• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ikigo cyo mu Rwanda kigiye gushora miliyoni 100$ mu gukora telefoni zigezweho

Ikigo cyo mu Rwanda kigiye gushora miliyoni 100$ mu gukora telefoni zigezweho

Editorial 28 Oct 2018 UBUKUNGU

Ikigo cy’ikoranabuhanga Mara Corporation gikorera mu bihugu byinshi ariko kikaba gifite icyicaro mu Rwanda, ku wa Gatanu cyatangaje ko kigiye gushora miliyoni 100 z’amadolari mu gukora telefoni zigezweho zibereye Afurika.

Izi telefoni zizakorerwa muri Afurika y’Epfo, ndetse zikorwe n’abiganjemo Abanyafurika.

Nk’uko bigaragara kuri Twitter ya Perezidansi ya Afurika y’Epfo, ibi byatangajwe na Ashish Thakkar washinze Mara Corporation ubwo yari mu nama ku ishoramari muri iki gihugu.

Thakkar yavuze ko nubwo muri Afurika habarizwa ‘smartphones’ zisaga miliyoni 400, kandi mu myaka mike iri imbere zikazagera kuri miliyari, nta n’imwe ikorerwa kuri uyu mugabane.

Ati “Nta na zimwe muri zo zikorerwa muri Afurika, nke muri zo ziteranyirizwa mu bice bimwe na bimwe by’umugabane ariko nta n’imwe ihakorerwa.”

Yakomeje avuga ko ibi bigiye guhinduka kuko Mara igiye gushora miliyari 100 z’amadolari mu gukora telefoni zizaba zifite ikoranabuhanga riri ku rwego rwo hejuru, kandi zihendukiye Abanyafurika.

Thakkar yagaragaje ko ibi bizatuma bahanga imirimo myinshi, kandi izi telefoni zizagezwa kuri ba rwiyemezamirimo bakiri bato bakazibyaza umusaruro bongera umubare w’abagera kuri serivisi z’imari ndetse bagateza imbere inzego zirimo n’ubuhinzi.

Iyi nama yateguwe na Perezida Cyril Ramaphosa yitabiriwe n’abagera ku 100, aho intego ari ugushakisha ahashobora guturuka ishoramari rya miliyari 100 z’amadolari mu myaka itanu iri imbere kugira ngo ubukungu bwa Afurika y’Epfo bwongere buzahugurwe.

Mara Group ikorera mu bihugu 25 bya Afurika ariko ikaba ifite icyicaro mu Rwanda, ibarizwamo Atlas Mara iherutse kugura Banki y’Abaturage, BPR.

2018-10-28
Editorial

IZINDI NKURU

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Editorial 29 Mar 2018
‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Editorial 02 Apr 2018
RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Editorial 23 May 2018
Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Editorial 04 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guterana amagambo bikomeye hagati ya Minisitiri Mushikiwabo n’Umuyobozi w’ Ishyirahamwe Human Right Watch Keneth Roth
Mu Rwanda

Guterana amagambo bikomeye hagati ya Minisitiri Mushikiwabo n’Umuyobozi w’ Ishyirahamwe Human Right Watch Keneth Roth

Editorial 05 Aug 2017
Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya
Amakuru

Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Editorial 13 Sep 2021
Polisi y’u Rwanda yashyikirije moto yibwe muri Uganda ba nyirayo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyikirije moto yibwe muri Uganda ba nyirayo

Editorial 20 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru