• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Editorial 07 Sep 2019 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko yafashe icyemezo cyo gusesa Ikigo cy’Imari CAF Isonga Ltd, nyuma y’aho kitagishoboye gusubiza abacyiganaga amafaranga yabo y’ubwizigame cyangwa kwishyura abo kibereyemo imyenda.

Mu itangazo ryashyizweho umukono na Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, Dr Monique Nsanzabaganwa, rigaragaza ko abari barabikije muri CAF Isonga hafi ya bose bazasubizwa ubwizigame bwabo.

Ikibazo cya CAF Isonga cyatangiye kumvikana cyane mu 2016 ubwo iki kigo cyatangiraga gufunga imiryango mu turere twa Muhanga, Kamonyi, Nyanza, Ruhango na Rulindo.

Abaturage babitsaga n’abagihemberwagamo bavugaga ko bahangayikishijwe bikomeye no kutabona amafaranga yabo nyuma y’uko gifunze mu buryo butunguranye.

Uwitwa Twagirayeze wakoraga akazi k’ubukarani mu Mujyi wa Muhanga wakibitsagamo, yabwiye IGIHE ko iki kigo cyari kimubikiye amafaranga agera ku bihumbi magana abiri na bitanu.

BNR ivuga ko “ishingiye ku ngingo ya 79, igika cya 3 cy’itegeko No 40/2008 ryo ku wa 26/8/2008 rigena imitunganyirize y’imirimo y’imari iciriritse, yafashe icyemezo cyo gusesa CAF ISONGA Ltd, uhereye ku wa 6 Nzeri 2019.”

BNR yavuze ko iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kubona ko CAF ISONGA Ltd yakoreraga mu turere twa Muhanga ari naho yari ifite icyicaro, Kamonyi, Nyanza na Ruhango mu Majyepfo ndetse na Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru, itagishobora gusubiza abayigana amafaranga yabo y’ubwizigame cyangwa kwishyura abo ibereyemo imyenda.

BNR yatangaje ko kubera iyi mpamvu, yahaye inshingano ACHIVA TRUST Ltd ihagarariwe na Nyiraminani Thabee zo gusesa CAF Isonga Ltd, akaba agomba gutegura no gushyikiriza Banki Nkuru y’u Rwanda mu gihe kitarenze iminsi mirongo ine urutonde rw’abantu bose bari bafitemo ubwizigame, kugira ngo babusubizwe mu gihe kitarenze iminsi mirongo itandatu uhereye tariki 6 Nzeri 2019.

BRN yavuze ko hazifashishwa ikigega cy’ubwishingizi bw’amafaranga yabikijwe mu mabanki no mu bigo by’imari iciriritse (Deposit Guarantee Fund).

Ku bari barabikije muri CAF Isonga Ldt, Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje ko hafi ya bose bazasubizwa ubwizigame bwabo bwose.

Yagize ati “Abari barabikije muri CAF ISONGA Ltd hafi ya bose bazasubizwa ubwizigame bwabo bwose hifashishijwe Ikigega cy’ubwishingizi (DGF), naho azasigara azishyurwa hifashishijwe amafaranga azaturuka mu iseswa ry’icyo kigo.”

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi yibukije abantu bose bafitiye CAF Isonga Ltd inguzanyo batarishyura ko bakwihutira kwishyura izo nguzanyo bahawe, kugira ngo bitababuza amahirwe yo kongera kubona inguzanyo mu bigo by’imari cyane cyane ko amakuru yose y’imyenda bafashe, yamaze gushyirwa mu kigo gishinzwe gukusanya amakuru ku myenda itangwa n’ibigo by’imari.

BRN yatangaje ko kugeza ubu urwego rw’imari mu Rwanda ruhagaze neza, rutajegajega.

Akarere ka Muhanga nako gaherutse gutangaza ko ihagarikwa rya CAF Isonga ryakuruwe na cyamunara y’ibikoresho byayo nyuma yo gutsindwa urubanza umwe mu bakiriya bayo yayiregagamo.

Umuyobozi wa CAF Isonga, Kalisa Callixte, we yemeye ko koko ibibazo muri CAF isonga byatangiye kera biturutse ku bwumvikanye buke bw’abanyamigabane. Ariko ngo imbarutso yo kuyifunga ni umwe mu banyamuryango babo wafashe inguzanyo ya miliyoni 7 n’ibihumbi 600 atinda kwishyura biteza ikigo igihombo.

Uyu ngo yaje guhagarikwa ajyanwa mu nkiko aratsindwa, ariko nyuma na we ajya kurega iki kigo ku bw’imigabane yashoyemo nk’umunyamuryango, aho yavugaga ko yanirukanywe mu buryo bunyuranyije n’amategeko maze aragitsinda gitegekwa kumwishyura miliyoni zirenga 25 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ngo yagombaga kwishyurwa bitarenze mu Gicurasi 2016 ariko yazanye umuhesha w’inkiko mbere y’igihe batwara ibintu by’iki kigo birimo imodoka na moto ebyiri.

Src: IGIHE

2019-09-07
Editorial

IZINDI NKURU

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

Editorial 26 Jun 2018
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Editorial 19 Nov 2019
BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

Editorial 26 Nov 2018
Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Editorial 05 Oct 2018
BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

Editorial 26 Jun 2018
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Editorial 19 Nov 2019
BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

Editorial 26 Nov 2018
Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Editorial 05 Oct 2018
BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

Editorial 26 Jun 2018
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Editorial 19 Nov 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru