• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gushyirahamwe kw’abagore nibyo bizazana impinduka -Graça Machel

Gushyirahamwe kw’abagore nibyo bizazana impinduka -Graça Machel

Editorial 13 May 2016 Mu Mahanga

Ku Isi abagore miliyari 1,1 ntabwo bakoresha uburyo buzwi bw’imari (Banki n’ibigo by’imari), muri Africa abagore 70% ntibashyirwa mu bijyanye n’imari, ibi ngo bidindiza cyane iterambere ryabo bigatuma benshi bahera mu bukene.

Mu kiganiro nyunguranabitekerezo kigendanye kandi n’inama ya World Economic Forum in Africa itangira kuri uyu wa gatatu, Graça Machel yavuze ko ibi bibazo abagore bakirimo ku Isi no muri Africa by’umwihariko babivanwamo no gushyira hamwe bakabasha kwiteza imbere.

Muri iki kiganiro cyari gifite intego ivuga ngo “From financial inclusion to financial independence” Mme Graça Machel yari mu bakuru batumiwe gutanga ibitekerezo byabo muri iki kiganiro, yavuze ko kuva kera hari imyumvire ko umugore ari umunebwe, ko hari ibyo atashobora gukora, ibi ngo byatumye ahezwa muri byinshi cyane cyane ibimwerekeza ku iterambere.

Ati “Ndetse n’ubu hari ibihugu bimwe bigifata umugore gutya bikagera aho na bame bumva ari uko bameze koko. Ariko nasaba abagore bakiri inyuma muri iyo myumvire kurebera ku bagore bageze kubyo bavugaga ko badashobora gukora nabo bagahaguru. Abafite icyo bagezeho nabo bagafasha aba batarahindur aimyumvire.”

-2780.jpg

Mme Graça Machel

Graça Machel w’imyaka 70, yavuze ko buri mugore mu bihugu bitandukanye kandi mu mico itandukanyeaba afite impano ikomeye muri we. Asaba buri umwe kwishakamo iyo mpano buri wese akayihuza n’iz’abandi bagashyira hamwe mu guha umugore imbaraga bagahindura ariya mateka yo kubaheza, yo kuvuga ngo umugore ntashoboye ibi cyangwa biriya.

Ati “Nizera ko gushyira hamwe kwacu bizazana impinduka, nizera ko ibiganiro nk’ibi bizagenda bizana impinduka nini ku ntego yacu, vuba cyangwa bitinze. Ndi hano rero ngo mbashishikarize cyane kujya hamwe mugaterana gutya mukaganira ku ntego nk’iyi yo kwigenga mu bukungu.”

Mme Monique Nsanzabaganwa Vice Governor wa Banki Nkuru y’u Rwanda, yavuze ku mushinga wo gutangiza ‘Women Investment Fund’ ugamije guteza imbere abagore mu ishoramari no gukorana n’ibigo by’imari hagamijwe kubateza imbere. Avuga ko kugira ngo bigerwe hari ibikenewe.

Guhindura imyumvire ni icya mbere, ngo abagore bakumva ko nabo bashobora gukorana n’ibigo by’imari ngo biteze imbere. Kuri uyu mushinga wa kiriya kigega avuga ko abagore bakeneye Banki, bakeneye igishoro ariko by’umwihariko bakeneye gukoresha neza ibyo babonye bikabyara inyungu ku bagore.

Mme Nsanzabaganwa ati “Cyane cyane turifuza ko umugore agera ku mafaranga agakora ishoramari mu mishinga mito n’iminini.

Ariko ibyo twabigeraho dushyize hamwe tugafashanya duhereye ku bushobozi bwacu tutabaye nk’ababikora kuko ari uburenganzira gusa, kugira ngo n’umushoramari wese atubonemo umufatanyabikorwa mwiza twicare tuganire ibikorwa.”

Mme Nsanzabaganwa avuga ko ari ibi bari gukora mu gutangiza Women Investment Fund kuko ngo guha umugore inguzanyo gusa bidahagije ahubwo akeneye no kugirwa inama, akeneye gufashwa gukora neza ibyo yateguye, akeneye n’amakuru ku ishoramari rye kugira ngo agere ku ntego ze.

Banki Nkuru y’u Rwanda yashyizeho intego itoroshye yo kuva ku mibare ya 36% y’abagore bakorana n’ibigo by’imari n’amabanki ikagera kuri 72% mu 2016.

Graça Machel ni muntu ki ?

Graça Machel ni umunya Mozambique wamenyakanye cyane ku isi kubera kuba ariwe mugore wa mbere ku Isi wabaye ‘first lady’ w’ibihugu bibiri bitandukanye.

Mozambique (1975-1986) ubwo yari umugore wa Samora Machel na South Africa (1998 – 1999) ubwo yari umugore wa Nelson Mandela.

Ubu ni umugore uzwi cyane nano mu guharanira uburenganzira n’iterambere ry’umugore n’uburenganzira bw’abana ku isi.

Uyu mugore w’imyaka 70 avuga neza indimi z’igifaransa, Igispanyole, Igitaliyani, Igiportugal n’Icyongereza.

-2779.jpg

Mme Monique Nsanzabaganwa na Graça Machel muri iki kiganiro nyungurana bitekerezo

Source: Umuseke.rw

2016-05-13
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Editorial 16 Aug 2023
Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Editorial 29 Mar 2021
Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!

Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!

Editorial 20 May 2021
Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga n’imikwabu bigamije kurwanya ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga n’imikwabu bigamije kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 14 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gushyira Julie d’Andurain, umugore wahagurukiye gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri Komisiyo isesengura uruhare rw’Ubufaransa muri iyo jenoside, si ugushakira amata ku kimasa?
Amakuru

Gushyira Julie d’Andurain, umugore wahagurukiye gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri Komisiyo isesengura uruhare rw’Ubufaransa muri iyo jenoside, si ugushakira amata ku kimasa?

Editorial 13 Nov 2020
Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco
Mu Mahanga

Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco

Editorial 03 Sep 2016
Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira
Amakuru

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Editorial 17 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru