• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Editorial 22 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu burenganzira ahabwa n’itegeko, ariko cyane cyane muri gahunda yo gutanga amahirwe ngo abanyabyaha bikosore, bongere bafatanye n’abandi kubaka igihugu, mu mpera z’icyumweru gishize Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yongeye guha imbabazi abagororwa basaga 2000, barimo n’abazwi cyane nka Emmanuel Gasana wigeze kuyobora Polisi y’uRwanda, na Edouard Bamporiki wabaye Minisitiri w’Umuco.

Iyo nkuru igisohoka, benshi mu Banyarwanda, babinyujije ku mbuga nkoranyambaga, bashimiye Umukuru w’Igihugu impuhwe n’ubushishozi bimuranga, ariko banasaba by’umwihariko Gasana na Bamporiki kutazatera inyoni ayo mahirwe, ahubwo bakazerekana ko Inkotanyi nyakuri ari iyemera guterwa icyuhagiro, igihano ntikibe umuvumo, ahubwo kikayibera imbarutso yo kuzinukwa icyakongera kuyiteranya n’Igihugu.

Abanditse ubu butumwa, ngo bakurikije uko basanzwe bazi Gasana na Bamporiki, bagaragaje ko babizeyeho umutima wo gushima no kwikosora. Icyakora, uku gukebura abagiriwe imbabazi barabishingira kubo tuzi batindijwe no kurenga umuryango wa gereza, maze bakatwereka ko aho kugororwa bagoramye kurusha mbere.

Urugero ni nka Ingabire Victoire na Paul Rusesabagina, berekanye ko kubababarira ari nko gutokora ifuku, cyangwa kuhagira ingurube yibera mu isayo!

Izi ndashima zombi Perezida Kagame yazigiriye impuhwe, azivana mu gifungo zagombaga kuzamaramo igihe kitari gito cy’ubuzima bwazo, none zasubiye mu bugambanyi bugamije kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Nyamara kandi iyo batakamba wagirango babaye abantu! Nko mu ibaruwa Rusesabagina yandikiye Perezida Kagame yemera icyaha akanagisabira imbabazi, yarahiraga ko atazongera kugaragara mu migambi mibisha nk’iyo ubutabera bwari bwamuhaniye. Nyamara ubu uwo mugome ntasiba mu manama no mu bitangazamakuru mpuzamahanga avuga ko yarenganye, anashishikariza abandi kujya mu mitwe igambiriye kugirira nabi Perezida Kagame wamukuye ahakomeye.

Uyu Rusisibiranya yirirwa akwiza ibinyoma ngo yafungiwe “mu ibagiro”, yirengagije ko ubwo yari muri gereza ya Mageragere yasuwe n’amacuti ye, akibonera, ndetse akayibwirira ko afashwe neza cyane.

Umunyarwanda ati” bazirunge zange zibe isogo”! Ingabire Victoire nawe ntiyitaye ku neza yagiriwe. Reka da! Ingabire ntiyatezutse ku kugambanira uRwanda n’abayobozi barwo, abinyujije mu ishyaka rye FDU/FDLR, ku mizindaro ye nk”uwo yise “Imbaritso ya Demokarasi”, za BBC- Gahuzamiryango, VOA n’abandi bashishikajwe no kubona Abanyarwanda bongeye kumarana. Nta munsi wira Ingabire Victoire ateretse uwamufunguye ko yamwibeshyeho, ko umutuzo w’Abanyarwanda umubangamiye cyane.

Ubundi umuntu ushyira mu gaciro azi ko kugirirwa imbabazi na Perezida wa Repubulika atari amahirwe aza kenshi, cyangwa abonwa na benshi. Niyo mpamvu uwo asekeye aba akwiye kuyasigasira, akirinda icyakongera kumugusha mu byaha. Keretse wiyemeje kuba “mpanavuba” nka Rusesabagina na Ingabire, kandi ntibihira benshi.

Niyo mpamvu aba basaga 2.000 bagize uyu mugisha wo kuva muri gereza batarangije ibihano, basabwa kwerekana ko bahindutse koko. Bakaba intangarugero mu bo basanze, kuko ari byo bizatuma bakirwa neza, ntibafatwe nk’ibicibwa, ahubwo bagafashwa kugera kubyo abandi bagezeho mu gihe bari mu igororero.

2024-10-22
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020,  yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020, yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga

Editorial 02 Apr 2020
Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo

Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo

Editorial 13 Mar 2021
Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yageze i Kigali

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yageze i Kigali

Editorial 06 Sep 2018
Gasogi United yatangaje umugande Kiwanuka Paul nk’umutoza wayo w’agateganyo, imikino y’ibirarane yarangiye amakipe yose anganyije

Gasogi United yatangaje umugande Kiwanuka Paul nk’umutoza wayo w’agateganyo, imikino y’ibirarane yarangiye amakipe yose anganyije

Editorial 04 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta
UBUKUNGU

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Editorial 18 Jan 2017
APR FC yasabye imbabazi abafana bayo nyuma y’umukino yanganyijemo na Kiyovu Sports ubusa ku busa
Amakuru

APR FC yasabye imbabazi abafana bayo nyuma y’umukino yanganyijemo na Kiyovu Sports ubusa ku busa

Editorial 25 Oct 2025
Impuguke za Loni zashyize hanze amayeri Tshisekedi yifashishije ngo FDLR ye idahungabana
Amakuru

Impuguke za Loni zashyize hanze amayeri Tshisekedi yifashishije ngo FDLR ye idahungabana

Editorial 09 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru