• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Gor Mahia yageze i Kigali, umutoza avuga ko yimwe amakuru na Mamelodi Sundowns

Gor Mahia yageze i Kigali, umutoza avuga ko yimwe amakuru na Mamelodi Sundowns

Editorial 05 May 2018 IMIKINO

Gor Mahia izakina na Rayon Sports mu mukino wa mbere w’amatsinda ya CAF Confederation yageze i Kigali, Umutoza wayo Dylan Kerr atangaza ko yagerageje gusaba amakuru yayo muri Mamelodi Sundowns ntiyayahabwa.

Iyi kipe yo muri Kenya yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 5 Gicurasi 2018, ihava yerekeza kuri Hill Top Hotel aho icumbikiwe.

Biteganyijwe ko ikorera imyitozo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo saa 18h00 ku masaha umukino uzaberaho kuri iki Cyumweru nk’uko biteganywa n’amategeko y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF).

Umwongereza utoza Gor Mahia, Dylan Kerr, yatangaje ko nta makuru menshi afite kuri Rayon Sports kuko yashatse kwitabaza Mamelodi Sundowns ngo iyamuhe bikanga akifashisha amashusho make ari kuri Youtube.

Yagize ati “Twishimiye kuba turi hano, twakiriwe neza. Tugiye mu byumba kuruhuka kuri hoteli twitegura imyitozo ya nimugoroba. Mfite amakuru make nakuye mu mashusho narebye kuri Youtube kuko nagerageje gusaba andi muri Mamelodi Sundowns ariko baranyihorera. Hari ibindi Tuyisenge na Kagere bambwiye ku mupira wo mu Rwanda.”

Rayon Sports yasezerewe na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo iyitsinze ibitego 2-0 mu mikino yombi ya CAF Champions League yabaye muri Werurwe 2018.

Dylan Kerr yavuze ko kimwe mu byo yabonye ari uko Rayon Sports ifite abafana bakomeye cyane ndetse yatunguwe no kubona uko bari bishimye ku mukino ikipe yabo yanganyijemo na Mamelodi Sundowns.

Yagize ati “Nabonye uburyo baba batatse amabara y’ubururu binyibutsa Orlando Pirates cyangwa Kaizer Chiefs muri Afurika y’Epfo, ubusanzwe si amakipe menshi muri Afurika agira abafana beza nka bariya.”

Rutahizamu Tuyisenge Jacques uzi Rayon Sports kuko yahoze ahangana nayo akina muri Police FC ndetse akaba ahura n’abakinnyi benshi mu Ikipe y’Igihugu Amavubi, yavuze ko yiteze umukino ukomeye ariko ikimuzanye na bagenzi be ari intsinzi.

Yagize ati “Sinavuga ko nziranye n’abakinnyi bayo kuko abenshi nasize sibo bakirimo, icyo nzi ni uko ifite ubusatirizi bukomeye. Ikindi abo duhurira mu Ikipe y’Igihugu turaziranye kuko buryo bishobora kuzangora ariko nabo bizabagora kuko ndabazi.”

Perezida w’Abafana ba Rayon Sports, Muhawenimana Jean Claude, wari waje kwakira Gor Mahia, yavuze ko abafana badakwiye kugira ubwoba kuko bahuye n’amakipe akomeye cyane mu bihe byashize kandi bakitwara neza abasaba kuzaza ari benshi kugira ngo umurindi wabo utere ishyaka abakinnyi mu kibuga.

Kwinjira kuri uyu mukino ni ukwishyura ibihumbi 2000 Frw ahasanzwe, 5000 Frw ahatwikiriye na 20 000 Frw mu cyubahiro; amatike yatangiye kugurishwa kuri Stade ya Kigali mu rwego rwo kwirinda umubyigano w’abayashaka ku munota wa nyuma.

Abakinnyi ba Gor Mahia basohoka mu Kibuga cy’Indege i Kanombe

2018-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma ya gusinyira Zanaco FC mu mezi abiri ashize ariko ntahite akine kubera kubura icyangombwa kimwemerera gukorera muri Zambia, Nizeyimana Mirafa yaraye akibonye.

Nyuma ya gusinyira Zanaco FC mu mezi abiri ashize ariko ntahite akine kubera kubura icyangombwa kimwemerera gukorera muri Zambia, Nizeyimana Mirafa yaraye akibonye.

Editorial 24 Apr 2021
Portugal amateka itwara igikombe cy’Uburayi

Portugal amateka itwara igikombe cy’Uburayi

Editorial 11 Jul 2016
Uko imikino iteganyijwe muri shampiyona yo mu Bwongereza na Esipanye muri izi mpera z’icyumweru

Uko imikino iteganyijwe muri shampiyona yo mu Bwongereza na Esipanye muri izi mpera z’icyumweru

Editorial 04 Jan 2016
Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Editorial 28 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022
Amakuru

Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022

Editorial 13 Aug 2021
Umunyamakurukazi wo mu Bufaransa, Natacha Polony, yashyikirijwe inkiko ngo aryozwe gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakuru

Umunyamakurukazi wo mu Bufaransa, Natacha Polony, yashyikirijwe inkiko ngo aryozwe gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Editorial 17 Dec 2020
Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura

Editorial 12 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru