• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Ubwanditsi 28 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Umushumba w’itorero Zion Temple Apôtre Dr. Paul Gitwaza yagiriye inama abizera b’iri torero kugira ubwiteganyirize bw’irindi juru mu gihe Imana iri hafi guhindura ibintu byose aho izashyiraho ijuru rishya n’isi nshya maze ibyari bisanzwe bigakurwaho.

Ashingiye ku mpinduka zirimo kugenda ziza ku isi zirimo iterambere mu bucuruzi, ikoranabuhanga ryoroshya ibintu, guhinduka kw’imico y’ibihugu, kwiyunga kw’ibihugu byahoze birebana ay’ingwe, guhura kwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’uwa Korea ya Ruguru no kwihuza kw’amadini, Guhura kwa Trump na Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Paul Gitwaza arasaba abizera guhinduka bakava mu bya kera bakitegura gutaha mu ijuru rishya n’isi nshya.

Ati:”Hari ukwihuza kurimo gukorwa mu buryo butangaje kandi bwihuse, ibya kera birimo kugenda bivaho haza ibindi bishya,…ibintu biragenda bihinduka nyuma y’umwaka, nyuma y’amezi,…kandi Daniel yarabivuze ngo mu minsi ya nyuma abantu baziruka bajarajara hirya no hino, ibi ni byo bihe turimo rero.”

Yakomeje agira ati: “Ntawari uzi ko abaperezida ba Leta zunze ubumwe za Amerika na Koreya ya Ruguru bakicarana bakavugana, ariko ubu barimo kuvugana! no mu madini ni uko!”

Umushumba w’itorero Zion Temple Apotre Dr. Paul Gitwaza 

Ibi Gitwaza yavuze ko bifitanye isano n’ibyo Yohana yeretswe bijyanye no guhinduka kw’iusi n’ijuru aho yavuze ko yabonye ijuru rishya n’isi nshya. Ni yo mpamvu avuga ko abantu bakwiye kwibaza uko bizagenda isi n’ijuru bivuyeho yaje ibishya.

Apotre Dr. Paul Gitwaza yagize ati: “Mbese ijuru n’isi nibivaho utariteganyirije nibivaho irindi juru uzajya he? Imana yacu irakureberera kandi ntizagusiga utendetse ahantu, izaremera ijuru rishya n’isi nshya, urasabwa kwiteganyiriza.”

Akomeza ahamagarira abizera kuva mu mwijima maze bagasanga umucyo kuko ngo iyo umuntu atinze mu mwijima amaso agera aho akamenyera Umwijima maze Umwijima ugahinduka umucyo ku buryo asigara atazi gutandukanya icyiza n’ikibi.

Ati: “Iyo umuntu atinze mu mwijima amezi menshi amaso ahindura imiterere n’imikorere yo kumenyera Umwijima maze amaso agatangira kumenyera Umwijima ku buryo iyo ugeze mu mucyo udashobora kureba. iyo umuriro ugiye maze Umwijima ukaza, amaso akorana imbaraga nyinshi kugira ngo amenyere maze agatangira kubona ibintu bimwe na bimwe.”

Uyu mushumba asaba abakirisito kuva mu byaha byatuma batabona ijuru rishya maze bakiyeza bakitegura gutaha mu gihugu cyo mu ijuru kandi bagahora biteguye guhinduka bakava mubya kera ndetse bagahindura ingamba zo gukora ibintu kugirango bazane impinduka kandi babashe kurwanya Satani no kumutsinda babifashijwemo na Mwuka wera.

Umushumba w’itorero Zion Temple Apotre Dr. Paul Gitwaza arasaba abakirisito guhindura ingamba bakazana impinduka mu buzima bwabo
Ku itariki 11/06/2018, ku nshuro ya mbere Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, na mugenzi we wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, bahuriye muri Singapore mu biganiro byitezweho kurangiza amakimbirane amaze igihe hagati y’ibihugu byombi kubera intwaro za kirimbuzi.

2018-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

RUSHYASHYA 02 Mar 2026
Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Ubwanditsi 25 Jun 2021
Perezida Nkurunziza yahinduriye imirimo Col. Baratuza Gaspard wari umuvugizi w’ingabo

Perezida Nkurunziza yahinduriye imirimo Col. Baratuza Gaspard wari umuvugizi w’ingabo

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama

Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama

Ubwanditsi 27 Apr 2017

2 Ibitekerezo

  1. Shimon
    June 29, 20188:42 am -

    Ntabwo isi izarangira mbere yo kwima kwa Yesu Kristo imyaka igihumbi. Niho Ijuru rishya n isi nshya bizashyirwaho. Ibi byose birimo kuba birateguriza IMPANDA ,kuzamurwa kw ITORERO.gusanganira YESU KRISTO mu kirere.
    Urubanza, Ijuru n Isi nshya bizaba nyuma y imyaka 1000

    Subiza
  2. gitter
    July 1, 201810:24 am -

    hhh nti byoroshye

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro
UBUKUNGU

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”
Amakuru

Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Ubwanditsi 29 Mar 2021
RDF yasezereye  abasilikare 816 barimo na Brig. Gen. Rugumya Gacinya
INKURU NYAMUKURU

RDF yasezereye abasilikare 816 barimo na Brig. Gen. Rugumya Gacinya

Ubwanditsi 07 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru