• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Editorial 08 Jan 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ifitiye umwenda wa miliyari 11 Frw ba rwiyemezamirimo bakwirakwije inyongeramusaruro hirya no hino mu gihugu ariko abayihawe bakabura ngo bayishyure.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Eudouard Ngirente, kuri uyu wa 7 Mutarama ubwo yari mu ihuriro ry’iminsi ibiri rihuza abayobozi b’inzego z’ibanze i Bugesera.

Dr. Ngirente yabivuze nyuma yo kugaragarizwa zimwe mu mbogamizi zituma Uturere tutesa imihigo uko bikwiye, aho nko mu buhinzi havuzwemo gutinda kwishyura ba rwiyemezamirimo bakwirakwiza mu bahinzi imbuto n’ifumbire, imihindagurikire y’ikirere n’ibindi.

Dr. Ngirente yavuze ko ikibazo cy’ifumbire gikomeye aho usanga Uturere dufitiye ba rwiyemezamirimo ibirarane by’ifumbire batishyuwe kandi dukeneye gukomeza gukorana nabo.

Ati “Nk’ubu iyo tuvuze ibibazo by’amafumbire, ngira ngo muzi neza ko turi kurwana no gukemura ikibazo cy’amafumbire yabuze mbere, aho Leta yahombye miliyari 11 Frw.”

Muri rusange hari ifumbire ya miliyari 30 Frw yakoreshejwe nabi ariko nibura ifite agaciro ka miliyari 19 Frw niyo ifitiwe uburyo bwo kuzayishyuza naho iya miliyari 11 Frw habuze abayihawe.

Ati “Wabaza mu Turere uyu munsi, abayobozi bamwe bakakubwira ngo ‘ntabwo nari mpari icyo gihe’ ariko wababaza uti ‘ese uwazitanze, ziza mu Karere hari urutonde mwanditse amazina y’abazihawe n’umuturage wahawe ifumbire, akabura.”

Dr. Ngirente yavuze ko icyo ari igihombo Leta yagize mu gihe gishize ariko itifuza kongera kugira bitewe n’imikorere idahwitse nk’iyo.

Ati “Turarwana n’ibibazo bibiri. Hari ukwishyura uwatanze ifumbire kugira ngo akomeze ubucuruzi kuko turamukeneye ariko hari no kugira ngo ifumbire igere aho igomba kugera ngo tugire umusaruro udufasha gukemura ikibazo cy’umutekano w’ibiribwa.”

Yasobanuye ko ubu Leta iri gushakisha amafaranga yo kwishyura abatanze ifumbire batarishyurwa ariko na none igomba kuba yizeye ko nta kibazo cy’umusaruro muke izagira gitewe no kudafumbira.

Yakomeje asaba abitabiriye ihuriro kugaragaza ibibazo uko biri batabiciye inyuma kugira ngo bifatirwe ingamba zo kubikemura mu buryo burambye.

2019-01-08
Editorial

IZINDI NKURU

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho

Editorial 16 May 2018
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

Editorial 05 Nov 2018
Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Editorial 05 Mar 2019
Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo  miliyoni 30 z’amadolari

Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo miliyoni 30 z’amadolari

Editorial 11 Mar 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Sacyega
    January 8, 20194:42 pm -

    Ubwo se izo Miliyari zose ziburirwa irengero gute? ubusambo buri mu Rwanda burakabije.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo
INKURU NYAMUKURU

Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Editorial 18 Feb 2020
Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi
HIRYA NO HINO

Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi

Editorial 18 Feb 2020
U Rwanda nirwo rwasimbuye Kenya ku buyobozi bwa EAPCCO
Mu Mahanga

U Rwanda nirwo rwasimbuye Kenya ku buyobozi bwa EAPCCO

Editorial 01 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru