• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibiganiro bya Uganda n’u Rwanda: Ikimwaro mu ruhame

Ibiganiro bya Uganda n’u Rwanda: Ikimwaro mu ruhame

Editorial 17 Dec 2019 POLITIKI

Umuhanzi w’Umunye-Congo, Koffi Olomide, yigeze kuririmba ati ‘Lokuta eyaka na ascenseur, vérité eye na éscalier pe ekomi’, bishatse kuvuga ngo ikinyoma gica muri ascenseur, ukuri kunyura ku ngazi ariko kukagera iyo kujya.

Abaminisitiri batatu bakuru muri Politiki, Busingye Johnston, Prof Shyaka Anastase na Gen Patrick Nyamvumba, bari mu ntumwa z’u Rwanda zitabiriye ibiganiro bya Uganda-Rwanda; bakinnye agakoryo Abagande, umuto muri bo aba ariwe bagira uyobowe itsinda ryabo.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe ni muto mu myaka, umunyabwenge, uzi gutebya no kuganira bya kinyarwanda bimwe byo gukirana bacyocyorana, bagakoresha imitego ya ‘Rugondihene’, yamamaye mu mateka nyarwanda cyane iyo abantu babaga basoma ku inzoga y’ubuki y’inkangaza.

Intumwa za Uganda hafi ya bose barisaziye, rero bakoze ikosa rikomeye ryo kumwibeshyaho. Iyo hagira ubagira inama ngo barebe ibiganiro byo kuri YouTube bya Nduhungirehe ari i New York, ubwo u Rwanda rwayoboraga Akanama ka Loni gashinzwe umutekano. Ntabwo bamenye ikibakubise. Nk’uko Muhammad Ali yigeze kubivuga, umuvandimwe Nduhungirehe ‘Yanyeganyegaga nk’ikinyugunyugu akadwinga nk’uruyuki’.

Tugumye mu mukino w’iteramakofi, nta muntu n’umwe mu ntumwa za Uganda zari mu cyumba, washoboraga guhangana na Nduhungirehe. Uyu munyamabanga wa leta ukiri muto, yashoboraga kwifasha icyumba cyose ubwe, abo bazanye bigaramiye.

Mu cyumba harimo kandi Gen Patrick Nyamvumba: Umuntu Abagande bose batinya! Yari yicaye arebana n’abasirikare ba Uganda barimo abakutse umutima kugeza magingo aya bashobora kuba bakinywa imiti y’ihungabana batewe no gutsindwa mu ntambara ya Kisangani.

Abayobozi babo Kahinda Otafire na nyakwigendera Kazini icyo gihe bafashwe mpiri n’Ingabo zari ziyobowe na Gen Nyamvumba. Nyuma baza kurekurwa basubizwa Uganda. Afande Nyamvumba rero, yari mu cyumba cy’inama kugira ngo yibutse Abanya-Uganda ko gushaka amahoro ku Rwanda biri mu nyungu zabo.

Umwanditsi Hawthorn yigeze kuvuga ko nta muntu ushobora kwiyoberanya akereka isura itari iye rubanda igihe kirekire, amaherezo ntibimuviremo no kuyoberwa uko asa nyabyo.

Nkuko nkunda kubibwira abo mburanira iyo bambajije niba turi butsinde urubanza mu rukiko: “ese turavugisha ukuri? Niba igisubizo ari Yego, ntacyo twikeka.” Mu gihe Umunyamabanga wa Leta ukiri muto yari ashikamye abifashijwemo n’ubuhanga bwe, yabwiraga ukuri urundi ruhande, kwigaragaza mu bimenyetso n’abatangabuhamya.

Mu gihe ubusanzwe politiki na dipolomasi bifatwa nk’imyuga yiyubashye yo gutsura ubushuti n’iterambere, abayobozi ba Uganda bo babifashe nk’umwuga wo kubeshya. Ibinyoma umunsi ku wundi, nta kindi kigamijwe usibye kuyobya no kujijisha abaturage ba Uganda bayobora. Abaturage ntibabizera, nabo ubwabo ntibizera abaturage ahubwo bose babaswe n’ikinyoma, bateze iminsi iriya leta ngo igende babone kugira amahoro.

Kuba turi abaturanyi babo, natwe niko bashaka kudufata. Ntushobora kwemeranya ikintu n’umunyapolitiki wa Uganda ngo wizere ko ari bugikore ku munsi ukurikiyeho. Nk’uko umugani wa Kinyarwanda ubivuga, ‘Uwububa abonwa n’uhagaze’ ndetse ‘iminsi y’igisambo irabaze’. Kuri iyi nshuro twari twazanye Abanye-Congo n’Abanya-Angola; ngo nabo babyibonere.

Ubwo ikibazo cyari kimaze gukomera, u Rwanda rwahisemo gukomanyiriza bicuruzwa bituruka muri Uganda.

Abanya-Uganda batangiye kuvuga bati “Abanyarwanda bazasonza bende gupfa. Ibiribwa byose barya bituruka muri Uganda.”

Iyo mvugo y’ikinyoma ishoboka muri Uganda honyine. Iyo umuntu afite amafaranga arira muri restaurant ahisemo kandi hari ibihugu 194 umuntu ashobora gutumizamo ibyo akeneye. Ariko Abanyapolitiki bo muri Uganda babeshye abaturage babo ko abanyarwanda barya indyo imwe gusa. Nyuma y’amezi atandatu y’icyo cyemezo, Uganda yari itangiye gusaba inguzanyo yihutirwa muri IMF kugira ngo izibe icyuho cyatewe n’ikumirwa ry’ubucuruzi n’u Rwanda.

Muri icyo gihe u Rwanda rwari ruhugiye mu kwishyura miliyoni nyinshi z’amayero ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, ngo irimbishe ikipe yayo na Stade ya Parc des Princes ikirango cyamamaye ku isi hose aricyo: ‘Visit Rwanda’ – Umunyarwanda yaravuze ngo: Uwapfuye yarihuse…’

Nyuma y’inama itaratanze umusaruro, abanya-Uganda bashatse gukwiza ikindi kinyoma, basaba u Rwanda ko bakora itangazo rihuriweho rigamije kugaragaza ko ibintu byose byagenze neza. Minisitiri Nduhungirehe yaratangaye:

Ababwira ati: Sinabeshya abanyarwanda. Mukore itangazo ryanyu mu Luganda niba mubishaka. Ndakora iryanjye mbabwire ukuri ko tutageze ku masezerano:

-  Mwananiwe kutwizeza ko muzirukana imitwe irwanya u Rwanda irimo kwisuganyiriza mu gihugu cyanyu ;

-  Mwananiwe kutwizeza ko muzarekura ibihumbi by’abanyarwanda b’inzirakarengane mumaze igihe mufunze batazi ibyo baregwa ;

-  Mwananiwe kutwizeza ko muzahagarika gutoteza abanyarwanda bakorera ingendo cyangwa baba muri Uganda.

Abanye-Congo bamaze kumenyera guta muri yombi abagize umutwe w’iterabwoba wa FDLR bavuye kubonana n’abayobozi ba Uganda mu nama zigamije gucura imigambi yo gutera u Rwanda. Igisirikare cyabo (FARDC) gikomeje kwica cyangwa gufata abarwanyi batojwe ndetse bagahabwa intwaro na Uganda.

Abanya- Angola nyuma yo kuyobora inama ya mbere yiga ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda, batangiye kumenya abo Abanya-Uganda aribo. Mu yandi magambo, Uganda yari yonyine mu nama, yumiwe kandi iri ku butaka bwayo.

Abenshi mu itsinda rya Uganda babaga bahunyiza, bajya kuvuga bakavuga ibintu bidashinga imbere y’itsinda ry’abahanga bakiri bato, bari maso kandi badaca hirya, bashyigikiza ibimenyetso byabo amategeko mpuzamahanga, ibyemeranyijwemo mu kwihuza kw’akarere na dipolomasi.

Umuhanuzi Bob Marley wo muri Jamaica yagize ati: ‘Ushobora kujijisha abantu igihe kimwe, ariko ntabwo wajijisha abantu bose igihe cyose’.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola wari umaze kurambirwa, yaciriye Abanya-Uganda umugani w’inyeshyamba Jonas Savimbi n’uwari umutwe we witwaje intwaro wa UNITA, abihuza na Kayumba Nyamwasa na RNC ye.

Yavuze uburyo Savimbi yari afite ibirindiro muri Zaire, agafashwa cyane na Perezida Mobutu wa Zaire. Gusa ubwo Mobutu yari amaze kuvanwaho n’abanyarwanda, Savimbi na UNITA ye ntabwo bamaze kabiri. Yagize ati “kuva ubwo tumaze imyaka cumi n’irindwi y’amahoro,”mu gusoza asa n’uburira abanya-Uganda, ati “Niba mudashaka gukemura ikibazo gito cya Kayumba Nyamwasa, mushobora kwisanga muhanganye n’ikibazo kinini kurushaho”.

Ubutaha abanya-Uganda bashobora kutemera ko abahuza baba mu cyumba cy’ibiganiro kubera ko barimo gukozwa isoni mu ruhame.

Src: igihe

2019-12-17
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU

Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU

Editorial 13 Feb 2019
Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 26 Mar 2024
Amerika yatangaje ko ititeguye gufatira Urwanda ibihano nyuma ya 2017.

Amerika yatangaje ko ititeguye gufatira Urwanda ibihano nyuma ya 2017.

Editorial 01 Feb 2016
Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari

Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari

Editorial 17 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!
ITOHOZA

ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!

Editorial 12 May 2017
Isano ya Museveni n’urupfu rwa Kirumira rwashegeshe imitima y’Abanya-Uganda
INKURU NYAMUKURU

Isano ya Museveni n’urupfu rwa Kirumira rwashegeshe imitima y’Abanya-Uganda

Editorial 12 Sep 2018
Byinshi ku rugendo rwa Wizkid ugomba kurara ageze i Kigali
IMIKINO

Byinshi ku rugendo rwa Wizkid ugomba kurara ageze i Kigali

Editorial 24 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru