• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl berekanye ko ari ‘aba-chou

Guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl berekanye ko ari ‘aba-chou

Editorial 28 Jul 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Guverinoma y’u Bubiligi n’agatsiko k’abana b’abajenosideri barajwe ishinga no gutagatifuza ababyeyi babo b’inkoramaraso, Jambo Asbl, beretse amahanga ko ari inshuti magara, cyangwa ‘aba-chou’ mu mvugo y’urubyiruko.

Ni nyuma y’uko ku wa 24 Nyakanga 2023 ikinyamakuru cyashinzwe n’ako gatsiko kinyuzwamo inyandiko zipfobya n’izihakana Jenoside yakorewe Abatutsi, Jambo News, kibaye icya mbere gitangaje ko u Bubiligi bwanze kwemeza Vincent Karega nka Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri icyo gihugu.
Kuba guverinoma y’u Bubiligi yashaka guha ubutumwa guverinoma y’u Rwanda igatuma Jambo Asbl izwiho guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ikimenyetso simusiga cyo gutsimbarara ku kurema amacakubiri n’ivangura mu Banyarwanda byagejeje kuri Jenoside.

Ababiligi barabizi neza ko ari bo bazanye ibipimo bifashishije bita bamwe Abatutsi, bakarenzaho ko bakandamiza abo bise Abahutu. Byatumye ubwicanyi buba mu myaka itandukanye Abatutsi barameneshwa, bahezwa ishyanga ngo igihugu ni icy’Abahutu, kugeza mu 1994 ubwo Abahutu bashatse kumaraho Abatutsi burundu bakabakorera Jenoside.

Aho gusaba Abanyarwanda imbabazi no gufasha Leta y’u Rwanda kugeza imbere y’ubutabera abajenosideri bidegembya muri iki gihugu, u Bubiligi bukomeje gutonesha Jambo Asbl kubera umurongo wayo wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kugeza aho buyirutisha ibitangazamakuru by’igihugu akaba ariyo imenyekanisha ubutumwa bwabwo.

Ngo akabaye icwende ntikoga! N’ubundi Abanyarwanda ntibatunguwe cyane n’iyi myitwarire igayitse y’Abanyaburayi basanzwe biyita ba nyambere muri dipolomasi, cyane ko hari n’andi mahano bakoze. Nako nta nkumi yigaya!
Mu 2018, Inteko Nshingamategeko y’u Bubiligi yemeye ko haba ikiganiro mpaka cyateguwe na Jambo Asbl cyiswe “amateka y’u Rwanda”, kigamije gutambamira kwemeza itegeko rihana abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri icyo gihugu, nk’uko gisanzwe gihana abahakana Jenoside yakorewe Abayahudi.

Mu 2020, u Bubiligi bwatoranyije Laure Uwase (umwe mu bagize Jambo Asbl) ukunze kumvikana ahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’umwe bu bagize komisiyo igomba gufasha Abadepite b’icyo gihugu kwiga ku mateka y’ubukoloni icyo gihugu cyakoze mu Rwanda, Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi.

U Bubiligi bufasha Jambo Asbl mu buryo bw’amafaranga n’ibitekerezo kugira ngo intego yabo yo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi igerweho.
Uretse kuba guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl bahuje umugambi, uku gukomeza kwereka Isi yose ko ako gatsiko kagendera mu bushake bw’icyo gihugu ndetse kamaze kuba umwizerwa wacyo, nabyo bifite ubundi butumwa bitanga: u Bubiligi ntibwifuriza Abanyarwanda kugera ku mahoro arambye.

Jambo Asbl yashinzwe n’abana bakomoka ku nkoramaraso zasize zihekuye u Rwanda, zagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yahitanye ubuzima bw’abarenga miliyoni imwe.
Placide Kayumba uyiyobora ni umuhungu wa Dominique Ntawukuriryayo, wari Sous-Préfet wa Gisagara muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu 2010 yakatiwe igifungo cy’imyaka 25 n’icyahoze ari ICTR kubera ibyaha bya jenocide, aho yayoboye ubwicanyi k’umusozi wa Kabuye ahiciwe Abatutsi barenga 30,000.

Ruhumuza Mbonyumutwa nawe uyibarizwamo, ni umuhungu wa Shingiro Mbonyumutwa akanaba n’umwuzukuru wa Dominique Mbonyumutwa, wabaye President wambere w’u Rwanda muri 1961. Shingiro Mbonyumutwa, yatorotse nyuma yo gushinjwa ibyaha bya Jenoside. Yari umurwanashyaka ukomeye wa MDR-Power, aba n’umuyobozi (DireCab) mu biro bya Ministiri w’Intebe wa guverinoma yiyise iy’abatabazi,Jean Kambanda. Iyo guverinoma ya Kambanda niyo yashyize Jenoside mu bikorwa.

Undi munyamuryango ni Liliane Bahufite; umukobwa wa Col Juvénal Bahufite, wabaye umuvugizi w’ingabo n’interahamwe zahungiye mu cyahoze ari Zaire (i Bukavu) nyuma yo gutsindwa n’ingabo za RPA/ RPF Inkotanyi.
Jambo asbl ishingwa yabanje kwitwa abanyarwanda “b’abahutu” ba diaspora, mu rwego rwo kwiyegereza abandi bafite imyumvire ishingiye ku moko.

Jambo asbl ni ihuriro (itsinda) ryihisha mu mwambaro wa “diaspora” cyane cyane igice cy’urubyiruko gihora kiyobya uburari ku mateka nyayo y’u Rwanda cyane cyane kubera uruhare imiryango (ababyeyi) yabo yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

2023-07-28
Editorial

IZINDI NKURU

Ibitaravuzwe kuri Jenerali Tumukunde, inkomoko y’urwango na Kale Kayuhura

Ibitaravuzwe kuri Jenerali Tumukunde, inkomoko y’urwango na Kale Kayuhura

Editorial 09 Mar 2018
Perezida Paul Kagame yakiriye abakanyujijeho mu ikipe ya Arsenal Robert Pires na Ray Parlour basozaga uruzinduko rwabo mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yakiriye abakanyujijeho mu ikipe ya Arsenal Robert Pires na Ray Parlour basozaga uruzinduko rwabo mu Rwanda

Editorial 10 Feb 2022
Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Editorial 24 Apr 2018
Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Editorial 17 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: UPDF irakataje mu guha ubushobozi igisirikare kirwanira ku butaka murwego rwo kwitegura intambara ishobora kwaduka mu karere
INKURU NYAMUKURU

Uganda: UPDF irakataje mu guha ubushobozi igisirikare kirwanira ku butaka murwego rwo kwitegura intambara ishobora kwaduka mu karere

Editorial 01 Dec 2017
Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye
HIRYA NO HINO

Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Editorial 01 Jun 2020
Ibihumbi by’abanya-Algérie byakiriye bidasanzwe ikipe yabo yegukanye Igikombe cya Afurika
IMIKINO

Ibihumbi by’abanya-Algérie byakiriye bidasanzwe ikipe yabo yegukanye Igikombe cya Afurika

Editorial 21 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru