• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Himbara yaba yarabaye Intumwa ya Sekibi
David Himbara

Himbara yaba yarabaye Intumwa ya Sekibi

Editorial 14 Nov 2017 ITOHOZA

David Himbara, wigize Perezida w’Umuryango wiyita ko ari uwa abaturage ba Canada bahangayikishijwe ngo n’imvururu zishingiye kuri Politiki mu Rwanda ari mu gahinda, kandi akaba ashishikajwe no kwishyira heza nk’ubuheri, yitaka ndetse no kwisingiza.

Ikibabaje muri ibi byose n’uko  avuga ko imvururu za Politiki arizo ziranga  igihugu cye,  akaba ari muri urwo rwego adashobora gukozwa icyitwa ukuri, kuko yasabitswe no kwiyemera.

Avuga cyane bikabije, kandi ahorana amaganya akabije, nk’umugore wasenzwe, akora ibishoboka, kugirango azahure icyubahiro cye (niba yaranakigize koko!). Ibi bikaba byatuma umuntu yibaza niba ubuhunzi n’ amahanga bitaratangira kumuhanda, bityo bikaba bitagituma ashobora gutekereza neza ngo ashyire mu gaciro.

Ngo kuba Himbara yaraje kumenyekana, nuko yashyikirijwe igihembo cya Ingabire muri 2017 ariko mu Kinyarwanda baca umugani ngo “Nyereka inshuti zawe, ndakubwira uwuriwe:.

Biratangaje kuba Himbara yarashoboye kubona abamutega amatwi, cyane cyane muri Canada, aho atuye, bashobora kumva ibinyoma bye byambaye ubusa, avuga ko nta burenganzira bw’ikiremwa muntu buba mu Rwanda. Kandi igitangaje, n’uko atajya atanga ibimenyetso bigaragaza uko guhutazwa k’uburenganzira bw’ikiremwa muntu avuga, uretse gusa gukoreshwa n’urumogi aba amaze kwiyahuza,  rumutera gutekereza ibidashoboka.

Umunyamerika akaba n’Umunyarwanda wahawe ubwenegihugu bw’iki gihugu cy’igihangange mu myaka 42 ishize Willis Shalita agira ati : Ubushize ubwo nari hamwe na Himbara imbere y’inteko ishingamategeko y’Amerika komisiyo yayo ishinzwe gukora iperereza ku bivugwa ko uburenganzira butubahirizwa mu Rwanda, yikojeje icyimwaro, ubwo yaburaga ikimenyetso na kimwe cyigaragaza niba koko uburenganzira mu Rwanda butubahirizwa, ubwo yatangiye kurya indimi. Nkuko abahunze U Rwanda  bavuga nabi U Rwanda bose babigira, yatangiye gutanga ingero zitangwa n’abandi bahunze U Rwanda.

Kuri Himbara, nta cyiza nabusa kiba mu Rwanda, yewe ngo nta n’amajyambere na busa yigeze agera mu Rwanda mu myaka 23 ishize, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, nyamara kandi igitangaje, nuko iyo umubajije amashuri yize ndetse n’ubunararibonye bwe, ntashobora kutavuga ko yari umunyamabanga  wa mbere wihariye n’Umujyanama wa Perezida Paul Kagame. Ese ubundi iyo ataza kuba yarakoreye Perezida ubu arimo avuga nabi, n’U Rwanda ubu arimo aharabika, ubu aba avuga iki?

Inshuro ebyiri zose, Himbara yirukanywe m’URUGWIRO, ariko se harubwo ajya abwira abamutega amatwi nyir’ abayazana y’iyirukanwa rye? Ashishikajwe n’umugambi we mubisha kubera inzigo iri hagati ye n’U Rwanda, bitewe nuko ubu ari mu kibazo cy’amikoro, ku buryo ubu ashobora no kugurisha umutima we.

 

Inyoni irimba cyane ntijya yubaka icyari. Biteye agahinda! Himbara nawe nuko!

Himbara kuri ubu, umugambi we akaba ari ukujujubya Abanyarwanda baba muri Canada bagerageza kuvuga barengera  urwababyaye, kandi ubu akaba azenguruka muri Canada yose atanga ibiganiro mbwirwaruhame kuri buri wese ushobora kumutega amatwi, ariko asebya U Rwanda, nkaho uburenganzira bwo kuvuga icyiri ku mutima ari ubwe wenyine.

Yabaye nari Himbara, sinari kubabazwa n’uko Abanyarwanda babanya Canada bafite uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo, nakabaye mbabazwa n’uko ubu hari Ikigo cyo muri Canada gishinzwe imari ubu kirimo kunkoraho iperereza ku byerekeranye n’amafaranga.

Himbara amaze kwishyura kuva muri 2014 kugeza ubu nako Amaze guhabwa na Rujugiro, amadolari y’Amerika agera kuri $520,000 ayishyura Ikigo cyitwa  Podesta Group Inc , mu rwego rwo kureshya abamujya inyuma.

Cyiza D.

 

 

 

2017-11-14
Editorial

IZINDI NKURU

Paul Rusesabagina yongeye kubura umutwe

Paul Rusesabagina yongeye kubura umutwe

Editorial 11 Mar 2017
Twagirimana, Visi Perezida w’Ishyaka rya Ingabire Victoire yatorotse Gereza

Twagirimana, Visi Perezida w’Ishyaka rya Ingabire Victoire yatorotse Gereza

Editorial 08 Oct 2018
RNC ikomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda, umugambi wo gusahura  no kumena Umurenge SACCO

RNC ikomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda, umugambi wo gusahura no kumena Umurenge SACCO

Editorial 26 Jul 2016
Umunyemari Nkubiri Alfred ari mu gihome akurikiranyweho  gukoresha impapuro mpimbano no kwinjiza mu gihugu ifumbire itujuje ubuziranenge

Umunyemari Nkubiri Alfred ari mu gihome akurikiranyweho gukoresha impapuro mpimbano no kwinjiza mu gihugu ifumbire itujuje ubuziranenge

Editorial 18 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Editorial 26 Jun 2019
Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 
Mu Rwanda

Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Editorial 15 Dec 2017
Amatora ya Perezida 2017 atangiye kwiteguranwa akabaraga n’abafite ubumuga
Mu Mahanga

Amatora ya Perezida 2017 atangiye kwiteguranwa akabaraga n’abafite ubumuga

Editorial 21 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru