• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Editorial 16 Dec 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yasabye imbabazi kubera inguzanyo za gahunda ya Vision Umurenge Program (VUP) yari igamije gukura mu bukene abatishoboye, inyungu zayo zikavanwa kuri 2 % zikagera kuri 11 %.

Mu mwaka wa 2008 nibwo hatangijwe gahunda ya VUP igamije gufasha abaturage bakennye gutera imbere.

Icyo gihe Imirenge niyo yahawe ububasha bwo gutoranya abaturage bakwiriye kuyahabwa, uwo bayahaye akazayishyura mu gihe kitarenze umwaka yongeyeho 2%.

Ubwo Imirenge Sacco yatangiraga gukora, amafaranga ya VUP yimuriwemo, biza kwemezwa ko uyahawe azajya yishyura inyungu ya 11 %.

Ibyo byatumye abitabiraga gufata ayo mafaranga bagabanyuka. Bishobora no kuba ari byo byagize ingaruka ku igabanyuka rito ry’ubukene kuko imibare iherutse y’Ikigo cy’ibarurishamibare yerekana ko hagati ya 2014 na 2017 ubukene bwagabanyutseho 0.9 % mu gihe kuva mu 2010 kugeza 2013 bwari bwagabanyutseho 6.9 %.

Ikibazo cyo kongera iyo nyungu Perezida Paul Kagame yakigarutseho kuri uyu wa Kane ku munsi wa mbere w’inama y’Umushyikirano ariko inzego zose ziranyuranya ku makuru zatangaga.

Kuri uyu wa Gatanu Kagame yongeye kukigarura, asaba Minisitiri w’Intebe n’abandi bagize Guverinoma bireba kugisobanura neza.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko ayo mafaranga amaze kwimurirwa muri za Sacco, gahunda yabaye nk’ihinduwe, atangira gufatwa nk’ay’ubucuruzi aho kuba agamije kuvana abaturage mu bukene.

Ati “Uburyo amafaranga yatanzwe siko yagombaga gutangwa. Habayeho guhusha. Byinjiye muri Sacco byahinduye isura. Ndemera ko bitagenze neza ariko bigiye gukosorwa.”

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Prof Anastase Shyaka yavuze ko amafaranga amaze kwimurirwa muri za Sacco zagiye ziyatanaga uko zibyumva ndetse n’inzego z’ibanze zidohoka mu gukurikirana uko atangwa.

Yavuze ko n’umubare w’abitabiraga gukorana na VUP mu gufata ayo mafaranga wagabanyutse, uva ku bihumbi 50 mu myaka ya 2014 bagera ku bihumbi 30 kandi amafaranga yariyongereye.

Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa yavuze ko Sacco zatangiye kugenda gake mubyo gutanga inguzanyo za VUP nyuma yo kubona ko zitishyurwa neza, ngo kuko abaturage bayafataga nk’impano ntibishyure.

Ubu kutishyura neza amafaranga yatanzwe muri VUP biri ku kigero cya 35%.

Rwangombwa yavuze ko igikwiriye gukorwa ari ugutandukanya amafaranga bwite ya SACCO n’aya VUP agenewe abaturage n’imicungire y’ayo mafaranga ikaba iyihariye.

Perezida Kagame yavuze ko ingamba nk’izo iyo zashyizweho ziba zigamije guteza imbere abaturage, bitari bwikiye ko umuntu abihindura uko yishakiye bigeze hagati.

Yagize ati “Icyatumye nsaba Minisitiri w’Intebe n’aba bayobozi bandi, si ugutanga ibisobanuro gusa, ni ukugira ngo bigire ibyo tuvanamo. Ibyo twafatiye ingamba ntabwo bigira aho bigera ngo umuntu abihindure, ni porogaramu ya leta.”

Yavuze ko ubukene atari ibintu abantu bakwiriye kwemera kubana nacyo, ariyo mpamvu abayobozi bakwiriye kumva neza gahunda zashyizweho zo kuburwanya unyuranyije nazo bikamugiraho ingaruka.

Ati “Nabigaruye hano kugira ngo abayobozi bari hano, mu nzego z’ibanze aho ariho hose babyumve ko ari inshingano iremereye kandi ifite uko ikorwa. Ikidutenguha nuko ibyo bikorwa bidahwitse akenshi tutamenya neza aho byabaye ndetse ngo tubimenyere igihe bafatirwe ibyemezo kuko iyo byajemo ibikorwa bibi biradutinza usibye ko bitatubuza kugera aho dushaka.”

Abaturage bafashwa muri gahunda za VUP ni abari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe.

Raporo y’ibyiciro by’ubudehe yasohotse mu 2016 yagaragaje ko mu cyiciro cya mbere harimo ingo 376,192 zigizwe n’abantu 1,480,167. Ni ukuvuga ko ari 16% by’Abanyarwanda bose, naho mu cyiciro cya kabiri hakabamo ingo 703,461 zigizwe n’abantu 3,077,816 bangana na 29.8% by’Abanyarwanda.

2018-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Editorial 09 Jan 2020
Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Editorial 01 Aug 2018
BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

Editorial 26 Jun 2018
IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Editorial 17 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umupaka wa Goma Umugore yatawe muri yombi afite ikarita y’urugamba [  M23 iravugwaho gutegura indi ntambara ]
ITOHOZA

Umupaka wa Goma Umugore yatawe muri yombi afite ikarita y’urugamba [ M23 iravugwaho gutegura indi ntambara ]

Editorial 21 May 2018
Kisangani :  Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa
ITOHOZA

Kisangani : Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Editorial 15 Sep 2018
Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda
Amakuru

Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Editorial 24 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru