• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Hari amakuru avuga ko Kayumba Nyamwasa ashobora kugaruka mu Rwanda

Hari amakuru avuga ko Kayumba Nyamwasa ashobora kugaruka mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Aug 2016 ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa, wigeze kuba umugaba w’Ingabo z’u Rwanda, nyuma akaza guhungira muri Afurika y’Epfo, aho hamwe na bagenzi be bashinze Ishyaka RNC ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, ubu rikaba ririmo amakimbirane akomeye , biravugwa ko Kayumba yaba ashaka kugaruka gukorera mu gihugu imbere.

Nyuma y’inama ya 27 ya AU, yabereye mu Rwanda ikitabirwa bikomeye n’abakuru b’ibihugu hafi ya byose by’Afrika barimo n’umukuru w’igihugu cy’Afrika y’Epfo Jacob Zuma,wanejejwe bikomeye niyo nama kugeza naho acinya akadiho kimwe nabagenzibe bitabiriye inama bakakirwa neza mu Rwanda ndetse bakaba barashimye naho u Rwanda rugeze rwiyubaka nyuma y’amahano ya Jenoside yakorewe abatutsi 1994. Amakuru ava muri Afrika y’Epfo aho Kayumba yari amaze igihe yarahungiye ngo ubu ishyamba siryeru.

Nyuma yo kubona ko byamurangiranye ntayandi mahitamo asigaranye Kayumba Nyamwasa, yatangiye gutakamba hirya no hino nko muri Leta zunze ubumwe za Amerika, mu Bwongereza ndetse no mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba, aho ari gusaba intumwa zitandukanye ngo zaba zifite ubutumwa bwihariye bugenewe Perezida Paul Kagame mu rwego rwo gusaba imbabazi.

Hari amakuru avuga ko umushinga wa Kayumba Nyamwasa wo kugaruka mu Rwanda, waba ushyigikiwe kandi ukanaterwa inkunga na ANC ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo, aho Cyril Ramaphosa Umuyobozi mukuru wungirije w’iryo shyaka ari we wahawe inshingano zo kumugeza mu Rwanda.

Cyril Ramaphosa umwe mu banyemari bakomeye muri Afurika y’Epfo, bivugwa ko yaba yaragiranye amanama atandukanye na Kayumba Nyamwasa muri iki cyumweru gishize aho ngo baganiraga ku kuntu yatera inkunga iki gikorwa cyo gucyura kayumba Nyamwasa.

Ngo ku munsi wakurikiyeho, Kayumba yatumije abanyamuryango bakuru ba RNC baba muri Afurika y’Epfo, mu nama y’igitaraganya yabereye muri hoteli ya Protea Hotel Centurion i Johannesburg.

Ngo iyo nama yamaze amasaha ari hagati ya 18 na 21, aho Kayumba yasobanuriye abandi banyamuryango kubibazo by’insobe biri muri RNC muri iki gihe , agasozereza kuri iyo baruwa isaba imbabazi, yandikiye Perezida Kagame, maze Kayumba abwira bagenzi be ko nta yandi mahitamo asigaranye ko kandi abazashaka gusigara muri RNC, ari uburenganzira bwabo.

Gusa kugeza ubu impamvu ifatika yatumye Kayumba asaba imbabazi ntiramenyekana ndetse n’icyatumye Cyril Ramaphosa yemera gushyigikira uwo mugambi wa Kayumba wo kugaruka mu Rwanda ntiramenyekana.

Kayumba Nyamwasa yahoze ari umusirikare mu ngabo z’u Rwanda ku ipeti rya Jenerali (Gen.) akaba yaranazibereye Umugaba wa zo, nyuma aza no guhagararira igihugu cye (Ambasaderi w’u Rwanda) mu Buhindi mbere y’uko ahungira muri Afurika y’Epfo. Yaje gukatirwa n’inkiko za gisilikare adahari yamburwa n’impeta za gisilikare.

-3448.jpg

Kayumba Nyamwasa yeruriye David Batenga mwishywa wa Patrick Karegeya na Frank Ntwali ko ntayandi mahitamo

Ubwo yari mu mwiherero i Kigali, Ambasaderi Kayumba yaje guhunga bitunguranye kuwa 19 Kamena 2010, anyura Kampala agana muri Afrika y’Epfo, maze nyuma aza kwishyira hamwe na Patrick Karegeya ( waje kugwa muri Hotel) na we wari umusirikare w’u Rwanda ku ipeti rya Koloneli (Col.) mbere y’uko yamburwa amapeti, akaba yarigeze no kuyobora ubutasi bwo hanze y’igihugu.

Aba bombi hamwe na Dr Théogène Rudasingwa utagicana uwaka na kayumba Nyamwasa na we wari umuyobozi w’ibiro bya Perezida Paul Kagame ndetse na Dr Gerald Gahima wari Umushinjacyaha mukuru, bahise bashinga Ishyaka Rwanda National Congress RNC,kugeza ubu inzira zikaba zimaze kubyara amahari kubera gucikamo kabiri no kutumvikana kwa abanyamuryango.

Cyiza Davidson

2016-08-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho

Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho

Ubwanditsi 25 Jul 2017
Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Ubwanditsi 12 Oct 2017
Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Abasirikare babiri ba Uganda bafatiwe muri Kenya bafite imbunda n’amasasu 185

Abasirikare babiri ba Uganda bafatiwe muri Kenya bafite imbunda n’amasasu 185

Ubwanditsi 24 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira
Amakuru

Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Ubwanditsi 23 Nov 2024
Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane
Amakuru

Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane

Ubwanditsi 27 Oct 2024
U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]
IMIKINO

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

Ubwanditsi 24 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru