• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Editorial 28 Aug 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

ENTEBBE — Isosiyete y’indege ya Uganda (Uganda Airlines) yatangiye gukora kuva kuri uyu wa Kabiri taliki ya 27 Kanama 2019, ikaba yahawe urwamenyo kubera kutemerera abagenzi gufotora bari muri iyo rutemikirere, nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hacicikakanaga amafoto agaragaza amatike yandikishishijwe intoki yari yahawe abagenzi, ubwo bajyaga muri Kenya. Abandi bayirutsemo kubera kugaburirwa agatogo mu ndege.

Nkuko za raporo zigaragazwa n’abari mu ndege yo mu bwoko bwa Bomardier CRJ-900, abanyamakuru bajyaga ku kibuga cy’indege cya Jomo Kenyatta, mu rwego rwo gutangiza iyo sosiyete, bahawe gasopo yo kutazongera guhirahira bafotora nyuma “kudukoza isoni.”

Umunyamakuru ukorera ikinyamakuru The Observer Nicholas Bamulanzeki akaba ariwe wakwirakwije aya mafoto, aho hasi ku mafoto, ari nayo ntandaro y’izo nkwenene kuri iyo sosiyete, byashyizwe ku karubanda bose babireba.

Ifoto yafotowe na Bamulanzekii n’ikinyamakuru The Observer yari ifite inyandiko hasi yayo igira iti: “ Itahwa ry’isosiyete y’indege ya Uganda (Uganda Airlines).”

Iyi nyandiko ikaba yatumye iyi sosiyete y’indege  ihabwa inkwenene kubera gutanga amatike yandikishijwe intoki “muri iki cyinyejana.”

Nkaho ibyo bidahagije, iyi sosiyete nshyashya ku isoko, ikaba yibasiwe n’ikinyamakuru The Monitor, aho umwanditsi mukuru w’iki kinyamakuru Odoobo Charles Bichachi yanenze cyane iyi sosiyete kubera kugaburira abagenzi bari muri iyo rutemikirere agatogo-aho yavuze ko utari umuhango wo kugaragaza umuco w’igihugu.

Bwana Bichachi yavuze ko byatumye yibaza ko iyi sosiyete izajya igaburira abagenzi agatogo, aho atigeze arya indimi, abwira ubuyobozi bw’indege ko bagomba gushyira “santima iruhande ntibagerageza kuvanga ibyokurya bya gakondo n’imikorere myiza.”

“Agatoogo”! Kuki batibaza impamvu sosiyete y’indege ya Etiyopiya itajya igaburira abagenzi  Injera, cyangwa se isosiyete y’indege ya Kenya (Kenya Airways) ngo igaburire abagenzi ubugari na nyama choma?” akaba yaratangajwe nuko umuntu yakwibwira ko ibyo kurya akunda byagaburwa no mu ndege.

Bwana Bichachi akaba yababuriye ko agatogo gatuma munda hamera ukuntu, ati bityo gashobora no gutuma intebe zo mu ndege zandura bitewe nuko munda hashobora kwigaragambya bikabyara ibindi.  Reba ifoto aho umugenzi yarutse kubera kugaburirwa agatoogo.

“ Abo baba bashaka agatogo, bajye babereka kwa Nalongo  bamaze kugera ku Cyibuga cy’indege bityo abagenzi bagafungura mbere yuko binjira mu ndege”- Bichachi.

Bwana Bichachi akaba yagiriye inama ubuyobozibw’indege kujya butegura ibiryo byoroheje nka Rolex n’ibindi biryo bidatinda mu nda.

“Ku byerecyeye Rolex, yego ni byiza. Iroroshye, isa neza, irumutse kandi n’abagenzi singombwa ko bagaburirwa capati yose n’igi kuko bishobora gucibwamo uduce duto”Bichachi.

2019-08-28
Editorial

IZINDI NKURU

Ikibazo cy’iterabwoba Perezida Kagame akibona nk’icyakemuka ngo n’ubwo gikomeye

Ikibazo cy’iterabwoba Perezida Kagame akibona nk’icyakemuka ngo n’ubwo gikomeye

Editorial 28 Jan 2018
CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

Editorial 14 May 2019
Abongereza babiri bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga barekuwe hatanzwe 200,000 $

Abongereza babiri bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga barekuwe hatanzwe 200,000 $

Editorial 16 May 2018
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Editorial 23 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana
ITOHOZA

Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Editorial 24 Oct 2016
Radio Amazing Grace yayobowe na Ntamuhanga Cassier yasabiwe guhagarikwa amezi3
Mu Rwanda

Radio Amazing Grace yayobowe na Ntamuhanga Cassier yasabiwe guhagarikwa amezi3

Editorial 13 Feb 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 02 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru