017
Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Editorial 01 Jul 2016
Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Editorial 19 Jan 2016
Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Editorial 13 Aug 2021
Ukwivuguruza  no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Ukwivuguruza no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Editorial 06 Feb 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru