• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yasesekaye i London [ VIDEO ]

Perezida Kagame yasesekaye i London [ VIDEO ]

Ubwanditsi 08 Mar 2017 ITOHOZA

Ku mugoroba w’ejo kuwa kabiri nibwo Abanyarwanda bo muri Diaspora ya UK bari bakubise buzuye ku muhanda i London Bridge Station ahitwa “the News Building” baje kwakira Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame waraye mu Bwongereza aho azava yerekeza i Boston muri Amerika aho azatanga ikiganiro muri Harvard.

Perezida Paul Kagame yatangaje ko Abanyaburayi badakwiye guhora bagaragaza ko ibyabo byatunganye ngo bumve ko Afurika izahora ibigana.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu Bwongereza aho yagiranye ikiganiro n’ikinyamakuru ‘The Wall Street Journal’ cyandika ku nkuru z’ubukungu.

Ni ikiganiro kigaragaza aho Afurika yavuye n’aho yerekera, cyari gifite insanganyamatsiko ivuga ku ‘Gushora imari muri Afurika, ejo hashize n’ahazaza hayo.”

Perezida Kagame yavuze ko yifuza kubona Afurika igirana ubufatanye mu by’ubucuruzi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibindi bice byo hirya no hino ku Isi kandi igatekereza ku bikwiye gukorwa n’abaturage bayo ubwabo n’ibyo bahuriraho n’impande zombi.

-6051.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, yavuze ko abanyafurika bakwiye kwishyira hamwe bakabyaza umusaruro amahirwe ari kuri uyu mugabane arimo umutungo kamere

Umukuru w’Igihugu yavuze ko Afurika idakwiye gufatwa nk’umugabane uzahora ufatira amasomo ku Banyaburayi n’abandi bibwira ko ibyabo byamaze gutungana.

Ati “Mushaka kugaragaza ko ibyanyu ari nta makemwa, mugashaka ko tubigana nyamara ntimubura gutungurwa n’ibiri kuba muri iki gihe.”

Yavuze ko Afurika yagombye kuba yarakuye amasomo mu gutegera amabobo amahanga kuko nta nyungu yigeze ibibonamo, yemeza ko abatuye uyu mugabane bakwiye kwishyira hamwe bakabyaza umusaruro amahirwe ufite arimo n’umutungo kamere ndetse n’amaboko y’abayituye.

Ibihugu bya Afurika bikunze gutungwa agatoki ku kutubahiriza amahame ya demokarasi n’uburenganzira bwa muntu, kubangamira ubwisanzure bw’itangazamakuru n’ibindi.

Perezida Kagame akomoza ku bya demokarasi yavuze ko mu Rwanda inyungu z’abaturage ari zo zishyirwa imbere hakanarebwa uruhare bagira mu bibakorerwa.

Ati “Nyurwa n’ukuri gushingiye ku kuba tutarigeze tugira uruhare mu bikorwa byo kugirira nabi abaturage bacu. Tugamije guteza imbere igihugu cyacu. Sinigeze mpindura Itegeko Nshinga. Niba mushaka kumenya ukuri muzasanga ari abaturage babikoze, si njye.”

Yakomeje avuga ko Abanyarwanda bakuye amasomo mu byo banyuzemo, bakaba bigereranya na bo ubwabo aho kwigereranya n’abo ari bo bose.

«VIDEO»

-6050.jpg

-6049.jpg

-6048.jpg

-6047.jpg

-6047.jpg

-6046.jpg

-6043.jpg

-6042.jpg

-6041.jpg

-6040.jpg

Perezida Kagame kandi ategerejwe muri Kaminuza ya Harvard muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho azatanga ikiganiro mu kigo cyayo giharanira Iterambere Mpuzamahanga kuwa 10 Werurwe 2017.

Iki kiganiro kizitabirwa n’Abanyeshuri biga muri iyi Kaminuza, abahanga mu ngeri zitandukanye hanyuma kiyoborwe na Ricardo Hausmann, Umuyobozi wa Centre for International Development (CID).

Iki kigo cy’Iterambere Mpuzamahanga ,CID, gikora kigamije kuzamura imyumvire ku bibazo byugarije Isi n’ibisubizo byashakwa mu guhangana n’inzara n’ibindi.

Ubukene bukabije busobanurwa nk’igihe ubushobozi bw’umuntu buba ari uko atunzwe n’idolari rimwe n’ibice 25 ku munsi. Mu 2010, nibura miliyoni 414 zabarurwaga mu mubare w’abafite iki kibazo muri Afurika yo munsi y’Ubatuyu bwa Sahara. Imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko mu 2010, nibura abantu bari batunzwe na $ 1.25 ku munsi banganaga na 48.5% by’abaturage bose.

Umwaka ushize nabwo Umukuru w’Igihugu yaganiriye n’Abanyeshuri biga Harvard muri leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yagiranaga ikiganiro n’abiga politiki muri Harvard Institute of Politics, mu Mujyi wa Boston.

Icyo gihe yerekanye ko u Rwanda rutaheranwe n’amateka mabi rwanyuzemo ahubwo rwafashe ingamba zishingiye ku kugeza Abanyarwanda ku iterambere, ari nazo zatumye ruzuka rukaba intangarugero mu ruhando mpuzamahanga.

Yagize ati “U Rwanda ruri ku isonga mu gukora neza atari muri Afurika gusa ahubwo no ku isi mu ngeri zitandukanye zirimo ubukungu, umutekano w’ubucuruzi, ubuzima, uburezi, kurwanya ibyaha, ruswa, guteza imbere umugore, inzego zizewe n’abaturage, ntibagiwe imibereho myiza y’abaturage n’ukwishyira ukizana.”

Perezida Kagame yavuze ko nubwo igihugu kiri mu nzira nziza kandi giha agaciro ibimaze kugerwaho, kitaragera aho cyifuza. Imwe mu nzitizi yagaragaje nk’iraje ishinga u Rwanda n’Isi muri rusange ni ukurandura ubukene.

Perezida Kagame yagaragaje kandi ko iterambere ridashobora kugerwaho hatabayeho ubuyobozi bwumva abaturage, bukabaha ubushobozi n’ubwigenge mu byo bitekerereje.

Ati “Mu Rwanda tugendera ku kumva ibitekerezo by’abaturage no gukemura ibyo batishimiye. Abayobozi barangwa no kwiyoroshya, gutahiriza umugozi umwe n’abo bakorera no gukorera mu mucyo.”

-6038.jpg

Perezida Kagame ubwo yatangaga ikiganiro muri Harvard University kuwa 26 Gashyantare 2016

2017-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Serge Ndayizeye  yerekeje ahazabera Rwanda  Cultural   Day n’ibiradio bye

Serge Ndayizeye yerekeje ahazabera Rwanda Cultural Day n’ibiradio bye

Ubwanditsi 22 Sep 2016
Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien yatorotse Gereza ya Mpanga

Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien yatorotse Gereza ya Mpanga

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ubwanditsi 08 Feb 2024
Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Ubwanditsi 26 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamakurukazi wo mu Bufaransa, Natacha Polony, yashyikirijwe inkiko ngo aryozwe gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakuru

Umunyamakurukazi wo mu Bufaransa, Natacha Polony, yashyikirijwe inkiko ngo aryozwe gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 17 Dec 2020
N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017
ITOHOZA

N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017

Ubwanditsi 03 Feb 2016
Umukozi wo mu misoro akurikiranyweho gusonera imisoro bitemewe n’amategeko
Mu Rwanda

Umukozi wo mu misoro akurikiranyweho gusonera imisoro bitemewe n’amategeko

Ubwanditsi 06 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru