• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Ubwanditsi 28 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Umushumba w’itorero Zion Temple Apôtre Dr. Paul Gitwaza yagiriye inama abizera b’iri torero kugira ubwiteganyirize bw’irindi juru mu gihe Imana iri hafi guhindura ibintu byose aho izashyiraho ijuru rishya n’isi nshya maze ibyari bisanzwe bigakurwaho.

Ashingiye ku mpinduka zirimo kugenda ziza ku isi zirimo iterambere mu bucuruzi, ikoranabuhanga ryoroshya ibintu, guhinduka kw’imico y’ibihugu, kwiyunga kw’ibihugu byahoze birebana ay’ingwe, guhura kwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’uwa Korea ya Ruguru no kwihuza kw’amadini, Guhura kwa Trump na Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Paul Gitwaza arasaba abizera guhinduka bakava mu bya kera bakitegura gutaha mu ijuru rishya n’isi nshya.

Ati:”Hari ukwihuza kurimo gukorwa mu buryo butangaje kandi bwihuse, ibya kera birimo kugenda bivaho haza ibindi bishya,…ibintu biragenda bihinduka nyuma y’umwaka, nyuma y’amezi,…kandi Daniel yarabivuze ngo mu minsi ya nyuma abantu baziruka bajarajara hirya no hino, ibi ni byo bihe turimo rero.”

Yakomeje agira ati: “Ntawari uzi ko abaperezida ba Leta zunze ubumwe za Amerika na Koreya ya Ruguru bakicarana bakavugana, ariko ubu barimo kuvugana! no mu madini ni uko!”

Umushumba w’itorero Zion Temple Apotre Dr. Paul Gitwaza 

Ibi Gitwaza yavuze ko bifitanye isano n’ibyo Yohana yeretswe bijyanye no guhinduka kw’iusi n’ijuru aho yavuze ko yabonye ijuru rishya n’isi nshya. Ni yo mpamvu avuga ko abantu bakwiye kwibaza uko bizagenda isi n’ijuru bivuyeho yaje ibishya.

Apotre Dr. Paul Gitwaza yagize ati: “Mbese ijuru n’isi nibivaho utariteganyirije nibivaho irindi juru uzajya he? Imana yacu irakureberera kandi ntizagusiga utendetse ahantu, izaremera ijuru rishya n’isi nshya, urasabwa kwiteganyiriza.”

Akomeza ahamagarira abizera kuva mu mwijima maze bagasanga umucyo kuko ngo iyo umuntu atinze mu mwijima amaso agera aho akamenyera Umwijima maze Umwijima ugahinduka umucyo ku buryo asigara atazi gutandukanya icyiza n’ikibi.

Ati: “Iyo umuntu atinze mu mwijima amezi menshi amaso ahindura imiterere n’imikorere yo kumenyera Umwijima maze amaso agatangira kumenyera Umwijima ku buryo iyo ugeze mu mucyo udashobora kureba. iyo umuriro ugiye maze Umwijima ukaza, amaso akorana imbaraga nyinshi kugira ngo amenyere maze agatangira kubona ibintu bimwe na bimwe.”

Uyu mushumba asaba abakirisito kuva mu byaha byatuma batabona ijuru rishya maze bakiyeza bakitegura gutaha mu gihugu cyo mu ijuru kandi bagahora biteguye guhinduka bakava mubya kera ndetse bagahindura ingamba zo gukora ibintu kugirango bazane impinduka kandi babashe kurwanya Satani no kumutsinda babifashijwemo na Mwuka wera.

Umushumba w’itorero Zion Temple Apotre Dr. Paul Gitwaza arasaba abakirisito guhindura ingamba bakazana impinduka mu buzima bwabo
Ku itariki 11/06/2018, ku nshuro ya mbere Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, na mugenzi we wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, bahuriye muri Singapore mu biganiro byitezweho kurangiza amakimbirane amaze igihe hagati y’ibihugu byombi kubera intwaro za kirimbuzi.

2018-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Higiro Joally yabaye umukobwa wa mbere usezerewe muri Miss Rwanda

Higiro Joally yabaye umukobwa wa mbere usezerewe muri Miss Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2019
Mu Rwanda uyu munsi hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus

Mu Rwanda uyu munsi hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus

Ubwanditsi 07 Apr 2020
Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Ubwanditsi 30 Aug 2017

2 Ibitekerezo

  1. Shimon
    June 29, 20188:42 am -

    Ntabwo isi izarangira mbere yo kwima kwa Yesu Kristo imyaka igihumbi. Niho Ijuru rishya n isi nshya bizashyirwaho. Ibi byose birimo kuba birateguriza IMPANDA ,kuzamurwa kw ITORERO.gusanganira YESU KRISTO mu kirere.
    Urubanza, Ijuru n Isi nshya bizaba nyuma y imyaka 1000

    Subiza
  2. gitter
    July 1, 201810:24 am -

    hhh nti byoroshye

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda
Uncategorized

Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.
Amakuru

Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Ubwanditsi 26 Jan 2021
RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila
HIRYA NO HINO

RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila

Ubwanditsi 14 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru