• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC

Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC

Editorial 21 Jun 2022 Amakuru, IMIKINO

Uhereye mu mpera z’icyumweru gishize, mu Rwanda hari ibikorwa bitandukanye ndetse hazabera n’inama izahuza abakuru b’ibihugu bibarizwa mu muryango uvuga ururimi rw’icyongereza (CHOGM), abitabiriye uyu muhango hari uburyo bwateguwe bwo kwitabira siporo mu gihe cy’iyi nama.

Nk’uko byatangajwe na Ministeri ya Siporo mu Rwanda, bikanyuzwa ku rubuga rwa Titter rwa Minisiteri bemeje ko uhereye kuri uyu wa kabiri tariki ya 21 Kamena 2022 hateganyijwe umugoroba wo gukora siporo birukanka ah bazeguruka ibice bitandukanye by’Akarere ka Gasabo.

Nk’uko byatangajwe, kuri uyu mugoraba uhereye ku isaha ya saa kumi n’Ebyiri n’igice nibwo abasiganwa bakora siporo bahurira ku nyubako ya BK Arena, biteganyijwe ko abakora siporo bakora urugendo rungana n’ibilometero 4 na metero 400.

Kuwa Kane tariki ya 23 Kamena 2022 hateganyijwe igikorwa cya Cricket Tournament kizabera ku kibuga cy’i Gahanga ahasanzwe habera imikino nk’iyi ngiyi, iki gikorwa giteganyijwe guhera ku isaha ya Saa saba z’amanywa kugeza saa kumi n’imwe n’igice.

Ibikorwa bya Siporo muri gihe cya CHOGM bizasozwa kuri uyu wa gatanu, aho abakunzi ndetse na bamwe mubakinnyi b’umukino wa Golf bazahurira Nyarutarama ahasanzwe habera imikino ya Golf, mu cyiswe Networking Golf Tournament.

Biteganyijwe ko igikorwa kizatangira  guhera saa sita z’amanywa gisozwe saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo ku itariki ya 24 Kamena 2022.

 

Ikipe ya Rayon Sports yagiranye amasezerano n’umutoza Haringingo Francis Christian uzwi nka Mbaya, ni umutoza utandukanye n’ikipe ya Kiyovu Sports Club nyuma y’aho uyu mutoza atakomezanyije n’ikipe ya Kiyovu nyuma yaho umwaka w’imikino 2021-2022 urangiye asize iyi kipe ku mwanya wa kabiri.

Nk’uko amakuru RUSHYASHYA yamenye avuga ko uyu mutoza yahawe amaezerano yo gutoza ikipe ya Gikundiro amasezerano y’unwaka  umwe uri imbere, aha uyu mutoza akaba yasabwe ko agomba guha iyi kipe ibikombe byombi bizakinirwa mu Rwanda.

Biteganyijwe ko uyu mutoza azatangira imirimo muri Rayon Sports ubwo umwaka w’imikino 2021-2022 uzaba urangiye, ni nyuma yaho hazaba hashojwe imikino y’igikombe cy’Amahoro aho Rayon Sports izakina na Police FC bahatanira umwanya wa gatatu.

Ubwo uyu mutoza azaba atangiye imirimo muri Rayon Sports azahita azana n’abamwungirije barimo Rwaka Claude nk’umutoza wungirije, Nduwimana Pablo nk’umutoza ushinzwe kongerera abakinnyi imbaranga na Niyonkuru Vladmir nk’umutoza w’abanyezamu.

Nyuma yaho ikipe ya Sunrise FC izamukiye mu kiciro cya mbere, yaraye isinyishije rutahizamu Babua Samson wahoze akinira iyi kipe nyuma akerekeza mu gihugu cya Angola gukinayo, nyuma yaho amasezerano ye asojwe yahise agaruka muri iyi kipe ibarizwa mu karere ka Nyagatare.

Uyu rutahizamu wigeze kuba umwe mu batsinze ibitego byinshi muri shampiyona y’u Rwanda, yaraye ahawe amasezerano y’imyaka ibiri iri imbere, bivuze ko azagumana na Sunrise FC kugeza mu mwaka w’imikino wa 2023-2024.

Kuri uyu wa mbere ikipe ya Bugesera FC, yaraye igiranye amasezerano n’abakinnyi babiri aribo Ishimwe Saleh wakinaga muri Kiyovu Sports na Nsengayire Shadadi wakinaga mu ikipe ya Gicumbi FC, aba bombi bakaba barahawe amasezerano y’imyaka ibiri.

2022-06-21
Editorial

IZINDI NKURU

Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi 2022

Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi 2022

Editorial 07 Oct 2021
Minisiteri y’Uburezi yahagaritse amashami atatu ya Kaminuza ya Gitwe, abanyeshuri basabwa gutaha

Minisiteri y’Uburezi yahagaritse amashami atatu ya Kaminuza ya Gitwe, abanyeshuri basabwa gutaha

Editorial 18 Mar 2017
Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Editorial 07 Jun 2021
Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Editorial 26 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwashyizwe mu muhezo
Mu Rwanda

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwashyizwe mu muhezo

Editorial 18 Oct 2017
Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”
Amakuru

Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”

Editorial 27 Aug 2025
Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha
HIRYA NO HINO

Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha

Editorial 31 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru