• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyo CNLG Ivuga kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa Missile zahanuye Indege ya Habyarimana

Icyo CNLG Ivuga kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa Missile zahanuye Indege ya Habyarimana

Editorial 10 Mar 2017 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, yamaganye inkuru yanditswe n’Ikinyamakuru cyo muri Canada, The Globe and Mail, kuwa 24 Gashyantare 2017 yari ifite umutwe ugira uti ‘ Intwaro yafashwe isobanura ibyari iyobera kuri Jenoside yo mu Rwanda’, ivuga ko mu buryo bukomeye inyuranya n’amateka azwi.

Icyo kinyamakuru kivuga ko cyabonye raporo y’Intumwa z’Umuryango w’Abibumbye ziri kugarura amahoro muri Congo, Monusco, ivuga ko ingabo za Leta ya Congo Kinshasa, zafashe imbunda ihuje ibirango n’iby’ibisasu byahanuye indege ya Habyarimana.

Iyo raporo ikomeza ivuga ko imibare iranga imbunda (serial number) n’igihe yakorewe bigaragaza ko iyo mbunda irasa missile yafashwe ifite ibimenyetso bihura na missile ebyiri zahanuye indege ya Habyarimana.

Ikomeza ivuga ko iyo mbunda yafatanywe umwe mu mitwe yitwaje intwaro wo mu Burasirazuba bwa Congo nawo ukaba wari warayambuye undi bivugwa ko wafashwaga n’u Rwanda mu mirwano yo mu 1998.

-6018.jpg

Ibisigazwa by’Indege ya HABYARIMANA

Mu itangazo CNLG yashyize ahagaragara ryashyizweho Umukono n’Umunyamabanga Mukuru wayo, Dr Bizimana Jean Damascene, rivuga ko abanditsi ba Globe and Mail bari bakwiye kumenya ko Missile zitirirwa raporo ya Monusco yo muri Nzeri 2016 zidashobora guhuzwa n’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryo kuwa 6 Mata 1994, ryagaragaye nk’imbarutso ya Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abasaga miliyoni.

CNLG ivuga ko raporo ebyiri zavuzwe muri iyo nkuru zirimo iy’impuguke za Loni yo mu 2010 n’iy’itsinda ryakoraga igenzura ku ntwaro nto yo mu 2015, zombi zigaragaza izo missile nk’izo mu bwoko bwa SAM-7s. Iti “ Mu gihe iperereza ry’Abafaransa ryagaragajwe mu nkuru ryo rigaragaza ko indege yahanuwe na SAM-16s”.

Ibi ngo ni urujijo rugaragara mu nkuru ziswe iz’ubuvugizi zitapfa kwizerwa zimaze iminsi zikorwa n’Abanyamakuru barimo Geoffrey York na Judi Rever by’umwihariko ‘zisa n’izigamije kugira uruhare mu iperereza ry’abacamanza z’Abafaransa ngo ritazakorwa ngo rifungwe burundu’.

CNLG ikomeza igira iti “Ibi bituma umuntu yibaza niba nta nzego zo ku ruhande zifite umurongo wa politiki Globe and Mail igenderaho bigatuma igaragaza ukubogama gutera ugushidikanya ku kutabogama kw’ikinyamakuru cyanyu’.

-6017.jpg

Dr. Bizimana J.D

“Ukuri ku bihe bikomeye by’amateka yacu ni ikintu gikomeye ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’Abanyarwanda muri rusange. Turasaba Globe and Mail kugenzura yitonze niba gukomeza gutangaza inkuru muri ubu buryo bidapfobya kimwe mu byaha bikomeye byabayeho mu kinyejana cya 20.”

2017-03-10
Editorial

IZINDI NKURU

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Editorial 23 Jun 2021
’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage

’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage

Editorial 04 May 2017
Ibihugu 17 mu bagabo bigiye kwitabira irushanwa Nyafurika mu mukino wa Volleyball rizabera muri Kigali Arena

Ibihugu 17 mu bagabo bigiye kwitabira irushanwa Nyafurika mu mukino wa Volleyball rizabera muri Kigali Arena

Editorial 04 Sep 2021
Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.

Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.

Editorial 06 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amagambo ya Faustin Twagiramungu ahamagarira impunzi gutera u Rwanda ashobora kumugeza  mu nkiko
Mu Mahanga

Amagambo ya Faustin Twagiramungu ahamagarira impunzi gutera u Rwanda ashobora kumugeza mu nkiko

Editorial 19 Jan 2016
Ku mva ya Radio Mowzey Hubatswe inzu izajya ikorerwamo amasengesho
Mu Mahanga

Ku mva ya Radio Mowzey Hubatswe inzu izajya ikorerwamo amasengesho

Editorial 05 May 2018
Inama hagati ya Trump na Kim Jong un ishobora gusubikwa
POLITIKI

Inama hagati ya Trump na Kim Jong un ishobora gusubikwa

Editorial 23 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru