• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Editorial 24 Jul 2018 Mu Rwanda

Urukiko Rukuru rukuru mu Rwanda rwahanaguyeho Dr Leopold Munyakazi icyaha cya Jenoside ndetse rumukuriraho n’igihano cya burundu y’umwihariko yari yarakatiwe, rumuhamya icyaha rwahamije cyo guhakana no gupfobya jenoside maze rumuhanisha igifungo cy’imyaka icyenda. Uyu mugabo, mu iburanisha rye yagiye avuga amagambo atangaje yagiye atungura benshi ari nabyo tugarukaho muri iyi nkuru.

Tariki 14 Nyakanga 2017, Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwakatiye Dr Leopold Munyakazi w’imyaka 68, igihano cy’igifungo cya burundu y’umwihariko. Iki gihano yaje kukijuririra ndetse asaba ko yajyanwa iwabo i Kayenzi aho yari atuye mbere ya Jenoside.

Kuwa Kabiri tariki 10 Mata 2018, Urugereko rwihariye rw’Urukiko rukuru, rwajyanye uru rubanza ruregwamo Dr Leopold Munyakazi mu cyahoze ari komini Kayenzi, ubu ni mu murenge wa Kayenzi mu karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo. Mu gace yari atuyemo, ninaho habereye iburanisha mu ruhame rw’abaturage benshi, hatangwa ubuhamya bw’abatangabuhamya bane bahurije ku mbunda uyu mugabo yari atunze aha muri Kayenzi ariko bose bahuriza ku kuba ntawe yayicishije ndetse bamwe banavuga ko ahubwo hari abo yagerageje guhisha ngo baticwa.

Nyuma yo gusuzuma ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya batandukanye Urukiko rukuru rwamuhanaguyeho icyaha cya Jenoside, icyo gushishikariza gukora Jenoside no kwica nk’icyaha kibasiye inyokomuntu, ariko ahamwa n’icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside yakoze ubwo yari muri Amerika, akavuga ko mu Rwanda hatabaye Jenoside ahubwo habaye intambara hagati y’impande ebyiri zari zihanganiye ubutegetsi.

Mu miburanire ya Dr Leopold Munyakazi, kuva akigera mu Rwanda, yagiye avuga ibintu byakunze gutangaza no gusetsa bamwe, gusa hakaba ababibona nko kuba yarashakaga guca intege abatangabuhamya bamwe na bamwe bahoraga batumizwa mu rukiko urubanza rugahora rusubikwa, bityo bakazageraho bakananirwa bakabona ko bikomeza kubarushya cyane kwiruka ku byo gutanga ubuhamya bumushinja. Ibyo yagiye avuga nibyo tugiye kugarukaho.

Yabwiye abashinjacyaha ko nta kinyabupfura bagira

Ubwo Dr. Leopard Munyakazi yagezwaga mu rukiko bwa mbere, agihabwa umwanya wo kugira icyo avuga yabwiye abashinjacyaha ko nta kinyabupfura bagira. Ibi Munyakazi yari abishingiye ku kuba batarashyize mu bikorwa ubusabe bwe bw’uko bazazana ibyuma bifata amajwi ibyo avuga byose bikajya bibikwa.

Dr Munyakazi yavuze ko adashaka gukomeza gufungirwa mu musarane kandi afite amazu meza muri Kigali

Uyu mugabo udatinya gukoresha amagambo akomeye cyangwa asesereza iyo arimo kuburana, ubwo yaburanishwaga mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga, ubwo yaburanishwaga ku bijyanye n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Icyo gihe yabajije abacamanza impamvu bashaka kumucumbikira mu mazu yise ko ari ubwiherero (imisarani) kandi ngo ari umuntu w’umugabo wifitiye amazu muri uyu mujyi wa Kigali kandi meza.

Yagize ati “[…] Ese bancumbikira mu musarane bate bazi ko nari mfite amazu abiri muri Rugenge, harimo imwe niguriye indi nkayiyubakira, ayo mazu sinyararemo kandi ari ayanjye…”

Munyakazi yanze gutanga umwirondoro we nyawo, abwira urukiko ko nibawukenera bazajya kuwushakira kuri paruwasi yabatirijwemo kandi ko we atabibabwira batamuhemba

Kuwa Kane tariki 23 Gashyantare 2017, ubwo yagezwaga imbere y’abacamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga, Dr Leopold Munyakazi yagaragaje ko hari imbogamizi nyinshi afite zituma ataburana, harimo no kuba atazi abagiye kumuburanisha abo ari abo n’imyirondoro yabo, aha ninaho yabasabaga ko bamuha ibyangombwa byabo ngo anamenye niba koko ari abacamanza.

Mu bindi yavuze, ni uko umwirondoro watangajwe atari uwe, uretse amazina ye gusa n’ay’ababyeyi, bityo akavuga ko hashobora kuba habayeho kwibeshya ku wo bashaka kuburanisha, aha yashingiraga ahanini ku gihe cy’amavuko cyatangajwe mu mwirondoro we.

Ubwo yasabwaga gutanga umwirondoro we nyawo, Munyakazi yavuze ko atari akazi ke, agaragaza ko yaba ari kwivanga mu kazi k’abashinjacyaha maze ababwira ko ushaka imyirondoro ye azajya kuyireba muri paruwasi yabatirijwemo ya Kamonyi. Asabwe n’urukiko kuvuga umwirondoro we uw’ukuri kandi yashimangiye ko atawuvugira aho kuko bikwiye gukorwa hakoreshejwe ibitabo by’irangamimerere, ikindi bikanakorwa n’abantu babihemberwa kuko we abivuze nta wabimuhembera.

Dr. Munyakazi yanze kuburana ngo kuko mu rukiko hatarimo ifoto ya Perezida

Ubwo Dr Leopold Munyakazi yatangiraga kuburanishwa mu mizi ku byaha ashinjwa, yasabye urukiko rw’i Muhanga rwamuburanishaga ko rwamuha ibimenyetso by’uko aho aburanira ari mu rukiko kuko ngo atahabonaga ifoto ya Perezida wa Repubulika.

Icyumba cy’iburanisha yari agejejwemo, Dr Munyakazi yavuze ko nta birango bya Repubulika y’u Rwanda birimo, ko nta kirango cy’ubutabera kirimo uretse indangaminsi (Calendar) ariko nayo igaragaraho urukiko rw’ikirenga. Yavuze ko nta bendera ry’u Rwanda ririmo kandi nta n’ifoto ya Perezida wa Repubulika abonamo, bityo akavuga ko ntacyamwemeza ko aho bamuzanye ari mu rukiko.

Dr Munyakazi aburana akangana ko yaminuje, yigeze no kugira umujinya asohoka mu rukiko iburanisha ritararangira

Kuwa 3 Gicurasi 2017 ubwo yitabaga Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga ngo akomeze yiregure ku byaha akurikiranweho bya Jenoside, Dr Munyakazi wagaragazaga uburakari n’imvugo ikarishye, yongeye gusabwa n’abacamanza kudakoresha amagambo akomeye mu rukiko, maze asubiza ko Ikinyarwanda akoresha akizi neza kuko agifitemo impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) kandi akaba ari inzobere mu by’iyigandimi n’icengerandimi. Yavuze ko ufite ikibazo ku byo avuga nabyo yazabishyikiriza urukiko.

Uyu mugabo yaje guhita asaba umucamanza ko yakwisubirira aho afungiye ndetse bidatinze ahita asohoka mu rukiko aragenda ariko abacamanza bakomeza kuburanisha urubanza adahari, nyuma banzura ko ruzasubukurwa tariki 10 Gicurasi 2017.

Perezida w’Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga, Udahemuka Adolphe, yakunze kumvikana yihaniza Dr Munyakazi kureka imyitwarire idahwitse mu rukiko aho kugirango uyu mugabo amwumve ahubwo bikarushaho gufata indi sura.

Tariki 14 Nyakanga 2017, yakatiwe igihano cy’igifungo cya burundu y’Umwihariko maze avuga ko ibyo abacamanza bakoze bamubeshyera, nta kabuza Imana izabibabaza.

2018-07-24
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika

U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika

Editorial 28 Aug 2017
Nyakubahwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye umukino wa BAL wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na US Monastir yo muri Tunisia. 

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye umukino wa BAL wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na US Monastir yo muri Tunisia. 

Editorial 23 May 2021
Nyampinga wa Zambia Louisa Chingangu Yambuwe Ikamba n’abategura iryo rushanwa

Nyampinga wa Zambia Louisa Chingangu Yambuwe Ikamba n’abategura iryo rushanwa

Editorial 16 May 2017
Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Editorial 09 May 2017
U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika

U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika

Editorial 28 Aug 2017
Nyakubahwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye umukino wa BAL wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na US Monastir yo muri Tunisia. 

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye umukino wa BAL wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na US Monastir yo muri Tunisia. 

Editorial 23 May 2021
Nyampinga wa Zambia Louisa Chingangu Yambuwe Ikamba n’abategura iryo rushanwa

Nyampinga wa Zambia Louisa Chingangu Yambuwe Ikamba n’abategura iryo rushanwa

Editorial 16 May 2017
Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Editorial 09 May 2017
U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika

U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika

Editorial 28 Aug 2017
Nyakubahwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye umukino wa BAL wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na US Monastir yo muri Tunisia. 

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye umukino wa BAL wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na US Monastir yo muri Tunisia. 

Editorial 23 May 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru