• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo
P

Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo

Editorial 29 Mar 2018 UBUKUNGU

Ibigo by’ubwishingizi byigenga bikomeje guhura n’ibihombo urebye ku mafaranga byinjiza mu misanzu y’abakiliya n’ayo bibishyura, ku buryo Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko inyungu biri kubona iva mu ishoramari bikora ahandi byifashishije imari shingiro yabyo.

Guverineri wa BNR, Rwangombwa John, yagarutseho ku bigo cy’ubwishingizzi kuri uyu wa Gatatu mu kiganiro n’abanyamakuru, nyuma y’inama ngaruka gihembwe za Komite Ishinzwe Ubutajegajega bw’Urwego rw’Imari (FSC) na Komite Ishinzwe Politiki y’Ifaranga (MPC) zabaye kuwa 26 na 28 Werurwe 2018.

Imibare ya BNR yerekana ko urebye nko mu myaka itanu ishize, ibigo by’ubwishingizi byigenga byahombye miliyari 8.3 Frw mu 2013; miliyari 12.2 Frw mu 2014; miliyari 12.5 Frw mu 2015; miliyari 13.4Frw mu 2016 na miliyari 6.9 Frw mu 2017.

Ku bigo bya leta ho hari inyungu kuko hagati ya 2013 – 2017, inyungu bagiye babona yari hagati ya miliyari 16.1 Frrw na miliyari 23.5 Frw.

Rwangombwa yavuze ko icyo nka BNR yakoze ari uko ibigo by’ubwishingizi byategetswe kuzamura imari shingiro yabyo kuko yagiye igabanywa n’ibihombo, kuko buri kigo cy’ubwishingizi gitegetswe kuba gifite imari shingiro ya miliyari imwe.

Yagize ati “Guhera mu 2013 kugeza mu mwaka ushize bari bongereye imari shingiro hafi miliyari 31 Frw muri ibi bigo by’ubwishingizi. Ayo mafaranga iyo bayazanye cyane cyane nk’umwaka ushize bashyizemo amafaranga menshi, bayashora mu bindi bintu mu gihe bakomeza gukora ubucuruzi.”

Yakomeje agira ati “Uku kunguka kwabo rero tugaragaza, ahanini kwaturutse mu ishoramari bakoze mu mafaranga bari bazanye mu mari shingiro y’imari. Ariko ubwishingizi bwo nyir’izina n’ubundi bwarahombye mu mwaka ushize.”

Rwangombwa yavuze ko icyo aba batanga ubwishingizi batangiye gukora ari uguhindura uko babucuruza, kuko abashoramari batazajya bashyiramo amafaranga yabo ngo ahombe yongere asabwe andi.

Yagize ati “Ntabwo wakomeza gutungwa n’amafaranga abashoramari bazana kuko bizagera aho bibananire, urwego rube rwahirima.”

Nyuma yo kongera imari shingiro, ibigo by’ubwishingizi ngo byashoye imari nko mu mpapuro mpeshwamwenda, kuyabitsa kuri konti zunguka n’ibindi ariko mu gucuruza ubwishingizi bikomeza kuba ibihombo.

Umuyobozi Mukuru muri BNR ushinzwe ubutajegajega bw’urwego rw’imari, Peace M. Uwase, yabwiye IGIHE ko mu gihe u Rwanda rushaka kuba igicumbi cya serivisi z’imari, ibigo by’ubwishingizi bikeneye imari shingiro nini ngo bibashe kwishingira nabyo ibintu bifite agaciro kanini.

Hari impamvu zikomeye zitera ibihombo

Uwase avuga ko nko mu mwaka ushize ubwishingizi bwagize ibihombo bya miliyari 6.9 Frw, igihombo gito ugereranyije n’imyaka yabanje, ariko ugasanga nk’ubwishingizi bw’ibinyabiziga bwihariyemo igihombo cya miliyari 4.3 Frw.

Yakomeje agira ati “Ikibazo mu bwishingizi bw’ibinyabiziga, icya mbere ni ibiciro. Umuntu akavuga ngo njye ndashaka umukiliya, arishinganisha hariya kandi ndashaka kumwiba, akamuha ubwishingizi ku giciro kiri hasi cyane. Ejo, ejobundi azagira impanuka, ugomba kuyishyura.”

Uretse kugena ibiciro nabi byagiye biteza igihombo, Uwase yakomoje no ku kindi kibazo cy’uburinganya bukorerwa mu magaraji, umuntu akajya nko gukoresha imodoka bakamuca 100,000 Frw, akavuga ko afite ubwishingizi bakayakuba nk’inshuro eshatu nkana.

Hari n’ikindi cyabayeho, aho ugasanga umukozi w’ikigo cy’ubwishingizi yemeranyije n’ushaka ubwishingizi, akamusinyira amasezerano akabumuha nta mafaranga yakiriye, bikaba mu buryo bw’inguzanyo.

Uwase yakomeje agira ati “Ufashe ubwishingizi ku giciro kiri hasi cyane, ubufashe ku ideni ukazafata umwaka cyangwa amezi umunani kubwishyura, ariko nugira impanuka ikigo cy’ubwishingizi kigomba guhita cyishyura.”

“None se urumva amafaranga azishyura iyo mpanuka azava hehe? Hari harimo ibintu byinshi bipfuye.”

Mu 2016 BNR yashyizeho amabwiriza ko niba nta mafaranga atanzwe nta n’ubwishingizi butangwa, hasigara umwihariko ku bigo bya leta kuko bigira inzira nyinshi ngo amafaranga asohoke, kandi nabyo bihabwa iminsi 60 gusa ngo abe yatanzwe.

Mu mwaka ushize nabwo hatanzwe andi mabwiriza ku bigo by’ubwishingizi, ngo bigire uburyo buhamye bikurikiranamo amagaraji no gushyiraho uburyo bubifasha guhangana n’ibyo bibazo.

Uwase yakomeje agira ati “Dufite icyizere, nabo urabona ko ibibazo byabo barabyumva, barabikurikirana, hanabayeho impinduka nyinshi mu buyobozi bw’ibi bigo by’ubwishingizi kubera ibibazo byari birimo. Hari abashoramari bavuyemo muri ibi bigo kubera ibibazo byagiye bigaragara, ngira ngo nabo bageze ahantu babona ko uko byakorwaga bitarambye.”

Ihuriro ry’Ibigo by’Ubwishingizi mu Rwanda (ASSAR) riheruka gutangaza ko guhera tariki ya 1 Mutarama 2018, igiciro cy’ubwishingizi bw’ibinyabiziga ku by’abandi wakwangiza kiva kuri 40 % kikagera kuri 73%; ubwishingizi ku by’abandi wakwangiza n’ibyawe byakwangirika bwongerwa kuva kuri 3.5% by’igiciro cy’imodoka kugeza kuri 4.5%.

Izo mpinduka zizakorwa mu byiciro bibiri aho biteganyijwe ko muri uyu mwaka hazazamukaho 60%, mu mwaka utaha bikazazamukaho 40%.

2018-03-29
Editorial

IZINDI NKURU

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Editorial 12 Jun 2017
Gaz Methane:  Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Editorial 31 Mar 2019
Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Editorial 02 Mar 2018
RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Editorial 12 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.
Amakuru

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Editorial 02 May 2024
Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Editorial 28 Oct 2019
Umuyobozi muri Polisi ya Uganda yagonzwe ahita apfa
Mu Mahanga

Umuyobozi muri Polisi ya Uganda yagonzwe ahita apfa

Editorial 17 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru