• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe

Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe

Editorial 29 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Mu gitondo cyo kuwa 27/11/2024, inzego z’umutekano n’iz’ubutabera z’u Rwanda zashyikirije iz’Ubuhinde uwitwa Salman Rehman Khan ngo ajye kuryozwa ibyaha by’iterabwoba akurikiranyweho mu gihugu cye.

Salman Rehman Khan rero yari yibeshye ku Rwanda, kuko yibwiraga ko atorotse ubutabera, cyane ko yumvaga ibindi byihebe nka Ingabire Victoire byidegembya, kandi atarabirushije gukemukira igihugu cyabo.

Buri gihugu kigira ibyihebe byacyo Ubu Ubuhinde bufite Salman Rehman Khan wabwo u Rwanda rukagira Ingabire na Rusesabagina ba rwo

Salman Khan kandi agomba kuba yarumvise ko icyihebe Paul Rusesabagina n’abafatanyacyaha bacyo bagiriwe imbabazi, nyuma y’ubwicanyi n’ibindi bikorwa by’iterabwoba byabahamye.

Kwari ukwibeshya ariko, kuko u Rwanda atari paradizo y’abanyabyaha, ko ahubwo ibyemezo byarwo bishingira ku ngingo nyinshi, zirimo no kubaka ubumwe n’ubwiyunge.

Ikindi, n’abo yumva bahawe imbabazi, ntibibaha uburenganzira bwo gusubira mu byaha, kuko abazakomeza kubyivurugutamo, nk’uko bimeze kuri Ingabire na Victoire, bishobora kuzababera bibi kurusha na mbere. Ni ibyo Perezida wa Repubulika yise” kongeramo uruviri”.

Urugero rwa Salman Khan rero rwagombye guha ubutumwa ibyihebe nka Ingabire Victoire, Paul Rusesabagina, n’abandi bibwira ko ngo isi izavuza induru umunsi bongeye kuryozwa ibyaha by’iterabwoba banze kuzibukira. Erega na ba Salman Khan ntibabuze ababashyigikiye, batera inkunga n’ibikorwa byabo by’iterabwoba, ndetse banabizezaga ko ntawe uzatinyuka kubafata. Nyamara iyo bageze aho umwana arira nyina ntiyumve, barirwariza!

Ibimenyetso simusiga, Rushyashya yanabagejejeho kenshi, byerekana ko Ingabire Victoire agikorana n’imitwe y’iterabwoba nka FDLR , doreko we n’abandi bagizi ba nabi babana muri FDU-INKINGI, buri kwezi bakusanya, ku mugaragaro, icyo bise” impamba”, ni ukuvuga amafaranga afasha Ingabire na FDLR mu migambi y’iterabwoba.

Ingabire Victoire kandi yumvikana kenshi avuga ko ashyigikiye Abakongomani bagize umutwe wa”Wazalendo”, uyu ukaba ari umufatanyabikorwa wa Leta ya Kongo na FDLR muri jenoside ikorerwa Abatutsi n’Abahema bo mu burasirazuba bwa Kongo.

Paul Rusesabagina nawe ntiyaretse ubugambanyi no gukorana n’ibyihebe, nyamara ubwo yasabaga imbabazi Perezida Kagame, yavugaga ko aciye ukubiri burundu n’imitwe y’iterabwoba. Ibiganiro atanga ku maradiyo no mu biganiro atumirwamo n’abagome nka we, ntatinya kuvuga ko azarinda arunduka akirwanya “Leta y’abavantara”. Umutwe we wa FLN uracyafite ibirindiro muri Kongo no mu Burundi.

Nk’uko byasobanuwe kenshi, u Rwanda rufite uko rwishakamo ibisubizo bijyanye n’amateka yarwo, rukavuguta umuti kenshi unasharira cyane, mu bihugu byinshi utanashoboka cyangwa wagorana kunywa, kabone n’ubwo waba uvura.

Ni muri urwo rwego hajya hagaragara kwihanganira abanyabyaha, kugirango bahabwe andi mahirwe yo kubaka uRwanda rushya.

Ibi bitangaza benshi, ndetse abahawe ayo mahirwe hakaba ubwo bayafata nk’uburenganzira cyangwa ubuhangange basumbya Leta. Nyamara uku ni ukwishuka, kuko uko guhumiriza no kwihangana bitavuze ko bitagira umupaka.

Uko inzego z’umutekano n’iz’ubutabera z’uRwanda zumvise ubusabe bw’Ubuhinde, maze Salman Rehman Khan agasubizwa iwabo ngo akurikiranweho ibyo aregwa, ni nako zizumva ubusabe bw’Abanyarwanda bifuza ko ibyihebe, cyane cyane nka Ingabire Victoire uri mu Rwanda, bishyirwa aho byagombye kuba biri, aho gukomeza kwishuka ko biri hejuru y’amategeko.

Twibuke ko Salman Rehman Khan “akekwaho” ibyaha by’iterabwoba, mu gihe ingabire Victoire n’ibindi byihebe, bo byamaze kubahama.

Umufaransa wari urambiwe agasomborotso yaravuze ngo” trop c’est trop”, Umwongereza we ati” enough is enough”!

2024-11-29
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Editorial 28 Feb 2023
Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Editorial 10 Sep 2018
Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon

Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon

Editorial 09 Jun 2025
Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Editorial 21 Sep 2020
Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Editorial 28 Feb 2023
Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Editorial 10 Sep 2018
Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon

Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon

Editorial 09 Jun 2025
Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Editorial 21 Sep 2020
Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Editorial 28 Feb 2023
Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Editorial 10 Sep 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda

Editorial 12 Jan 2018
Umugore utwite yakubiswe n’umugabo we ngo nk’ukubita imbwa ye atitaye ko anatwite Aramukomeretsa
HIRYA NO HINO

Umugore utwite yakubiswe n’umugabo we ngo nk’ukubita imbwa ye atitaye ko anatwite Aramukomeretsa

Editorial 07 Oct 2017
Abayobozi bakuru berekeje i Gabiro mu mwiherero  [ AMAFOTO ]
Mu Mahanga

Abayobozi bakuru berekeje i Gabiro mu mwiherero [ AMAFOTO ]

Editorial 24 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru