• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Hari amakuru avuga ko Kayumba Nyamwasa ashobora kugaruka mu Rwanda

Hari amakuru avuga ko Kayumba Nyamwasa ashobora kugaruka mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Aug 2016 ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa, wigeze kuba umugaba w’Ingabo z’u Rwanda, nyuma akaza guhungira muri Afurika y’Epfo, aho hamwe na bagenzi be bashinze Ishyaka RNC ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, ubu rikaba ririmo amakimbirane akomeye , biravugwa ko Kayumba yaba ashaka kugaruka gukorera mu gihugu imbere.

Nyuma y’inama ya 27 ya AU, yabereye mu Rwanda ikitabirwa bikomeye n’abakuru b’ibihugu hafi ya byose by’Afrika barimo n’umukuru w’igihugu cy’Afrika y’Epfo Jacob Zuma,wanejejwe bikomeye niyo nama kugeza naho acinya akadiho kimwe nabagenzibe bitabiriye inama bakakirwa neza mu Rwanda ndetse bakaba barashimye naho u Rwanda rugeze rwiyubaka nyuma y’amahano ya Jenoside yakorewe abatutsi 1994. Amakuru ava muri Afrika y’Epfo aho Kayumba yari amaze igihe yarahungiye ngo ubu ishyamba siryeru.

Nyuma yo kubona ko byamurangiranye ntayandi mahitamo asigaranye Kayumba Nyamwasa, yatangiye gutakamba hirya no hino nko muri Leta zunze ubumwe za Amerika, mu Bwongereza ndetse no mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba, aho ari gusaba intumwa zitandukanye ngo zaba zifite ubutumwa bwihariye bugenewe Perezida Paul Kagame mu rwego rwo gusaba imbabazi.

Hari amakuru avuga ko umushinga wa Kayumba Nyamwasa wo kugaruka mu Rwanda, waba ushyigikiwe kandi ukanaterwa inkunga na ANC ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo, aho Cyril Ramaphosa Umuyobozi mukuru wungirije w’iryo shyaka ari we wahawe inshingano zo kumugeza mu Rwanda.

Cyril Ramaphosa umwe mu banyemari bakomeye muri Afurika y’Epfo, bivugwa ko yaba yaragiranye amanama atandukanye na Kayumba Nyamwasa muri iki cyumweru gishize aho ngo baganiraga ku kuntu yatera inkunga iki gikorwa cyo gucyura kayumba Nyamwasa.

Ngo ku munsi wakurikiyeho, Kayumba yatumije abanyamuryango bakuru ba RNC baba muri Afurika y’Epfo, mu nama y’igitaraganya yabereye muri hoteli ya Protea Hotel Centurion i Johannesburg.

Ngo iyo nama yamaze amasaha ari hagati ya 18 na 21, aho Kayumba yasobanuriye abandi banyamuryango kubibazo by’insobe biri muri RNC muri iki gihe , agasozereza kuri iyo baruwa isaba imbabazi, yandikiye Perezida Kagame, maze Kayumba abwira bagenzi be ko nta yandi mahitamo asigaranye ko kandi abazashaka gusigara muri RNC, ari uburenganzira bwabo.

Gusa kugeza ubu impamvu ifatika yatumye Kayumba asaba imbabazi ntiramenyekana ndetse n’icyatumye Cyril Ramaphosa yemera gushyigikira uwo mugambi wa Kayumba wo kugaruka mu Rwanda ntiramenyekana.

Kayumba Nyamwasa yahoze ari umusirikare mu ngabo z’u Rwanda ku ipeti rya Jenerali (Gen.) akaba yaranazibereye Umugaba wa zo, nyuma aza no guhagararira igihugu cye (Ambasaderi w’u Rwanda) mu Buhindi mbere y’uko ahungira muri Afurika y’Epfo. Yaje gukatirwa n’inkiko za gisilikare adahari yamburwa n’impeta za gisilikare.

-3448.jpg

Kayumba Nyamwasa yeruriye David Batenga mwishywa wa Patrick Karegeya na Frank Ntwali ko ntayandi mahitamo

Ubwo yari mu mwiherero i Kigali, Ambasaderi Kayumba yaje guhunga bitunguranye kuwa 19 Kamena 2010, anyura Kampala agana muri Afrika y’Epfo, maze nyuma aza kwishyira hamwe na Patrick Karegeya ( waje kugwa muri Hotel) na we wari umusirikare w’u Rwanda ku ipeti rya Koloneli (Col.) mbere y’uko yamburwa amapeti, akaba yarigeze no kuyobora ubutasi bwo hanze y’igihugu.

Aba bombi hamwe na Dr Théogène Rudasingwa utagicana uwaka na kayumba Nyamwasa na we wari umuyobozi w’ibiro bya Perezida Paul Kagame ndetse na Dr Gerald Gahima wari Umushinjacyaha mukuru, bahise bashinga Ishyaka Rwanda National Congress RNC,kugeza ubu inzira zikaba zimaze kubyara amahari kubera gucikamo kabiri no kutumvikana kwa abanyamuryango.

Cyiza Davidson

2016-08-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika

Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Rugema Kayumba  yabaye mayibobo muri Norvège [ Agahuru k’imbwa karahiye]

Rugema Kayumba  yabaye mayibobo muri Norvège [ Agahuru k’imbwa karahiye]

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Ubwanditsi 16 Nov 2019
Uko Museveni agerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda akoresheje abo yita impunzi

Uko Museveni agerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda akoresheje abo yita impunzi

Ubwanditsi 05 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverinoma y’Icyuka isa n’abana batoba akondo
ITOHOZA

Guverinoma y’Icyuka isa n’abana batoba akondo

Ubwanditsi 24 Feb 2017
Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!
Amakuru

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Ubwanditsi 09 Apr 2021
Moïse Katumbi yamaganye icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo guterera inkunga amakipe y’i Burayi mu gihe abaturage bishwe n’inzara
Amakuru

Moïse Katumbi yamaganye icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo guterera inkunga amakipe y’i Burayi mu gihe abaturage bishwe n’inzara

Ubwanditsi 18 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru