• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Editorial 01 Dec 2020 Amakuru, IKORANABUHANGA

Huawei, isosiyete ikora ibijyanye no gukemura ibibazo by’ikoranabuhanga yatangije amahugurwa y’icyumweru kimwe muri gahunda yayo yise seeds for the future azakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga no kuri televiziyo kuva kuwa 30 Ugushyingo kugeza ku ya 6 Ukuboza 2020.

Huawei izahugura abanyeshuri 64 b’abahanga mu ikoranabuhanga baturutse muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda, bazahugurwa ibijyanye na interineti, Virtual Reality, Data Data, Cloud, Artificial intelligence n’amasomo ajyanye na internet ya 5G.

Yang Shengwan uhagarariye Huawei mu Rwanda avuga ko amahugurwa y’uyu mwaka azakorerwa hifashishijwe ikoranabuhanga kubera icyorezo cya covid-19 cyatumye hagaritse ingendo zitandukanye ku Isi hose.

Ati: “Mbere, twatoranyaga abanyeshuri 8 ba mbere mu muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda zigisha ikoranabuhanga bagahugurirwa mu Gihugu cy’u Bushinwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri ariko muri uyu mwaka gahunda izakorerwa hifashishijwe ikoranabuhanga abahugurwa bari mu Rwanda. Tuzakoresha neza ibyiza by’ikoranabuhanga ry’iyakure , byerekane inzira zitandukanye z’itumanaho binyuze mu guhuza abantu utabavanguye bitewe naho bari”, Bwana Yang.
Angelos Munezero Umuyobozi mukuru wa Innovation & Emerging Technologies muri Minisiteri y’ikoranabuhanga na Innovation,yashimiye Huawei kuri iki gikorwa gikomeye kandi ahamagarira abanyeshuri gukoresha aya mahirwe kugira ngo bateze imbere urwego rw’ikoranabuhanga.
Bwana Munezero yagize ati: “Ndashimira Huawei kuba yarakomeje gutera imbere no guha ubumenyi abanyeshuri bacu binyuze mu bikorwa nk’ibi birimo kongerera urubyiruko ubumenyi, igihugu cyacu gishobora gutera imbere, ndahamagarira abanyeshuri gushyira ingufu zose no gukora ibishoboka mu gukurikirana aya masomo”.

Yongeyeho ko: “Kandi icy’ingenzi tuzakomeza gukorana na Huawei kugira ngo twongere ubumenyi mu bakozi bacu b’ubu n’abahazaza.”

Umujyanama wa kabiri w’u Rwanda muri ambasade y’u Rwanda i Beijing Bwana Virgile Rwanyagatare yahamagariye aba banyeshuri kwiga ururimi n’umuco w’igishinwa hifashishijwe ubuhanga buhanitse bw’ikoranabuhanga.

Ati: “Ntimugomba kwiga gusa no kubona ubumenyi kuri Huawei ahubwo mugomba no kwiga umuco n’ururimi rw’igishinwa nubwo bitoroshye kuko bizafasha koroshya ubucuruzi hamwe na kimwe cya kane cyabatuye isi (Abashinwa), bifite akamaro kanini muguteza imbere igihugu cyacu.”
Seeds for The ni imwe muri gahunda ya Huawei’s yo gufasha abaturage mu bihugu ikoreramo (Corporate Social Responsibility flagship program) yatangijwe mu mwaka 2008. Iyi gahunda itwara abanyeshuri 10 buri mwaka mu Bushinwa kugira ngo bahabwe amahugurwa y’ikoranabuhanga ryo mu bihe bigezweho. Kuva abanyeshuri batangira abarenga 30.000 ku isi baritabiriye. Ariko kubera icyorezo cya COVID-19, Huawei yahise ikomeza gukora iyi gahunda hifashishijwe ikoranabuhanga kugirango hatagira uhezwa bitewe naho aherereye.
Safi Nkongori Emmanuel

2020-12-01
Editorial

IZINDI NKURU

Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026

Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026

Editorial 16 Oct 2025
U Rwanda rwongeye kuza ku mwanya wa  mbere mu karere k’Afrika y’Iburasirazuba mu gukumira no kurwanya  ruswa n’akarengane, ruza ku mwanya wa 4 muri Afrika yose!

U Rwanda rwongeye kuza ku mwanya wa  mbere mu karere k’Afrika y’Iburasirazuba mu gukumira no kurwanya  ruswa n’akarengane, ruza ku mwanya wa 4 muri Afrika yose!

Editorial 28 Jan 2021
Uko isomwa ry’urubanza rwa  Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi  ikizava mu isomerwa

Uko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi ikizava mu isomerwa

Editorial 01 Sep 2021
URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.

URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.

Editorial 17 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame arayobora Umuhango wo gusinya Imihigo ya 2018/2019 anasese Inteko Ishinga Amategeko
ITOHOZA

Perezida Kagame arayobora Umuhango wo gusinya Imihigo ya 2018/2019 anasese Inteko Ishinga Amategeko

Editorial 09 Aug 2018
Abayobozi ba Uganda barateganya gutanga ibisobanuro ku ishimutwa n’iyicarubozo  ry’Umunyarwanda, Fidele Gatsinzi
INKURU NYAMUKURU

Abayobozi ba Uganda barateganya gutanga ibisobanuro ku ishimutwa n’iyicarubozo ry’Umunyarwanda, Fidele Gatsinzi

Editorial 24 Dec 2017
Umwe mu bashinzwe isuku muri Kimihurura afungiwe kurigisa amafaranga ya Leta
Mu Mahanga

Umwe mu bashinzwe isuku muri Kimihurura afungiwe kurigisa amafaranga ya Leta

Editorial 06 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru