• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Impamvu 10 Perezida Kagame yakomeza akayobora nyuma ya 2017

Impamvu 10 Perezida Kagame yakomeza akayobora nyuma ya 2017

Editorial 31 May 2017 POLITIKI

Pacifique RURANGWA ni umwanditsi w’iki gitekerezo. Ni Umunyarwanda uba mu gihugu ukurikiranira hafi Politiki y’igihugu. Yahawe igihembo na Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda (NCHR) cy’uwanditse inyandiko yahize izindi ku bwisanzure bwo gusenga (article on freedom for worship) mu Rwanda (2016).

Ubwo Perezida Kagame yatangiraga kuyobora u Rwanda mu nzibacyuho, mu w’ 2000, yasezeranyije byinshi birimo komora ibikomere by’u Rwanda, guteza imbere imiyoborere myiza, kuzamura imibereho y’abaturage no gutangiza icyerekezo kizageza u Rwanda ku kuba igihugu gifite ubukungu buciriritse bitarenze 2020.

Kuva mu mwaka wa 2000, U Rwanda rwageze kuri byinshi byiza haba mu bukungu, imiyoborere myiza, ubutabera, imibereho myiza y’abaturage, umutekano n’ibindi byinshi byose bitanzwemo umurongo n’umukuru w’igihugu.

Itegeko nshinga kandi ryavuguruwe muri 2015 riha ububasha nyakubahwa perezida wa repubulika Paul Kagame bwo kwiyamamariza indi manda mu matora azaba muri uyu mwaka muri uyu mwaka.

Muri iyi nyandiko yanjye ndagaragaza ibintu icumi (10) bituma nyakubahwa perezida wa Paul Kagame akwiye kongera gutorerwa kuyobora igihugu mu matora twimirije imbere aha muri Kanama 2017.

1.Yagabanije ubukene: Mu myaka 10 ishize guverinoma ya nyakubahwa Paul Kagame yabashije gukura abarenga miliyoni y’abanyarwanda munsi y’umurongo w’ubukene. Ibi byatewe na pororgaramu zitandukanye zashyizweho zigamije gukura abantu mu bukene nka gahunda ya girirnka,VUP, bye bye nyakatsi, gahunda y’ingoboka kubageze mu zabukuru n’izindi nyinshi.

2.Yashyize imbere ubumwe n’ubwiyunge bw’abanyarwanda: Ubu igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge mu banyarwanda kigeze kuri 92.5% nkuko byemezwa na komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge (2016). ubu abanyarwanda ni umuntu umwe,nta macakubiri ashingiye ku kintu icyo ari cyo cyose. Umuntu rero wabashije kongera kubanisha abanyarwanda nyuma y’imyaka 23 habaye jenoside ubu bakaba babanye neza batishishanya, ntawashidikanya ko akwiriye gukomeza kuyobora ngo ubu bumwe n’ubwiyunge bukomeze gushinga imizi ihamye mu banyarwanda.

3.Yabanishije neza u Rwanda n’amahanga: kuva aho Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul kagame atangiriye kuyobora u Rwanda mu 2000 kugeza ubu, igihugu cyafunguye za ambasade nyinshi hirya no hino ku isi. Ibi byatumye u Rwanda rumenyekana mu ruhando mpuzamahanga. Umubano mwiza kandi n’andi mahanga byahesheje igihugu cyagu agaciro, isura y’igihugu igenda ihinduka nziza kurushaho.

Ibi kandi bigaragarira mu nama zikomeye igihugu cyacu cyagiye cyemererwa kwakira, nk’ubu vuba aha navuga nk’inama y’abakuru b’ibihugu bya Africa (African union summit), world economic forum, ntibagiwe n’amarushanwa mu mikino itandukanye yagiye abera mu Rwanda (nka CHAN, Can U-20 n’ayandi).

4.Umutekano w’imbere mu gihugu: Iyo urimo gutembera nta nkomyi nijoro mu bice bitandukanye by’igihugu cyacu, niho ubona ko mu by’ukuri u Rwanda ari igihugu gifite umutekano. Umutekano kandi mu Rwanda ni umusingi w’iterambere. Nyakubahwa Paul Kagame ahamya ko agomba guha abanyarwanda umutekano kuneza no ku ngufu nkuko aherutse kubitangariza mu muhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bakuru ku italiki ya 8 Gashyantare 2017.

Yahinduye u Rwanda kandi igihugu umuntu abamo nta rwicyekwe cyangwa abarira iminsi ye ku ntoki (yibwira ko nibwira Atari buramuke cyangwa niburamuka butari bwire) nk’uko byigeze kubaho mu myaka 23 ishize. Umuyobozi nk’uyu rero ntawashidikanya ko abereye u Rwanda.

5.Yabyaje umusaruro ukwihuriza hamwe kw’ibihugu bya Africa y’iburasirazuba (East African integration): Kwinjira mu muryaryango wa afurika y’iburasirazuba ni ukureba kure k’ubuyobozi burangajwe imbere na nyakubahwa Paul Kagame. Ubu abanyarwanda babasha kujya muri Uganda na Kenya ukoresheje indangamuntu gusa. Nyuma yo kwinjira muri uyu muryango kandi ubucuruzi bwarorohejwe, gasutamo zirahuzwa, byatumye abanyarwanda cyane cyane abikorera bungukira byinshi muri uyu mu ryango

6. Yahaye umugore ijambo: Ku isi yose nta wutazi ko u Rwanda ari cyo gihugu gifite umubare mwinshi mu nteko ishinga amategeko (64%) ibintu bitigeze biba ahandi hose mu mateka y’isi. Ibi bifite inkomoko mu itegeko ryanshyizweho na nyakubahwa Paul kagame rigena ko mu nzego zifata ibyemezo abagore bahabwa nibura 30% nyamara mu nteko ishinga amategeko abagore barenze kuri iki gipimo kure. Mu Rwanda kandi ntawugihohotera umugore ngo bimworohere. Uwasubijwe agaciro na nkakubahwa Paul kagame rero ntiyabyiyibagiza.

7.Ukungana kw’abanyarwanda bose: Ubu mu Rwanda ntamuntu w’intakorwaho ubaho. abanyarwanda bose barangana, ntawuri hejuru y’amategeko. Uku kungana kw’abanyarwanda bose byakozwe na nyakubahwa Paul Kagame bituma umuyobozi wese abazwa ibyo akora amakosa akayabazwa kandi akayahanirwa hahitawe kuwo ari we. Uku kudatonesha rero kwa nyakubahwa Paul Kagame bimugira umuyobozi w’ibihe byose.

8. Yahaye ijwi umuturage:
Ubuyobozi bukorera kandi bushingiye kubaturage (People centered leadership), ni inkingi ya mwamba mu buyobozi bwa nyakubahwa Paul Kagame. Ibi bituma abaturage bagira ijambo n’uruhare kubibakorerwa. Ni uburenganzira bw’abanyarwanda bose kuvuga ibibakorerwa haba kubitagenda cyangwa kubikorwa nabi. Umuyobozi rero ushyira inyungu z’abaturage imbere akwiriye guhora imbere.

9.Yahaye igihugu icyerecyezo n’umurongo bihamye: Icyerekezo 2020, icyerekezo 2050, gahunda y’imbatura bukungu n’izindi, ni gahunda zigaragaza icyerecyezo n’umurongo bihamye nyakubahwa Paul Kagame yahaye igihugu. Kugira umuyobozi rero ufite icyerekezo ni amahirwe abanyarwanda bafite kd badashobora kwirengagiza.

10.Yeteje imbere byihuse igihugu: Mu myaka 15 ishize U Rwanda rwagize iterambere ryihuse cyane. Iyo turebye ibikorwa remezo byubatswe hirya no hino mu gihugu, urwego rw’imigi mu Rwanda, u rwego ikoranabuhanga mu Rwanda rigezeho, izamuka ry’ubukungu bw’igihugu n’ibindi bikwereka uko igihugu cyateye imbere mu buryo bwihuse, byose birangajwe imbere n’intore izirusha intambwe Nyakubahwa Paul Kagame.

-6747.jpg

Umwanzuro

Iyi mihigo 10 yeshejwe na Nyakubahwa Perezida wa repubulika Paul Kagame kuva atangiye kuyobora, ni impamvu zikomeye zashingirwaho zemeza ko akwiriye gukomeza koyobora u Rwanda. Nyakubahwa Paul kagame kandi akwiriye gukomeza kuyobora kugirango ashimangire ibyagezweho no kurinda ko bisubira inyuma.

2017-05-31
Editorial

IZINDI NKURU

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Editorial 06 Nov 2017
Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Editorial 14 Aug 2025
Trump yashyize yemera ko Abarusiya bari bemeye gutanga amakuru kuri Clinton

Trump yashyize yemera ko Abarusiya bari bemeye gutanga amakuru kuri Clinton

Editorial 07 Aug 2018
Ghana ikeneye umuyobozi w’umunyabwenge nka perezida Kagame – Prof. Ransford Gyampo

Ghana ikeneye umuyobozi w’umunyabwenge nka perezida Kagame – Prof. Ransford Gyampo

Editorial 11 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije
Mu Mahanga

Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije

Editorial 21 Jan 2016
Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi
Mu Mahanga

Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi

Editorial 01 Apr 2016
Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 
Amakuru

Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Editorial 26 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru