• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Editorial 28 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Umushumba w’itorero Zion Temple Apôtre Dr. Paul Gitwaza yagiriye inama abizera b’iri torero kugira ubwiteganyirize bw’irindi juru mu gihe Imana iri hafi guhindura ibintu byose aho izashyiraho ijuru rishya n’isi nshya maze ibyari bisanzwe bigakurwaho.

Ashingiye ku mpinduka zirimo kugenda ziza ku isi zirimo iterambere mu bucuruzi, ikoranabuhanga ryoroshya ibintu, guhinduka kw’imico y’ibihugu, kwiyunga kw’ibihugu byahoze birebana ay’ingwe, guhura kwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’uwa Korea ya Ruguru no kwihuza kw’amadini, Guhura kwa Trump na Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Paul Gitwaza arasaba abizera guhinduka bakava mu bya kera bakitegura gutaha mu ijuru rishya n’isi nshya.

Ati:”Hari ukwihuza kurimo gukorwa mu buryo butangaje kandi bwihuse, ibya kera birimo kugenda bivaho haza ibindi bishya,…ibintu biragenda bihinduka nyuma y’umwaka, nyuma y’amezi,…kandi Daniel yarabivuze ngo mu minsi ya nyuma abantu baziruka bajarajara hirya no hino, ibi ni byo bihe turimo rero.”

Yakomeje agira ati: “Ntawari uzi ko abaperezida ba Leta zunze ubumwe za Amerika na Koreya ya Ruguru bakicarana bakavugana, ariko ubu barimo kuvugana! no mu madini ni uko!”

Umushumba w’itorero Zion Temple Apotre Dr. Paul Gitwaza 

Ibi Gitwaza yavuze ko bifitanye isano n’ibyo Yohana yeretswe bijyanye no guhinduka kw’iusi n’ijuru aho yavuze ko yabonye ijuru rishya n’isi nshya. Ni yo mpamvu avuga ko abantu bakwiye kwibaza uko bizagenda isi n’ijuru bivuyeho yaje ibishya.

Apotre Dr. Paul Gitwaza yagize ati: “Mbese ijuru n’isi nibivaho utariteganyirije nibivaho irindi juru uzajya he? Imana yacu irakureberera kandi ntizagusiga utendetse ahantu, izaremera ijuru rishya n’isi nshya, urasabwa kwiteganyiriza.”

Akomeza ahamagarira abizera kuva mu mwijima maze bagasanga umucyo kuko ngo iyo umuntu atinze mu mwijima amaso agera aho akamenyera Umwijima maze Umwijima ugahinduka umucyo ku buryo asigara atazi gutandukanya icyiza n’ikibi.

Ati: “Iyo umuntu atinze mu mwijima amezi menshi amaso ahindura imiterere n’imikorere yo kumenyera Umwijima maze amaso agatangira kumenyera Umwijima ku buryo iyo ugeze mu mucyo udashobora kureba. iyo umuriro ugiye maze Umwijima ukaza, amaso akorana imbaraga nyinshi kugira ngo amenyere maze agatangira kubona ibintu bimwe na bimwe.”

Uyu mushumba asaba abakirisito kuva mu byaha byatuma batabona ijuru rishya maze bakiyeza bakitegura gutaha mu gihugu cyo mu ijuru kandi bagahora biteguye guhinduka bakava mubya kera ndetse bagahindura ingamba zo gukora ibintu kugirango bazane impinduka kandi babashe kurwanya Satani no kumutsinda babifashijwemo na Mwuka wera.

Umushumba w’itorero Zion Temple Apotre Dr. Paul Gitwaza arasaba abakirisito guhindura ingamba bakazana impinduka mu buzima bwabo
Ku itariki 11/06/2018, ku nshuro ya mbere Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, na mugenzi we wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, bahuriye muri Singapore mu biganiro byitezweho kurangiza amakimbirane amaze igihe hagati y’ibihugu byombi kubera intwaro za kirimbuzi.
2018-06-28
Editorial

IZINDI NKURU

Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli

Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli

Editorial 05 Apr 2018
Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Editorial 26 May 2019
Afurika yepfo: Minisitiri  Lindiwe Sisulu  yahinduriwe imirimo

Afurika yepfo: Minisitiri Lindiwe Sisulu yahinduriwe imirimo

Editorial 30 May 2019
Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Editorial 04 Dec 2019

2 Ibitekerezo

  1. Shimon
    June 29, 20188:42 am -

    Ntabwo isi izarangira mbere yo kwima kwa Yesu Kristo imyaka igihumbi. Niho Ijuru rishya n isi nshya bizashyirwaho. Ibi byose birimo kuba birateguriza IMPANDA ,kuzamurwa kw ITORERO.gusanganira YESU KRISTO mu kirere.
    Urubanza, Ijuru n Isi nshya bizaba nyuma y imyaka 1000

    Subiza
  2. gitter
    July 1, 201810:24 am -

    hhh nti byoroshye

    Subiza

Leave a Reply to gitter Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Perezida Kagame azaganira n’abaminisitiri 54 ba Afurika ku ivugururwa rya AU
Mu Rwanda

Kigali: Perezida Kagame azaganira n’abaminisitiri 54 ba Afurika ku ivugururwa rya AU

Editorial 05 May 2017

Kiyovu SC yavuye mu maboko ya Mvukiyehe Juvenal ijya muya Ndorimana F. Regis “General”

Editorial 27 Sep 2023
Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye
Amakuru

Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Editorial 14 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru