• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyo Jay Polly yavuze ku mugore we mbere y’uko amukura amenyo

Icyo Jay Polly yavuze ku mugore we mbere y’uko amukura amenyo

Editorial 06 Aug 2018 Mu Rwanda

Umuraperi Jay Polly amaze iminsi ibiri afunzwe, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita umugore we akamukura amenyo abiri.

Ubu, Jay Polly afungiwe muri kasho ya Remera mu Mujyi wa Kigali. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Mbabazi Modeste, yabwiye IGIHE ko Jay Polly yatawe muri yombi ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 4 Kanama 2018, nyuma yo gukubita umugore we.

Jay Polly yarwanye n’umugore we nyuma y’ubushyamiranye bagize bavuye mu kabari, ubugenzacyaha buracyakurikirana intandaro y’imirwano yabo.
Mbere y’uko Jay Polly afungwa, yari abanye neza n’umugore we Uwimbabazi Sharifah ndetse yamwifashishije mu mashusho y’indirimbo nshya yise ‘Uramfite’ yitegura gushyira hanze mu buryo bwa video.

Jay Polly, mbere y’uko afungwa yari  yavuze  ko umugore we Uwimbabazi Sharifah ashaka kubura ibyerekeye kumirika imideli yari asanzwe akorera mu Burayi mbere yo kugaruka mu Rwanda ndetse avuga ko abifuza kwamamaza bamwifashisha kuko ari ‘umunyamwuga’.

Yagize ati “Igitekerezo cyo gukorana na madamu wanjye, ni uko asanzwe ari umuhanzi w’umunyamideli ubishoboye kandi wanabikozeho mu Rwanda no hanze yarwo, ntabwo yari akibikora cyane nyuma yo guhagarika ibyo kwerekana imideli. Ubu arashaka kongera kubikora mu buryo bw’umwuga nk’uko yabikoraga hanze.”

Mu gusobanura impamvu yahisemo kwifashisha umugore we muri iyi ndirimbo, avuga ko “Namwifashishije nk’umuntu ubishoboye kandi ubizobereyemo, si n’ubwa mbere dukoranye ariko kuri iyi nshuro yabikoze mu rwego rwa business. Njye n’inzu dukorana twamwishyuye nk’abandi bose […] kandi ngira ngo mbabwire ko yabitangiye, haba ku bashaka kwamamaza, haba inzu zimurika imideli, baganira ubu arahari.”

Jay Polly yahamije ko mu bakobwa bose bifashishwa mu mashusho y’indirimbo nta munyamwuga arabona kurusha umugore we. Ubwo bakoranaga ngo “byari byiza, bitandukanye no ku bandi bakobwa aho usanga umuntu atirekura.”

Yongeraho ati “Njye na madamu turamenyeranye, twari twirekuye, ntabwo ari wa muntu muba muhuye bwa mbere. Gukorana na we byari byiza, biba ari ibintu by’umwuga. Iyo ukorana n’abandi bakobwa hari uko utirekura neza nk’umuntu ufite umuryango, hariya twakoraga nk’abikorera mu gihe ku bandi bakobwa usanga hari aho bakugora cyane, kuri we rwose ni umunyamwuga, ndanabimushimira.”

Jay Polly na Uwimbabazi Sharifah bari bafite gahunda yo kujya muri Nigeria mu minsi ya vuba bakajya kurangiza umushinga uyu muraperi afitanye na Davido. Yagize ati “Ndifuza ko uyu mwaka warangira mfite album yuzuye, nyuma y’iyi ndirimbo nitumara gusohora video yayo nibwo dufite umushinga wo guhita tuzamuka muri Nigeria kurangiza umushinga twakoranye na Davido, twakoranye indirimbo yitwa ‘Money’, turashaka kujyayo tukajya gukora video yayo.”

Uwimbabazi Sharifa umugore wa Jay Polly yaherukaga kwifashishwa muri video y’umugabo we

Yavuze ko yari yeretse Davido amafoto ye ari kumwe na madamu bafata amashusho y’indirimbo na we biramushimisha cyane. Ati “ Mu kanya narimo nganira na Davido, namweretse amafoto mubwira ko nakoranye na madamu biramushimisha cyane, yabikunze. Yakunze uburyo dukorana, uburyo madamu na we ari umuhanzi ubishoboye.”

Jay Polly, yafunzwe arimo gutegura umushinga wa album ya Gatandatu yise ‘Niyibizi’, arateganya kuzayimurika akanayicuruza mu bindi bihugu. Kuri iyi album, yifuza ko yasohokaho indirimbo ‘Money’ yafatanyije na Davido.

Jay Polly n’umugore we bari bamaze iminsi bameranye neza, hano bakinaga mu mashusho y’indirimbo bitegura gusohora


2018-08-06
Editorial

IZINDI NKURU

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

Editorial 20 Jul 2021
ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

Editorial 12 Feb 2016
Amafoto – Ikipe ya Gisagara VC mu bagabo ndetse na Rwanda Revenu Authority mu bagore begukanye igikombe cy’irushanwa rya Taxpayers Appreciation 2021

Amafoto – Ikipe ya Gisagara VC mu bagabo ndetse na Rwanda Revenu Authority mu bagore begukanye igikombe cy’irushanwa rya Taxpayers Appreciation 2021

Editorial 29 Nov 2021
Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Editorial 12 Oct 2017

Igitekerezo kimwe

  1. mbarushe J.
    August 14, 20185:16 pm -

    Wowe se urabibona ute? Urabona bubaka cyangwa barakina? Ruriya urabona ari urugo cyangwa ubukungu? Ariko ndakeka ko bazi ubwenge bwo kubaka uko mbabona. Urugo mbere ya byose bigaragazwe no kubaha umubyeyi. No kubaha papa w’abana. Hari abaretse gukina iby’ubugimbi none nabonye barubatse. Rubanda izi ubwenge. Ubuto buroshya mbitswa ra!. Tuzarwubaka abana b’abanyarwanda turugire nka paradizo mw’isi yose.

    Habaho guhitamo. by by.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impampamvu guhugura abanyamakuru ku ikumirwa ry’indwara ya Ebola ari ingenzi
Uncategorized

Impampamvu guhugura abanyamakuru ku ikumirwa ry’indwara ya Ebola ari ingenzi

Editorial 20 Jan 2020
Uko Sulah Wakabiligi Nuwamanya yabaye igikoresho cya  RNC/CMI asiga u Rwanda icyasha nyamara rwita ku muryango we yataye
INKURU NYAMUKURU

Uko Sulah Wakabiligi Nuwamanya yabaye igikoresho cya  RNC/CMI asiga u Rwanda icyasha nyamara rwita ku muryango we yataye

Editorial 27 Sep 2019
Abanyerondo bo mu karere ka Kicukiro baburijemo umugambi wo kwiba.
Mu Mahanga

Abanyerondo bo mu karere ka Kicukiro baburijemo umugambi wo kwiba.

Editorial 10 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru