• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Editorial 16 Apr 2018 ITOHOZA

Ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba(EAC) ndetse n’akarere k’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi benshi ku isi.

Mu bihugu bya EAC habarizwa abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside bagera kuri 317 naho mu Biyaga Bigari, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo icumbikiye abagera kuri 303 . Mu gihe abahunze ubutabera bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside ku rwego rw’isi bangana na 911.

Nubwo u Rwanda rugenda rushyiramo imbaraga mu guta muri yombi no kugeza imbere y’ubutabera abagize uruhare muri Jenoside bahungiye mu bihugu nk’u Bufaransa, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, n’u Bubiligi, muri aka karere umubare uracyari mukeya.

Abantu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bamaze koherezwa mu Rwanda imbere y’ubutabera bavuye mu bice bitandukanye by’isi, batatu gusa nibo bavuye mu bihugu bya EAC. Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda Jean Bosco Mutangana yatangarije The East African dukesha iyi nkuru ko  ibihugu bimwe by’abaturanyi byabuze ubushobozi bwo gukora iperereza no gukurikirana abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside bari ku butaka bwabo.

Yagize ati: “Sintekereza ko igihugu cyacumbikira abagize uruhare muri Jenoside mu gihe cy’imyaka 24 ku bushake.  Navuganye na bagenzi banjye benshi bo mu bihugu by’abaturanyi bavuga ko babura ubushobozi’’. Yongeyeho ko bamwe bagenda bahindura amazina n’ibyangombwa .

Ku rundi ruhande hari ibindi bihugu byanga gutanga aba bantu bitewe n’impamvu za politike. U Burundi na Congo byagiye byanga gukorana n’u Rwanda inshuro nyinshi.

Kugeza ubu , mu karere k’Ibiyaga Bigari, Congo niyo icumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside bagera kuri 303.

Muri EAC,  Uganda icumbikiye abagere kuri 242, Tanzaniya 31, Kenya 30 ndetse n’u Burundi bucumbikiye 14. U Bufaransa nibwo bucumbikiye benshi hanze ya Afurika bangana na 42.

 

2018-04-16
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda : Cyubahiro mu kasho kubera Salim Saleh

Uganda : Cyubahiro mu kasho kubera Salim Saleh

Editorial 16 Nov 2017
Bujumbura: Havumbuwe  inzu  ikorerwamo iyicarubozo kuva mu 2016

Bujumbura: Havumbuwe inzu ikorerwamo iyicarubozo kuva mu 2016

Editorial 05 Dec 2018
Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Editorial 05 Mar 2020
Uwari Gitifu w’Akarere ka Gisagara yasezeye ku kazi

Uwari Gitifu w’Akarere ka Gisagara yasezeye ku kazi

Editorial 29 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka ya Étienne Tshisekedi  waharaniye kuba Perezida wa  RDC kugeza apfuye
Mu Rwanda

Amateka ya Étienne Tshisekedi waharaniye kuba Perezida wa RDC kugeza apfuye

Editorial 02 Feb 2017
Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1
IMIKINO

Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Editorial 13 May 2019
Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti
HIRYA NO HINO

Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti

Editorial 04 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru