• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Igifaransa ntigikwiye guhangana n’izindi ndimi – L.Mushikiwabo

Igifaransa ntigikwiye guhangana n’izindi ndimi – L.Mushikiwabo

Editorial 21 Mar 2019 POLITIKI

Mu kiganiro n’umunyamakuru Nathalie Amar wa RFI ku ngingo zinyuranye zijyanye n’inshingano Mme Louise Mushikiwabo aheruka gutorerwa zo kuyobora Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa, yabajijwe ingamba afitiye uru rurimi kugira ngo abaruvuga biyongere.

Mushikiwabo yagombaga gusubiza ibibazo 21 by’umunyamakuru bigiye bifitanye isano n’ururimi rw’Igifaransa no kuruteza imbere binyuze muri politiki z’umuryango wa OIF uyobowe na Louise Mushikiwabo, ndetse harimo n’ibivuga ku buzima yaciyemo mbere yo gutorerwa kuyobora uwo mu ryango.

Ku kibazo kirebana no kuba Mushikiwabo avuga neza indimi enye, Icyongereza, Igifaransa, Igiswahili n’Ikinyarwanda, yasubije ko benshi mu bavuga Igifaransa bisanga bagomba kumenya izindi ndimi kuko ariho isi ya none igeze. Ngo abantu bavuga indimi nyinshi kubera impamvu zo gushakisha amaramuko nko kuba babasha kumvikana n’abo bahahirana, ku mpamvu zijyanye no koroherwa no kwiga n’ibindi.

Ati “Jyewe ndi umuntu muri abo bumva bakanavuga indimi nyinshi. Nkomoka mu Rwanda, igihugu kiri muri Africa yo hagati y’abavuga Igifaransa n’iy’Iburasirazuba y’abavuga Icyongereza. Tuvuga Igiswahili, Igifaransa, Icyongereza, ndetse hari bamwe bakoresha Ilingala.”

Louise Mushikiwabo yavuze ko ari byiza ku bavuga Igifaransa kuba bataheranwa n’ururimi rumwe, bakwiye kumenya n’izindi nubwo yenda baba bakunze cyane Igifaransa.

Yabajijwe niba hakwiye kubaho intambara yo kurwanira ko Igifaransa kiganza izindi ndimi, abakivuga bakava ku bihumbi 300 yenda bakaba barenga ibihumbi 400 mu myaka ya 2050. Akaba yabajijwe icyakorwa guhera ubu muri 2019 kugira ngo Igifaransa kivugwe.

Ati “Sinkunda kumva ko habaho intambara (y’Igifaransa) gihanganye n’izindi ndimi. Gusigasira Igifaransa, oya, ahubwo kukimenyekanisha, gutuma kigaragara kigakoreshwa mu bintu binyuranye , mu bucuruzi, muri Siyansi ni ikintu gikomeye.”

Yavuze ko biri mu nshingano yatorewe kugira uruhare mu kumenyekanisha Igifaransa.

Umunyamakuru yamubajije kugira icyo avuga ku myumvire ya benshi ko Igifaransa ari ururimi rukomeye cyane.

Mushikiwabo yasubije ko iyo myumvire ihari ariko ko abantu bakwiye kuyihindura kuko ngo Igifaransa ntigikomeye cyane. Ngo hari abavuga ko Igifaransa ari ururimi rw’abize, ari ururimi rw’imitoma (ubuvanganzo) muri rusange rugoye kuvugwa.

Ati “Ni byo rwose Igifaransa gikwiye kuvugwa kandi neza, ni ko giteye, ariko muri uyu mwaka hari intego twihaye, ni ubutumwa tubwira abantu, ko bagerageza gushyiraho akabo (mu kuvuga Igifaransa), ko ubutumwa ubasha kuvuga bikoroheye mu Cyongereza, wanabuvuga mu Gifaransa.”

Abajijwe niba Internet itaba ahantu ho gukoresha ku bakiri baton go bamenyere kuvuga Igifaransa, Louise Mushikiwabo yavuze ko higwa uburyo abato bo mu Isi ivuga Igifaransa batozwa kujya kuri Internet kandi bakahahurira n’Igifaransa, bakakimenya, bakagikunda.

Kuri uyu wa kane tariki 21 – 23 Werurwe, Mme Louise Mushikiwabo arasura Congo Kinshasa akaba agirana ibiganiro na Perezida Félix Antoine Tshisekedi.

Src : Umuseke

2019-03-21
Editorial

IZINDI NKURU

Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Editorial 19 Sep 2018
Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Editorial 19 Mar 2016
Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Editorial 25 Jul 2018
Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside

Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside

Editorial 09 Apr 2020
Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Editorial 19 Sep 2018
Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Editorial 19 Mar 2016
Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Editorial 25 Jul 2018
Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside

Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside

Editorial 09 Apr 2020
Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Editorial 19 Sep 2018
Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Editorial 19 Mar 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru