• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Ubwanditsi 26 Feb 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ibi ni ibikubiye mu itangazo uyu Muryango washyize ku rubuga rwawo rwa Instagram, uvuga ko wakomeje kwibeshya kuri Rusesabagina, ukamufata nk’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu,kandi ahubwo ari ku isonga mu babuhungabanya. Kuri uyu wa gatatu tariki 24 Gashyantare,  Umuryango Hult African Business wari wateguye ikiganiro mpwirwaruhame ku “butwari” bwa Paul Rusesabagina, ariko kiza guhagarikwa, kuko abari bagiteguye baje kumenya ko uwo bita umutagatifu ahubwo ari shitani.

Iryo tangazo riragira riti:” “ Hari abantu bo hanze bafata Rusesabagina nk’intwari. Nyamara dushingiye ku makuru twahawe n’abazi neza iki kibazo, siko biri. Nka Hult African Business,ubu butumwa ntibukwiye kugarukira gusa ku gusaba imbabazi, turifuza kwifatanya  n’umuryango nyarwanda”.

Umuhungu wa Paul Rusesabagina witwa Trésor Rusesabagina yari yatumiwe muri icyo kiganiro ngo yongere arate “ubutwari” bwa se, Hult African Business Club  imumenyesha ko mu gutegura icyo kiganiro bari bagendeye ku makuru apfuye, bityo ubutumire bwe bukaba bubaye imfabusa.

Ubusanzwe Hult African Business Club, ni umuryango w’abanyeshuri, abarimu n’abashakashatsi muri Kaminuza ya Hult,iri mu mujyi wa Boston. Wamenyekanye cyane ndetse unagirirwa icyizere kubera gutumira abantu b’indashyikirwa mu nzego zinyuranye, bagatanga ibiganiro bigamije guhindura isi, cyane cyane umugabane wa Afrika. Kuba rero wisubiyeho ugahagarika ikiganiro gisingiza umwicanyi, Rusesabagina, abakurikiranira hafi imikorere y’uyu Muryango nabyo  babibonyemo gushyira mu gaciro no gusigasira icyubahiro cy’iyo kaminuza.

Mbere y’uko uyu Muryango uhagarika iki kiganiro, abantu benshi bari bawandikiye bawubaza ukuntu wita “intwari” Rusesabagina, ushingiye ku magambo n’amarangamutima y’umuryango we gusa, no ku mateshwa y’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, ukirengagiza ibirego akurikiranyweho kandi bifitiwe ibimenyetso. Mu butumwa bwisukiranyije ku mbuga nkoranyambaga, abasesenguzi banyuranye babajije Hult niba ishobora gutumira mu kiganiro Oussama Bin Laden, ubizi neza ko ibikorwa bye y’iterabwoba byamaze abantu.

Bibukije ko Rusesabagina ari shebuja wa FLN, umutwe w’iterabwoba wagabye ibitero mu majyepfo y’u Rwanda, ukica abaturage,ukanasahura ibyabo, ndetse bongera no kugaragaza video ya Rusesabagina yigamba ubwo bwicanyi. Ni byiza rero ko abafite amakuru nyayo twakomeza kuyagaragariza isi yose, kandi buri gihe ukuri gutsinda ikinyoma.

2021-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA, yanzuye ko shampiyona y’u Rwanda mu gice cyo kwishyura ikinwa muri Mutarama, igikombe cy’Amahoro gikinwe muri Gashyantare

Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA, yanzuye ko shampiyona y’u Rwanda mu gice cyo kwishyura ikinwa muri Mutarama, igikombe cy’Amahoro gikinwe muri Gashyantare

Ubwanditsi 27 Dec 2022
Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Mar 2025
Kiyovu SC yatumije inama y’intekorusange yatangaje Koukouras Petros nk’umutoza mushya wayo

Kiyovu SC yatumije inama y’intekorusange yatangaje Koukouras Petros nk’umutoza mushya wayo

Ubwanditsi 13 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023
UBUKUNGU

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame

Ubwanditsi 30 Jan 2020
Uganda: Gen Kale Kayihura yavuze ko yiteguye kuburana niba hari ibyaha ashinjwa
Mu Mahanga

Uganda: Gen Kale Kayihura yavuze ko yiteguye kuburana niba hari ibyaha ashinjwa

Ubwanditsi 27 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru