• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gushyirahamwe kw’abagore nibyo bizazana impinduka -Graça Machel

Gushyirahamwe kw’abagore nibyo bizazana impinduka -Graça Machel

Editorial 13 May 2016 Mu Mahanga

Ku Isi abagore miliyari 1,1 ntabwo bakoresha uburyo buzwi bw’imari (Banki n’ibigo by’imari), muri Africa abagore 70% ntibashyirwa mu bijyanye n’imari, ibi ngo bidindiza cyane iterambere ryabo bigatuma benshi bahera mu bukene.

Mu kiganiro nyunguranabitekerezo kigendanye kandi n’inama ya World Economic Forum in Africa itangira kuri uyu wa gatatu, Graça Machel yavuze ko ibi bibazo abagore bakirimo ku Isi no muri Africa by’umwihariko babivanwamo no gushyira hamwe bakabasha kwiteza imbere.

Muri iki kiganiro cyari gifite intego ivuga ngo “From financial inclusion to financial independence” Mme Graça Machel yari mu bakuru batumiwe gutanga ibitekerezo byabo muri iki kiganiro, yavuze ko kuva kera hari imyumvire ko umugore ari umunebwe, ko hari ibyo atashobora gukora, ibi ngo byatumye ahezwa muri byinshi cyane cyane ibimwerekeza ku iterambere.

Ati “Ndetse n’ubu hari ibihugu bimwe bigifata umugore gutya bikagera aho na bame bumva ari uko bameze koko. Ariko nasaba abagore bakiri inyuma muri iyo myumvire kurebera ku bagore bageze kubyo bavugaga ko badashobora gukora nabo bagahaguru. Abafite icyo bagezeho nabo bagafasha aba batarahindur aimyumvire.”

-2780.jpg

Mme Graça Machel

Graça Machel w’imyaka 70, yavuze ko buri mugore mu bihugu bitandukanye kandi mu mico itandukanyeaba afite impano ikomeye muri we. Asaba buri umwe kwishakamo iyo mpano buri wese akayihuza n’iz’abandi bagashyira hamwe mu guha umugore imbaraga bagahindura ariya mateka yo kubaheza, yo kuvuga ngo umugore ntashoboye ibi cyangwa biriya.

Ati “Nizera ko gushyira hamwe kwacu bizazana impinduka, nizera ko ibiganiro nk’ibi bizagenda bizana impinduka nini ku ntego yacu, vuba cyangwa bitinze. Ndi hano rero ngo mbashishikarize cyane kujya hamwe mugaterana gutya mukaganira ku ntego nk’iyi yo kwigenga mu bukungu.”

Mme Monique Nsanzabaganwa Vice Governor wa Banki Nkuru y’u Rwanda, yavuze ku mushinga wo gutangiza ‘Women Investment Fund’ ugamije guteza imbere abagore mu ishoramari no gukorana n’ibigo by’imari hagamijwe kubateza imbere. Avuga ko kugira ngo bigerwe hari ibikenewe.

Guhindura imyumvire ni icya mbere, ngo abagore bakumva ko nabo bashobora gukorana n’ibigo by’imari ngo biteze imbere. Kuri uyu mushinga wa kiriya kigega avuga ko abagore bakeneye Banki, bakeneye igishoro ariko by’umwihariko bakeneye gukoresha neza ibyo babonye bikabyara inyungu ku bagore.

Mme Nsanzabaganwa ati “Cyane cyane turifuza ko umugore agera ku mafaranga agakora ishoramari mu mishinga mito n’iminini.

Ariko ibyo twabigeraho dushyize hamwe tugafashanya duhereye ku bushobozi bwacu tutabaye nk’ababikora kuko ari uburenganzira gusa, kugira ngo n’umushoramari wese atubonemo umufatanyabikorwa mwiza twicare tuganire ibikorwa.”

Mme Nsanzabaganwa avuga ko ari ibi bari gukora mu gutangiza Women Investment Fund kuko ngo guha umugore inguzanyo gusa bidahagije ahubwo akeneye no kugirwa inama, akeneye gufashwa gukora neza ibyo yateguye, akeneye n’amakuru ku ishoramari rye kugira ngo agere ku ntego ze.

Banki Nkuru y’u Rwanda yashyizeho intego itoroshye yo kuva ku mibare ya 36% y’abagore bakorana n’ibigo by’imari n’amabanki ikagera kuri 72% mu 2016.

Graça Machel ni muntu ki ?

Graça Machel ni umunya Mozambique wamenyakanye cyane ku isi kubera kuba ariwe mugore wa mbere ku Isi wabaye ‘first lady’ w’ibihugu bibiri bitandukanye.

Mozambique (1975-1986) ubwo yari umugore wa Samora Machel na South Africa (1998 – 1999) ubwo yari umugore wa Nelson Mandela.

Ubu ni umugore uzwi cyane nano mu guharanira uburenganzira n’iterambere ry’umugore n’uburenganzira bw’abana ku isi.

Uyu mugore w’imyaka 70 avuga neza indimi z’igifaransa, Igispanyole, Igitaliyani, Igiportugal n’Icyongereza.

-2779.jpg

Mme Monique Nsanzabaganwa na Graça Machel muri iki kiganiro nyungurana bitekerezo

Source: Umuseke.rw

2016-05-13
Editorial

IZINDI NKURU

Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Editorial 03 Feb 2017
Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Editorial 30 Apr 2022
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo arasaba ubufatanye mu kurwanya ibihungabanya umutekano

Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo arasaba ubufatanye mu kurwanya ibihungabanya umutekano

Editorial 31 Aug 2016
Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 

Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 

Editorial 01 Jan 2023
Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Editorial 03 Feb 2017
Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Editorial 30 Apr 2022
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo arasaba ubufatanye mu kurwanya ibihungabanya umutekano

Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo arasaba ubufatanye mu kurwanya ibihungabanya umutekano

Editorial 31 Aug 2016
Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 

Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 

Editorial 01 Jan 2023
Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Editorial 03 Feb 2017
Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Editorial 30 Apr 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru