• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Editorial 29 Jul 2020 Mu Rwanda

Umunyamabanga mukuru w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB), Col Rtd Jeannot Ruhunga yaburiye abanyamakuru bakomeje guha ijambo uwitwa Barafinda Sekikubo Fred wigeze gushaka kwiyamamariza kuba umukuru w’igihugu mu matora yo mu 2017, ko bashobora gukurikiranwa n’amategeko kuko uwo baha ijambo byagaragaye ko ari umurwayi wo mu mutwe dore ko aherutse gusezererwa mu bitaro byita ku bafite ibibazo byo mu mutwe CARAES NDERA.

Mu kiganiro Col (Rtd) Ruhunga Jeannot yagiranye n’itangazamakuru ku wa 2 taliki 28 Nyakanga yavuze ko abitwaza umwuga w’itangazamakuru bagaha ijambo umurwayi wo mu mutwe ari abashinyaguzi bifuza indonke ku muntu ufite ubumuga bwo mu mutwe, yashimangiye ko Barafinda yari gufatwa nk’umunyabyaha biturutse ku byo yagiye atangaza biganisha mu gukwiza impuha ariko mu gihe cy’ibazwa nibwo RIB yaje gusanga uwo mugabo ashobora kuba afite ibibazo byo mu mutwe, maze hitabazwa ibitaro bisanzwe byita ku bantu bafite ibibazo byo mu mutwe CARAES bikorera I Ndera maze mu bipimo byafashwe n’abaganga babizobereyemo basanga Barafinda afite ibibazo by’uburwayi bwo mu mutwe bwa karande.

Mu gihe byari bimaze kumenyekana ko Barafinda yajyanywe mu bitaro byita ku bafite ibibazo byo mu mutwe nibwo hatangiye ikwirakwizwa ry’ibihuha ku biyita ko ari opozisiyo yo yafataga uwo murwayi nk’umunyapolitiki wayimize bunguri nkuko asanzwe yiyita bavuga ko agiye kuzicwa ndetse n’andi maturufu bakunda gukoresha ngo barangaze Abanyarwanda.

Mu gihe Barafinda yasezererwaga mu bitaro benshi mu banyamakuru bakorera kuri youtube birukiye iwe aho atuye mu murenge wa Kanombe maze bamuha umwanya ngo agire icyo atangaza ikintu mu kuri cyafatwa nk’ubushinyaguzi kuko yari avuye mu bitaro byita ku bantu bafite ubumuga bwo mu mutwe bigaragaza ubunyamwuga buke mu kazi kabo kuko umunyamabanga mukuru wa RIB yatangarije abanyamakuru ko bose bari bahawe amakuru ku birebana na Barafinda ahubwo bo bakabirengaho bakajya kumuvugisha kugirango bacuruze ariko bagacururiza ku muntu wifitiye ibibazo karande byo mu mutwe.

Muri iki kiganiro kandi Col (Rtd) Ruhunga Jeannot yaburiye abanyamakuru bihutira gushakira indonke ku bantu bafite ibibazo ko bashobora kuzakurikiranwa dore ko ibikorwa bakora ari ubushinyaguzi, aho bishimira kubaza ibibazo biza kuganisha ku magambo asanzwe agaragarwaho n’abafite uburwayi bwo mu mutwe kuko aribyo bibacururiza.
Yasoje asaba abanyamakuru kugira ubumuntu ndetse bagaha agaciro ubuzima bw’umuntu aho kumushakamo inyungu mu gihe ahanganye n’ubumuga bwo mu mutwe butazanakira nkuko byagaragajwe na raporo z’abaganga, ashimangira ko uzabirengaho azahanwa hisunzwe amategeko.

Barafinda Sekikubo Fred wamenyekanye mu mwaka wa 2017 ubwo yajyanaga igikapu cyuzuye impapuro ku biro bya komisiyo y’igihugu y’amatora ashaka gutanga candidature ku mwanya wo kuba Perezida wa Repubulika ariko Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora ikaza gusanga atujuje ibisabwa bityo ubusabe bwe ntibwakirwe, yakunze kugenda avuga amagambo amwe namwe ubundi umuntu muzima ufite ubwonko bukora neza atavuga.

Ibi biganiro ibinyamakuru bigirana na Barafinda n’umuryango we dore ko n’abana babavugisha bigatuma abanzi b’igihugu bamugira iturufu mu kugaragaza ko nta bwisanzure buri mu Rwanda kandi haragaragajwe ibimenyetso byinshi byerekana ko uyu mugabo afite uburwayi bwo mu mutwe, aha umuntu akaba yakwibaza imitekerereze y’abo banyepolitiki biyita ko barwanya ubuyobozi buriho mu Rwanda mu gihe bagira urwitwazo umuntu wifitiye ibibazo byo mu mutwe nka Barafinda.

2020-07-29
Editorial

IZINDI NKURU

Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie

Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie

Editorial 03 Nov 2017
Perezida Kagame yujuje imyaka 60 y’amavuko amaze igihe gito arahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya gatatu

Perezida Kagame yujuje imyaka 60 y’amavuko amaze igihe gito arahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya gatatu

Editorial 23 Oct 2017
Casa Mbungo André wahawe gutoza AS Kigali aratangirira akazi ku ikipe ya Gasogi United mu mukino wa 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro – Uko imikino yose ikinwa

Casa Mbungo André wahawe gutoza AS Kigali aratangirira akazi ku ikipe ya Gasogi United mu mukino wa 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro – Uko imikino yose ikinwa

Editorial 26 Apr 2022
Perezida Kagame yageze  muri Gabon mu ruzinduko rw’akazi ( Amafoto )

Perezida Kagame yageze muri Gabon mu ruzinduko rw’akazi ( Amafoto )

Editorial 28 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille
IMIKINO

Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Editorial 03 May 2018
Amafoto – Rayon Sports Week, ytangiriye ku ivuko aho Gikundiro yatsindiye Gasogi 2-0
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports Week, ytangiriye ku ivuko aho Gikundiro yatsindiye Gasogi 2-0

Editorial 01 Aug 2025
Impunzi z’Abanye –Congo mu Rwanda zigaragambije zisohoka inkambi ikivunge
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Impunzi z’Abanye –Congo mu Rwanda zigaragambije zisohoka inkambi ikivunge

Editorial 20 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru