• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Editorial 06 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Muri Kamena 2001 nibwo urukiko rw’ i Buruseli mu Bubiligi rwahanishije Consolata Mukangango (Mama Gertrude) igifungo cy’imyaka 15 naho mugenzi we Julienne Mukabutera (Maria Kizito) ahanishwa gufungwa imyaka 12, bombi bamaze guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, aba Babikira Consolata Mukangango na Julienne Mukabutera babaga mu kigo cy’Aba”benedictines” i Sovu mu Ntara y’Amajyepfo, ndetse uwo Mukangango akaba ariwe wari”Mameya”, ni ukuvuga ukuriye abandi babikira muri icyo kigo.

Abatangabuhamya benshi basobanuriye urukiko uburyo “Mama Gertrude” na “Maria Kizito” bafatanyije n’interahamwe nkuru Emmanuel Rekeraho na Jonathan Ruremesha wari Burugumesitiri wa Huye, bicishije Abatutsi bababarirwa mu ibihumbi icumi(10.000) bari bahungiye aho i Sovu, harimo na bagenzi babo 9 nabo bahiciwe. Ubuhamya bwerekanye uko aba”bihaye Imana” bahaye interahamwe petelori na lisansi byo gushumika inzu abo bantu bari bahungiyemo, bose bashya batabaza kugeza imibiri yabo ihindutse ivu.

Nyuma y’imyaka mike batanarangije ibihano byabo, Consolata Mukangango na Julienne Mukabutera barafunguwe. Bapfuye kuvanamo imyenda y’imfungwa gusa, Kiliziya Gatolika mu Bubiligi ibasanganiza amakanzu yererana y’abihaye Imana. Bahise bisubirira mu mirimo ya Kiliziya, hirengagijwe ibyaha ndengakamere byabahamye. Ubu ni Ababikira bakomeye ahitwa Maradret muri Province ya Namur, ndetse “Mama Gertrude” akaba yarashubijwe umwanya wa Mameya yahoranye i Sovu.

Muri icyo kigo cyabo kandi barakorera amafaranga riravuga, dore ko benga inzoga igezweho mu Bubiligi yitwa”Maradret Abbey Beer”. Hari amashusho yashegeshe imitima y’abazi ubugome bw’aba Babikira, ubwo bagaragaraga bamamaza iyi nzoga yabo, bizihiwe, mbese batewe ishema no kwiyereka isi yose. Byibukije abantu umunsi bakatirwa, kuko nabwo bisekeraga ubona nta mpungenge batewe no guhamwa n’icyaha gikomeye cya Jenoside. Bari babizi ko bazikoza muri gereza byo kurangiza umuhango, bakisubirira mu buzima buzira imihangayiko.

N’ubu rero Consolata Mukangango ”Mama Gertrude” na Julienne Mukabutera”Maria Kizito” barakishongora kubo bahemukiye. Barinywera byeri nk’abandi bose bagashize, mu gihe abo bagize imfubyi n’abapfakazi bakirwana n’ibikomere babasigiye. Barabuzwa n’iki ko Kiliziya Gatolika yabahaye rugari, nk’aho abo bishe bo batari bafite agaciro. Nta gitangaje ariko, kuko mu myumvire ya Kiliziya Gatolika ubanza kwica Umututsi atari icyaha. Urugero ruheruka ni urwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka umaze imyaka aregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi Kiliziya ikabyima amatwi, ahubwo mu minsi ishize ikaza kumuca kubera gusa ko ngo yabyaye hanze.

Ni akumiro gusa!

 

 

2022-01-06
Editorial

IZINDI NKURU

Mozambique: Mu myaka 4 ingabo z’u Rwanda zimaze muri Cabo Delgado zaranzwe n’ubumuntu, ubwitange n’ubuhanga

Mozambique: Mu myaka 4 ingabo z’u Rwanda zimaze muri Cabo Delgado zaranzwe n’ubumuntu, ubwitange n’ubuhanga

Editorial 04 Aug 2024
Kinshasa: Ambasade ya Amerika yongeye gufungura imiryango nyuma y’icyumweru ifunze

Kinshasa: Ambasade ya Amerika yongeye gufungura imiryango nyuma y’icyumweru ifunze

Editorial 04 Dec 2018
Imodoka y’Umuryango utegamiye kuri Leta yari ipakiyemo ibiyobyabwenge yakoze impanuka

Imodoka y’Umuryango utegamiye kuri Leta yari ipakiyemo ibiyobyabwenge yakoze impanuka

Editorial 17 Aug 2016
Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza

Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza

Editorial 29 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi
Mu Rwanda

Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi

Editorial 22 Jun 2017
Mugisha Benon yagizwe Umutoza Mukuru wa REG Volleyball Club, mu gihe Patrice Ndaki yagizwe umutoza wa Kepler VC asimbuye Nyirimana Fidèle
Amakuru

Mugisha Benon yagizwe Umutoza Mukuru wa REG Volleyball Club, mu gihe Patrice Ndaki yagizwe umutoza wa Kepler VC asimbuye Nyirimana Fidèle

Editorial 30 May 2025
Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura
Mu Mahanga

Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura

Editorial 29 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru