• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gusazira muri etage yo mu Burayi birutwa no gusazira muri gereza yo mu Rwanda – Past Nsanzurwimo Joseph

Gusazira muri etage yo mu Burayi birutwa no gusazira muri gereza yo mu Rwanda – Past Nsanzurwimo Joseph

Ubwanditsi 04 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

“Gusazira muri etage yo mu Burayi birutwa no gusazira muri gereza yo mu Rwanda”; ibi n’ibiherutse gutangazwa na Pasiteri Nsanzurwimo Joseph wigeze kuba umuyobozi w’itorero rya ADEPR kuri ubu ubarizwa ku mugabane w’u Burayi mu gihugu cy’u Bubiligi, aho yahungiye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu kiganiro Rushyashya yagiranye na Denis Rurangwa, umwanditsi, akaba n’umushakashatsi wavukiye mu idini rya ADEPR ndetse akarikuriramo akaba azi amateka yaryo menshi, yakomoje ku mwiryane ukunze kuranga iri torero, ndetse aboneraho gusaba leta y’u Rwanda kwegera Nsanzurwimo ikamushishikariza gutaha kuko asa nk’ufite inzozi zo kugaruka mu gihugu.

Denis Rurangwa, umwanditsi, akaba n’umushakashatsi

Rurangwa ati: “Uyu musaza Nsanzurwimo Joseph, Ndabizi ko igihugu cyacu cyakoze ibintu bikomeye,byo guhosha amakimbirane mu gihugu, igihugu gikwiye gusanga Nsanzurwimo, agataha akaza mu gihugu, ngirango hari umuntu twaganiraga ubushize..we bajya bavugana..aravuga ngo aherutse gutangaza mu rusengero rwe..aravuga ngo; ‘gusazira muri etage yo mu Burayi birutwa no gusazira muri gereza yo mu Rwanda’.

Abajijwe aho ubwumvikane bukeya bwaba bukunze kurangwa muri ADEPR buturuka, yasubije ko ubusanzwe ADPR yashinzwe na Nsanzurwimo muri za 80 ubwo yari ifite icyicaro I Gihundwe ariko yitwa Association d’Entraide des Eglises Pentecotes au Rwanda.

Pasteri Nsanzurwimo Joseph

Muri za 80 ngo nibwo leta yasabye ko icyicaro kiva I Gihundwe mu cyahoze ari Cyangugu kikazanwa I Kigali, uwari represent regale, Kapitura Gabriel bimunanira kuza I Kigali asaba Nsanzurwimo Joseph ko yabahagararira muri Kigali, icyo gihe akaba yari aturutse mu Bubiligi kwiga.

Nsanzurwimo ngo yitwaye neza biba ngombwa ko agirwa representant w’agateganyo wa Association d’Entraide des Eglises Pentecotes au Rwanda kuko yari akiri muto kandi avuye kwiga I Burayi ajijutse mu gihe itorero ryatangijwe n’abantu bakuze batari barize cyane.

Muri za 84 bamutoreye kuba representant wemewe, maze azenguruka igihugu cyose areba uko amatorero ya ADPR ameze. Icyo ngo yabonye n’uko yasanze bafite imyizerere itandukanye kuko muri iyo association  buri torero ryigengaga biba ngombwa ko agira igitekerezo cyo gushinga itorero rimwe rikagira umuyobozi umwe, ashinga Association Des Eglises Pentecotes au Rwanda (ADEPR), aba pioneer ndetse aba umuyobozi waryo kugeza mu 1994 ubwo yahungaga.

“Ubwo rero urumva, niwe wabyaye ADEPR, niwe wayivunnye, niwe washatse abayoboke bayo, niwe washyizeho umurongo wayo, kugeza muri 94 ubwo yahungaga itorero rigasigara risa nk’aho ridafite umuyobozi rirwanirwa na bugingo n’ubu ubona abantu bakirirwanira.”

Nubwo kuri ubu abarizwa i Burayi, ngo Nsanzurwimo aracyagira uruhare rukomeye mu byemezo bifatirwa mu idini rya ADEPR mu Rwanda kuri ubu birimo n’ishyirwaho ry’abayobozi b’idini. Impamvu ikaba ari uko uyu Nsanzurwimo yashinze ikiswe ‘Ukiamuka’ gihuriyemo amatorero ya ADEPR muri Afurika y’uburasirazuba n’iyo hagati kandi akaba ari we ugikuriye.

Iki ngo akaba ari nacyo gifatirwamo imyanzuro ya ADEPR hirya no hino ndetse no mu Rwanda nk’uko Rurangwa akomeza abitangaza. Ati: “Nicyo cyatumye igihe bariya ba Sibomana na Tom bajya ku buyobozi bwa ADEPR Ukiamuka yahise ifatira ADEPR embargo yo kubirukana muri association kuko iriya myaka yose 5 bayoboye Ukiamuka yari yarabirukanye.”

Impamvu ngo ni uko bari birukanye umuhungu wa Nsanzurwimo, Usabwimana Samuel.

Pasteri Usabwimana Samuel wigeze kuyobora ADEPR ngo akaba ari umwe mu bantu babiri (Umuhutu n’Umututsi) Nsanzurwimo yari yohereje hanze y’u Rwanda (Kenya) kwiga mbere gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko bikavugwa ko Nsanzurwimo nk’umuntu w’umuhanga yarebaga kure agateganya ko intambara nirangira FPR itsinze Usabwimana (Umututsi) ari we uzayobora ADEPR itatsinda ADEPR ikazayoborwa n’uwo muntu wundi tutabashije kumenya amazina ariko bivugwa ko ari we wungirije Nsanzurwimo mu Bubiligi.

Samuel Usabwimana

Samuel rero yagarutse mu gihugu aje mu mwanya yari yarasezeranyijwe, ariko ngo bamwe mu bari bazi ibye na Nsanzurwimo ntibabyishimira bavuga bati kuba Samuel yicaye aha ni Nsanzurwimo uhicaye. Rurangwa akagira ati: “Buriya nizo ntambara nyinshi Samuel yahuye nazo.”

Iri dini rero ngo nubwo rikunze kuvugwamo ikibazo cy’ubwumvikane bukeya bushingiye ku bwoko, ngo baba Abahutu cyangwa Abatutsi bemera Nsanzurwimo ku buryo bishobotse akagaruka mu Rwanda byafasha mu gushakira umuti urambye ibibazo bikunze kurangwa muri iri dini.

Mu 2010, Nsanzurwimo Joseph yajyanye radio na televiziyo y’u Bubiligi, RTBF, mu rukiko ayirega kumuharabika imushinja kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Urukiko Rukuru rw’I Buruseli ruhamya RTBF ko yamuharabitse mu kiganiro Question à la une cyatambukaga kabiri mu kwezi.

Mu 2016, Ubuyobozi bw’Itorero rya Pantekote mu Rwanda ADEPR bwatangiye kwiga k’umushinga mushya wo kwambura inshingano zitandukanye abari abakristu mur’iri torero bakoze Jenoside kandi bakabihamywa n’inkiko .

Mu bashyirwaga mu majwi hakaba hari harimo Pasiteri Uwinkindi Jean ufungiye muri Gereza ya kigali , Pasiteri Utazirubanda Leonce wahoze ayobora paruwasi ya Kareba mu cyahoze ari Ntongwe , Serushoki , Pasiteri Sagahutu Jean ndetse na Nsanzurwimo Joseph .

2018-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Ubwanditsi 16 May 2019
RUDASINGWA: ” Nyamujyiyobijya “, akeneye kwitabwaho mu rwego rw’ubuvuzi bwo mu mutwe.

RUDASINGWA: ” Nyamujyiyobijya “, akeneye kwitabwaho mu rwego rw’ubuvuzi bwo mu mutwe.

Ubwanditsi 25 Oct 2018
u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

Ubwanditsi 15 Oct 2021
Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Ubwanditsi 05 Jan 2021

7 Ibitekerezo

  1. Lolo keza
    June 4, 20183:59 pm -

    Uwo musaza niyigarukire mu Rwamubyaye nta mpamvu yo gusazira I mahanga. Naze arebe abana be muri ADEPR baramukumbuye.

    Subiza
  2. Peres
    June 4, 20185:27 pm -

    Ariko se Rurangwa FPR yamubabariye ikamuruhura ikamuha umwanya w ubu Dépite yaharaniye Kuva cyera koko! Rurangwa Rurangwa Denis. Muzehe Past. Nsanzurwimo yigeze a gutuma ku muvugira? Umufitiye impuhwe? Ngw ino umucyure? None se Niba yaranabivuze yaragutumye ngo ubinyuze muri Rushyashya?? Kandi WA mugabo Sinzi icyo ushaka.
    Byose byarakunaniye, ibyo kwihana nk umuhutu WA Ndumunyarwanda ..umwanya bawihera Bamporiki…ntimwari kubona aho mukwirwa mwembi ak urusha INTAMBWE.
    MWESE muri: Abahutu, muvuka iCyangugu, muri muri ADEPR…mwize i RUHANDE…
    Sinzi impamvu basi utabaye Gitifu Cyangwa ngo ujye muri NJYANAMA….
    Rurangwa: ongera wegere Imana Cyangwa uri muri Campagne yo kuba Dépite ??

    Mu byishe igihugu cy URWANDA harimo NO kugira indi mi zirenze rumwe!!! Niho umwaku uva.

    Subiza
  3. Peres
    June 4, 20185:31 pm -

    Nari Nibagiwe sinari narebye neza ngo Uri Umwanditsi ukaba n umushakashatsi? Ntabwo ukiri Pastor se? Naho se Dotani Ministry?
    Subira kw isoko( Source). Kandi Imana izabigufashamo. Va mu tuntu n utundi.

    Subiza
    • Damas
      June 5, 201810:03 am -

      Wowe wiyise Peres ndakugaye cyane. None se Rurangwa uramuziza ko ari gushishikariza abanyarwanda gutaha mu rw’ababyaye. Ntabwo ibyo Rurangwa akora ari ugushaka ubudepite ahubwo ni ukubaka igihugu. Wikosore uru Rwanda ntirwubakwa n’ubuhutu n’ubututsi rwubakwa no kuba uri Umunyarwanda nyawo.

      Subiza
  4. Lolo keza
    June 5, 20188:26 am -

    Denis komeza utsinde uharanire amahoro ibyiza biri imbere.
    Uwitonze atora n’iby’abandi babuze.

    Subiza
  5. alias
    June 6, 20184:07 pm -

    kino gipasteri kirahaze wangu mukireke njye mbiwanjye ntabwomba murigereza uzaze tugurane umwijuto wikinombe bahu wagizengo ntamvura izagwa….

    Subiza
  6. Me2u
    June 9, 201811:48 am -

    Article yanditse I ibinyoma gusa. Adepr ntiyashinzwe 80, siyabanyacyangugu gusa.

    Uwo muvugana uganira na mzee Nsanzurwimo ninde? Uwamukubaza nkareba ko utarya iminwa. Denis you are not an expert my dear, uri kuvuga ibintu bivanze. Kandi ndibwira ntawagutumye ahubwo witumye!!! Kuvuga Kiamuyaka ubwo urashaka gukoroga abantu ngo bakora bakorana nabo hanze. Mukunde amahoro kandi mwimakaze ukuri.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi
UBUKUNGU

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika
Mu Mahanga

Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika

Ubwanditsi 27 Jul 2016
“Abagenda bafata abantu bakabita aba –scouts, bakabanyuza mu karere babita aba-scouts kandi ari interahamwe -Kagame
ITOHOZA

“Abagenda bafata abantu bakabita aba –scouts, bakabanyuza mu karere babita aba-scouts kandi ari interahamwe -Kagame

Ubwanditsi 22 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru