• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka   |   01 Jul 2026

  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Ubwanditsi 16 Apr 2018 ITOHOZA

Ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba(EAC) ndetse n’akarere k’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi benshi ku isi.

Mu bihugu bya EAC habarizwa abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside bagera kuri 317 naho mu Biyaga Bigari, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo icumbikiye abagera kuri 303 . Mu gihe abahunze ubutabera bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside ku rwego rw’isi bangana na 911.

Nubwo u Rwanda rugenda rushyiramo imbaraga mu guta muri yombi no kugeza imbere y’ubutabera abagize uruhare muri Jenoside bahungiye mu bihugu nk’u Bufaransa, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, n’u Bubiligi, muri aka karere umubare uracyari mukeya.

Abantu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bamaze koherezwa mu Rwanda imbere y’ubutabera bavuye mu bice bitandukanye by’isi, batatu gusa nibo bavuye mu bihugu bya EAC. Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda Jean Bosco Mutangana yatangarije The East African dukesha iyi nkuru ko  ibihugu bimwe by’abaturanyi byabuze ubushobozi bwo gukora iperereza no gukurikirana abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside bari ku butaka bwabo.

Yagize ati: “Sintekereza ko igihugu cyacumbikira abagize uruhare muri Jenoside mu gihe cy’imyaka 24 ku bushake.  Navuganye na bagenzi banjye benshi bo mu bihugu by’abaturanyi bavuga ko babura ubushobozi’’. Yongeyeho ko bamwe bagenda bahindura amazina n’ibyangombwa .

Ku rundi ruhande hari ibindi bihugu byanga gutanga aba bantu bitewe n’impamvu za politike. U Burundi na Congo byagiye byanga gukorana n’u Rwanda inshuro nyinshi.

Kugeza ubu , mu karere k’Ibiyaga Bigari, Congo niyo icumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside bagera kuri 303.

Muri EAC,  Uganda icumbikiye abagere kuri 242, Tanzaniya 31, Kenya 30 ndetse n’u Burundi bucumbikiye 14. U Bufaransa nibwo bucumbikiye benshi hanze ya Afurika bangana na 42.

 

2018-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byumvuhore: Ukunda iki?

Byumvuhore: Ukunda iki?

Ubwanditsi 22 Aug 2020
Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 30 Oct 2017
Theogene Rudasingwa yikomye Museveni avuga ko nta ”  Moral authority”agira

Theogene Rudasingwa yikomye Museveni avuga ko nta ” Moral authority”agira

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Ubwanditsi 11 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru
Mu Rwanda

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Israel Mbonyi yasohoye indirimbo ya mbere kuri album ye nshya ’Sinzibagirwa’
KWAMAMAZA

Israel Mbonyi yasohoye indirimbo ya mbere kuri album ye nshya ’Sinzibagirwa’

Ubwanditsi 13 May 2017
Perezida Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko rw’u Rwanda, kumenya kurwanira igihugu cyarwo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko rw’u Rwanda, kumenya kurwanira igihugu cyarwo

Ubwanditsi 15 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru