• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Editorial 24 Aug 2016 Mu Rwanda

Ishyaka CNDD-FDD ejo bundi kuwa gatandatu ryakoze ivugurura mu miterere y’inzego z’ubuyobozizi aho umwanya wa Perezida wakuweho, ikintu gishobora kuzakururira ibibazo iryo shyaka riri ku butegetsi mu Burundi.

Urwo rwego rwa Perezida w’ishyaka rwakuweho rujyana n’uwari ururiho, Pascar Nyabenda wari ushigaje hafi umwaka ngo manda ye irangire !

Urwego rwashyizweho rukaba ari narwo rukomeye kurusha izindi ni urwego rw’ubunyamabanga bukuru rukaba rwarahawe General Evariste Ndayishimiye wari uherutse gusezera mu gisirikare cy’u Burundi, ku mwanya w’umunyamabanga mukuru wungirije hatorwa Joseph Ntakarutimana.

Amakuru dukesha abanyamakuru bagenzi bacu mu Burundi ahamya yuko uko gukuraho umwanya wa Perezida w’ishyaka bwari uburyo bwa Petero Nkurunziza bwo gushaka kugabanya imbaraga za Pascari Nyabenda wari Perezida w’ishyaka akaba na Perezida w’inteko nshingamategeko.

Ayo makuru akavuga yuko Nyabenda gukurwaho uwo mwanya we Perezida w’ishyaka ntagire n’undi ahabwa mu butegetsi bwaryo bizoroha no kuba yakurwa no kuri uwo mwanya wo kuyobora inteko nshingamategeko !

Ikindi kivugwa n’uko no muyindi myanya ikomeye mu ishyaka yahawe abantu byoroshye kuba bavugirwamo na Nkurunziza ku buryo bworoshye. Ingero zitangwa ni nk’umuyobozi w’umujyi wa Bujumbura, Zenon Ndabaneze, wagize ushinzwe umutungo naho umuvugizi w’ishyaka hashyizweho Nancy Ninette Mutoni usanzwe ari umunyamabanga mu biro bya Perezida wa Repubulika !

Ababikurikiranira hafi bahamya yuko imyanya hafi ya yose mu buyobozi bwa CNDD-FDD yashyizwemo abadashidikanywaho yuko batatererana Nkurunziza niyo yaba akora ibishyira igihugu mu kaga !

-3763.jpg

Pascar Nyabenda

Na none ariko ibi byo kwigizayo bamwe uzamura abandi kandi mu buryo budasobanutse bishobora kuzatuma muri iryo shyaka rya CNDD- FDD havuka umubarere mu nini w’abarakare bahitamo kwifatanya na bagenzi babo bahisemo kwifatanya n’abo mu yandi mashyaka bakamagana manda ya gatatu ya Nkurunziza. Ibi rero byatuma umubarere w’abava muri CNDD-FDD bajya muri opozisiyo urushaho kwiyongera !

Kayumba Casmiry

2016-08-24
Editorial

IZINDI NKURU

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

Editorial 17 May 2017
Uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

Uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

Editorial 16 Oct 2017
U Budage bwashyikirije u Rwanda Twagiramungu ukekwaho Jenoside

U Budage bwashyikirije u Rwanda Twagiramungu ukekwaho Jenoside

Editorial 20 Aug 2017
Umukobwa wacitse ku icumu rya Jenoside, wiyahuye asimbutse igorofa ryo kwa Makuza yapfuye

Umukobwa wacitse ku icumu rya Jenoside, wiyahuye asimbutse igorofa ryo kwa Makuza yapfuye

Editorial 07 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo
Mu Mahanga

Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo

Editorial 16 Jan 2016
Abahoze muri FDLR birukanwe muri Congo bakomeje gutaha mu Rwanda
Mu Rwanda

Abahoze muri FDLR birukanwe muri Congo bakomeje gutaha mu Rwanda

Editorial 28 Nov 2018
Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda

Editorial 29 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru