• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu Canada yaba yaremeye gukura amaboko ku mukandida wayo igashyigikira Mushikiwabo

Impamvu Canada yaba yaremeye gukura amaboko ku mukandida wayo igashyigikira Mushikiwabo

Ubwanditsi 12 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Ku wa 9 Ukwakira 2018 nibwo inkuru yamamaye ko Canada itagishyigikiye Michaëlle Jean uhatanye na Mushikiwabo Louise ku Bunyamabanga Bukuru bw’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF.

Icyizere cya Michaëlle cyayoyotse nyuma yuko Canada yabayemo Guverineri (2005-2010) n’Intara ya Québec avukamo bitangaje ko bizashyigikira Mushikiwabo uyobora Ububanyi n’Amahanga bw’u Rwanda kuva mu 2009.

Amatora ateganyijwe kuri uyu wa 12 Ukwakira 2018 mu isozwa ry’inama ya OIF iteraniye i Erevan muri Arménie.

Muri iyi nama kandi Arabie Saoudite yari yasabye kwinjira muri OIF yakuyemo ubusabe bwayo.

Iki gihugu cyagiranye amahari na Canada cyirukana Ambasaderi wayo. Cyanasheshe amasezerano mu by’ubucuruzi n’ishoramari nyuma y’uko Canada ivuze ku mpirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu cyafunze.

Minisitiri wa Canada ushinzwe Ubukerarugendo, Indimi na OIF, Mélanie Joly, yatangaje ko batagishyigikiye Michaëlle ahubwo bari inyuma ya Mushikiwabo.

Irindi tangazo ni irya Québec ryavuze ngo ‘‘Minisitiri w’Intebe François Legault ntazashyigikira ukongerera manda Michaëlle Jean ku Bunyamabanga bwa OIF.”

Michaëlle anengwa gukoresha nabi umutungo wa OIF. Bivugwa ko yashyize ibihumbi $500 mu kuvugurura inzu abamo i Paris, anagura ‘piano’ y’ibihumbi $20.

Icyemezo cy’ibi bihugu cyahujwe no kwiyunga kuri Afurika no gushyigikira amaraso mashya ya Mushikiwabo.

Inzobere ku Mibanire Mpuzamahanga muri Kaminuza y’Ubushakashatsi ya Montreal, Jocelyn Coulon, yatangaje ko Canada yamushyigikiye inatumbiriye imbaraga za Afurika zayisubiza mu Kanama gashinzwe Umutekano ka Loni gashinzwe amahoro ku Isi.

Ati “Ubu Canada, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga bikwiye kwibanda ku ntego zirambye [nko kujya mu kanama ka Loni]).

Mushikiwabo ashyigikiwe na AU (ifite amajwi 29) ndetse na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, uyobora igihugu gifite ijambo muri OIF.

Mu bihugu 84 bigize OIF, 58 byemerewe gutora mu gihe 26 ari indorerezi.

Kwiyunga kwa Canada kuri ibi bihugu bisobanuye byinshi kuri iki gihugu gishaka kwinjira mu kanama ka Loni muri manda y’imyaka ibiri izatangira ku wa 1 Mutarama 2021.

Canada ihanganiye imyanya ibiri na Norvège na Ireland. Amatora azabera mu Nteko Rusange ya 75 mu 2020. Gutsindira umwanya bizasaba Canada gutorwa n’ibihugu 129 muri 193. Muri byo Afurika ihagarariwe na 54.
Amabwiriza y’aka kanama agena ko ibihugu icumi bisimburana byiyongera kuri bitanu bihoraho birimo u Bushinwa, u Bufaransa, u Burusiya, u Bwongereza na Leta zunze ubumwe za Amerika.

Iki gihugu cyatorewe kwinjiramo inshuro esheshatu ariko kiza gutsindwa mu 2010 ku butegetsi bwa Minisitiri w’Intebe, Stephen Harper. Abasesenguzi babyegetse kuri dipolomasi itaboneye no kugabanya inkunga ku bihugu bya Afurika.

Ibyo bigatuma hari abakeka ko Canada ishaka kugaragaza ko yiteguye gukora ibishoboka byose igashyigikira ibihugu bya Afurika, yiteze ko nayo aho bikenewe izabona amajwi yabyo.

Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau aganira na Michaëlle Jean

Mu ijambo rye mu itangizwa ry’Inama ya OIF, Michaël Jean yavuze ko uyu muryango urimo ubwumvikane bw’amatsinda mu nyungu zayo

2018-10-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurambo wa Hubert Gashagaza wari umupolisi mukuru wasanzwe mu modoka, bikekwa ko yishwe

Umurambo wa Hubert Gashagaza wari umupolisi mukuru wasanzwe mu modoka, bikekwa ko yishwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018
Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 20 Sep 2021
Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ubwanditsi 04 Oct 2023
CIBITOKE : Abasore 2 mu ngabo za FLN  bishwe bacibwa  imitwe n’ubuyobozi bwabo.

CIBITOKE : Abasore 2 mu ngabo za FLN bishwe bacibwa imitwe n’ubuyobozi bwabo.

Ubwanditsi 28 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa
Amakuru

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

RUSHYASHYA 28 Apr 2026
Guverinoma ya Uganda irateganya kwirukana impunzi z’Abanyarwanda
Mu Mahanga

Guverinoma ya Uganda irateganya kwirukana impunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 15 Nov 2018
Gicumbi: Bane bafatiwe mu mukwabu wa Polisi bari mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Gicumbi: Bane bafatiwe mu mukwabu wa Polisi bari mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru