• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou

Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou

Editorial 18 Jan 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Mutarama 2022 ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera FC bwemeje amakuru y’uko bamaze gutandukana n’uwari umutoza w’iyi kipe Mbarushimana Abdou nyuma yo kumvikana ku mpande zombi.

Nk’uko ubuyobozi bwa Bugesera FC bwabitangaje bubinyujije ku rubuga rwa Twitter ndetse no mu nyandiko igenewe abanyamakuru ndetse n’abakunzi b’iyi kipe bashimangiye aya makuru y’uko batandukanye habayeho kubyumvikana.

Bagize bati “None taliki ya 18 Mutarama 2022, ku bwumvikane bw’impande zombi, ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera FC n’umutoza mukuru Mbarushimana Abdou basheshe amasezerano.”

Bugesera FC kandi yavuze ko inshingano muri iyi kipe zigiye kuba zifashwe n’umutoza ushinzwe kongerera abakinnyi imbaraga mu gihe hagishakishwa undi mutoza uzafata Bugesra FC.

Mbarushimana Abdou atandukanye na Bugesera FC yarayigezemo mumpera z’umwaka wa 2020 ubwo hitegurwaga gutangira umwaka w’imikino wa 2020-2021 nubwo wagezaho ugahagarikwa, nyuma haje gukinwa iyi shampiyona mu buryo bw’amatsinda uyu mutoza ayifasha kuza mu makipe umunani ahatanira igikombe.

Uyu mutoza hamwe n’ikipe ya Bugesera FC batandukanye mu gihe biteguraga gukina umunsi wa 13 wa shampiyona y’u Rwanda aho kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 Mutarama 2022 bakazakira ikipe ya AS Kigali kuri sitade y’akarere ka Bugesera.

Usibye uyu mukino uzahuza Bugesera FC na AS Kigali, kuri uyu wa kabiri Marines FC yagombaga gukina na Espoir FC ariko uyu mukino ntabwo wabaye bitewe n’uko 23 muri 29 b’iyi kipe babasanganye ubwandu bwa Koronavirusi.

Dore uko indi mikino y’umunsi wa 13 wa shampiyona y’u Rwanda izakinwa:
Ku wa Gatatu, tariki ya 19 Mutarama 2022:
Etoile de l’Est FC vs Kiyovu SC, Ngoma Stadium – 15.00
Etincelles FC vs Rayon Sports FC, Umuganda Stadium – 15.00
Bugesera FC vs AS Kigali FC, Bugesera Stadium – 15.00
APR FC vs Gorilla FC, Kigali Stadium – 15.00

Ku wa kane, tariki ya 20 Mutarama 2022:
Gicumbi FC vs Mukura VS&L, Gicumbi Stadium – 15.00
Musanze FC vs Gasogi United, Musanze Stadium – 15.00
Police FC vs Rutsiro FC, Kigali Stadium – 15.00

Abakinnyi batemerewe kugaragara kuri uyu mukino w’umunsi wa 13:
1. RUBONEKA Jean Bosco – APR FC
2. OSALUWE Olise Raphael – Bugesera FC
3. RUCOGOZA Elias – Bugesera FC
4. TWAGIRIMANA Fulgence – Espoir FC
5. AGLEBAVOR Peter – Etoile de l’Est FC
6. GARIA Paul Laab – Gicumbi FC
7. KAREMA Eric – Gorilla FC
8. KIMENYI Yves – Kiyovu SC
9. MFITUMUKIZA Nzungu – Marine FC
10. MUGIRANEZA Frodouard – Marine FC
11. HABAMAHORO Vincent – Mukurs VS&L
12. MURENZI Patrick – Mukura VS&L
13. TURATSINZE John – Police FC
14. MUGIRANEZA Jean Claude – Rutsiro FC

2022-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

Editorial 10 Oct 2025
Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Editorial 18 Nov 2024
Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe

Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe

Editorial 07 Feb 2022
Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Editorial 19 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye isiganwa Singapore Grand Prix 2022 ryatwawe na Sergio Perez
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye isiganwa Singapore Grand Prix 2022 ryatwawe na Sergio Perez

Editorial 03 Oct 2022
Perezida Kagame yafunguye Ikigo cy’Intego z’Iterambere Rirambye ku rwego rwa Afurika
Mu Mahanga

Perezida Kagame yafunguye Ikigo cy’Intego z’Iterambere Rirambye ku rwego rwa Afurika

Editorial 28 Jan 2017
Impunzi z’Abanye –Congo mu Rwanda zigaragambije zisohoka inkambi ikivunge
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Impunzi z’Abanye –Congo mu Rwanda zigaragambije zisohoka inkambi ikivunge

Editorial 20 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru