• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ikinyamakuru The New York Times cyikomye Trump wita abanyamakuru abanzi b’abaturage

Ikinyamakuru The New York Times cyikomye Trump wita abanyamakuru abanzi b’abaturage

Editorial 30 Jul 2018 HIRYA NO HINO

Umwanditsi Mukuru w’ikinyamakuru The New York Times, yikomye Perezida Trump amubuza gukomeza kwita abanyamakuru ‘abanzi b’abaturage’ kuko bishobora guteza ihohoterwa rikorerwa itangazamakuru.

AG Sulzberger yabitangaje nyuma y’ibiganiro aba bombi bari bagiranye muri White House, bakumvikana ko bigomba kugirwa ibanga ariko nyuma Perezida Trump akajya ku rukuta rwa Twitter akagaragaza ibyo baganiriye.

Trump yavuze ko ibiganiro aba bombi bagiranye byari byiza ariko nyuma avuga ko itangazamakuru rishyira ubuzima bw’abaturage mu kaga binyuze mu byo ribatangaza.

Yagize ati “Twamaze igihe kinini tuganira ku makuru y’ibihuha (Fake News), akunze gusohorwa n’itangazamakuru ku buryo ayo makuru ashobora gufatwa mu nteruro imwe nk‘abanzi b’abaturage’, birababaje.”

Nyuma y’ubu butumwa bwa Trump, iki kinyamakuru cyahise gisohora inyandiko igaragaza ibikubiye mu biganiro uyu mwanditsi mukuru wacyo yagiranye na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Sulzberger yavuze ko yemeye ubutumire bwa Trump ashaka ko baganire ku buryo uyu mugabo akunze kwibashira no kurwanya itangazamakuru.

Yavuze ko yabwiye Trump ko aya makuru yita ibihuha aba atari ukuri kandi ari bibi. Gusa avuga ko yababajwe cyane n’uko Trump yise abanyamakuru be abanzi b’abaturage.

Yagize ati “Namwihanangirije ko imvugo ye itari nziza iri kugira uruhare mu gutuma abanyamakuru bashobora guhohoterwa.”

Sulzberger kandi yabwiye Perezida Trump, ko ibikorwa byo kwibasira itangazamakuru bikunze gukorwa mu bindi bihugu n’ubutegetsi bushaka guhungabanya no gusenya itangazamakuru.

Yanavuze ko ibikorwa bya Trump bikomeje byashyira ubuzima bw’abanyamakuru mu kaga, kandi ko bihabanye n’amahame ya demokarasi igihugu cyabo kigenderaho y’ubwisanzure bwo kuvuga n’ubwigenge bw’itangazamakuru.

Uyu mwanditsi mukuru wa The New York Times yavuze kandi ko atigeze abuza Perezida Trump kunenga ibyo bamwandikaho niba bitamushimisha, ahubwo ko yareka muri rusange kwibasira itangazamakuru.

Nyuma y’ibyatangajwe n’iki kinyamakuru, Trump nawe yahise asubiza ubu butumwa avuga ko ibitangazwa ku biganiro by’imbere muri Guverinoma bishyira mu kaga ubuzima bwa benshi atari itangazamakuru gusa.

Trump yihanangirije kwita abanyamakuru abanzi b’igihugu

2018-07-30
Editorial

IZINDI NKURU

Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi

Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi

Editorial 09 Jul 2018
Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]

Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]

Editorial 13 Sep 2018
Abanyarwanda babiri barasiwe muri Canada

Abanyarwanda babiri barasiwe muri Canada

Editorial 06 Feb 2018
Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Editorial 06 Apr 2020
Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi

Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi

Editorial 09 Jul 2018
Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]

Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]

Editorial 13 Sep 2018
Abanyarwanda babiri barasiwe muri Canada

Abanyarwanda babiri barasiwe muri Canada

Editorial 06 Feb 2018
Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Editorial 06 Apr 2020
Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi

Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi

Editorial 09 Jul 2018
Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]

Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]

Editorial 13 Sep 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru