• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Editorial 03 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Namenye Dr Christopher Kayumba guhera muri za 90 twembi twari tukiri bato, turimo kugira uruhare mu kuzahura urwego rw’itangazamakuru, rwo kimwe n’izindi zose, rwari rwarashegeshwe n’intambara na Jenoside.

Icyo gihe Chris yari akiri umunyeshuri, akora mu itangazamakuru abifatanya n’amasomo, mu kinyamakuru gito twakoragaho cyitwaga Newsline, cyasohokaga buri kwezi.

Nahamya ko Kayumba ari umugabo w’umuhanga. Nanaba umuhamya w’uko ibisindisha byagize ingaruka zikomeye kuri bwa buhanga. Nta muntu ndi gucira urubanza, Chris cyangwa undi uwo ari we wese uhanganye n’ingaruka zo kunywa akarenza urugero.

Ndifuza gutanga igitekerezo mu kiganiro cyazamuwe ku butumwa umwarimu muri UNR yanditse kuri Twitter ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ashinja Polisi akarengane avuga ko yamugiriye.

Polisi yasubije ku magambo akomeye yandikaga kuri Twitter, imusaba kunyuza akababaro mu nzira zikwiye, isoza imuha nimero ya telefoni yahamagaraho.

Byarakomeje, Kayumba avuga ibirego, ibyinshi bidafitanye isano nini n’impamvu yavugaga y’ugushyamirana kwe n’uru rwego nyubahirizategeko.

Aha ho ndareka Polisi yivuganire.

Icyantunguye cya mbere ni uburyo tweet ya mbere ya Kayumba, mu byo yavugaga harimo ko atagifite ubwisanzure bwo gutwara imodoka. Hari 10:12 za mu gitondo, ku wa Gatandatu tariki 29 Nzeri 2018. Iyo tweet ndayifite kuri WhatsApp yanjye.

Ni ibiki Dr. Kayumba yakoraga ahanganye na polisi mu gitondo cyo ku wa Gatandatu wa nyuma wa Nzeri, igihe abanyarwanda benshi bari bahugiye mu Umuganda? Narabyibajije.

Amashusho aheruka amugaragaza ashyamiranye na Polisi yandenze ubwenge.

Muri ayo mashusho ubona Kayumba udandabirana, yambaye umupira n’ipantaro ya siporo, bigaragara ko yasinze cyane, aterana amagambo n’abapolisi, ava ku mupolisi umwe ajya ku wundi. Ababwira nabi ku mpamvu zifitanye isano n’imodoka ye.

Abapolisi bagaragara bashaka kumwumvisha impamvu y’ibyabaye, ariko uko bagerageza kuvuga cyane ariko abacecekesha, we agashinja abo bapolisi kwiyoberanya ahubwo akabasaba amakarita abaranga!

Anagaragara areba abamotari n’abandi bantu baba bashungereye, akababwira ibibazo bye n’abo bapolisi. Abamotari bo baraseka bagahita bigendera.

Nyuma bigaragara abapolisi bamufashe bakamujisha, bakamuryamisha hasi.

Nyuma yo kubona ibyo, umuntu yakwibaza uko biba byaragenze hagati y’abapolisi na Chris ku wa Gatandatu; cyangwa uko yari amerewe muri icyo gihe.

Mu mashusho navuze yatonganiraga imodoka ye. Iperereza ryerekanye ko abapolisi bashakaga kumubuza gutwara bitewe n’uko yari ameze. Ikigaragara ni uko ubushishozi bw’abapolisi bwatumye babimubuza ari bwo bwamuteye kumera kuriya.

Ikibazo umuntu yakwibaza, niba Chris yanditse kuri twitter ko “nta bwisanzure afite bwo gutwara imodoka muri iki gihugu”, ni cyo kibazo koko, cyangwa nabwo polisi yaravuze ngo oya nta mpamvu yatuma utwara imodoka wasinze bigeze aha!?

Ndihanganisha inshuti yanjye ya kera, ariko reka turase ku ntego hano. Abantu bihutiye kuvuga ngo hari ikintu gishobora kuba gihari; cyaba cyihishe inyuma y’ibikorwa biheruka bya Prof. n’inzego z’umutekano.

Ariko ukuri kubabaje kwa Chris ni uko polisi yagaragaje ubwitonzi bwinshi kuri we mu gihe cyashize. Kunywa inzoga akarenza byatumye ahura n’ibibazo byinshi. Ata umurongo, akarwana ndetse akajya mu bindi bikorwa bibi.

Ubuzima bwe bwite bwarangiritse muri iyi myaka ishize, kandi byose byagize ingaruka ku izina rye.

Abantu batandukanye bazagerageza guhuza ibyo ari gucamo n’impamvu za politiki bagendeye ku byo yanditse kuri twitter, ashinja ubutegetsi ibyaha byose bishoboka.

Ariko iyo abo bantu baba inshuti nyazo za Kayumba cyangwa bamuhangayikiye nk’uko babyerekana, bari kuba baganira uko bamutandukanya n’icupa. Burundu.

Ikiruta ibindi, bakwiye kuba bavuga uburyo akeneye kwitabwaho cyangwa gufashwa n’inzobere kugira ngo atandukanye no kurarikira ibisindisha.

Umuntu yakwizera ko azabona umuti n’amahoro, igihe kimwe mu buzima bwe.

Shyaka Kanuma Umwanditsi ni impuguke mu itangazamakuru i Kigali

2018-10-03
Editorial

IZINDI NKURU

DRC : Abapadiri n’ abayoboke ba Kiliziya Gatolika bamagana Joseph Kabila bari mu mazi abira

DRC : Abapadiri n’ abayoboke ba Kiliziya Gatolika bamagana Joseph Kabila bari mu mazi abira

Editorial 07 Feb 2018
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Editorial 21 Aug 2024
Uganda: Abasirikare bakubise umunyamakuru wa Reuters (Video)

Uganda: Abasirikare bakubise umunyamakuru wa Reuters (Video)

Editorial 22 Aug 2018
Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Editorial 27 Mar 2020
DRC : Abapadiri n’ abayoboke ba Kiliziya Gatolika bamagana Joseph Kabila bari mu mazi abira

DRC : Abapadiri n’ abayoboke ba Kiliziya Gatolika bamagana Joseph Kabila bari mu mazi abira

Editorial 07 Feb 2018
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Editorial 21 Aug 2024
Uganda: Abasirikare bakubise umunyamakuru wa Reuters (Video)

Uganda: Abasirikare bakubise umunyamakuru wa Reuters (Video)

Editorial 22 Aug 2018
Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Editorial 27 Mar 2020
DRC : Abapadiri n’ abayoboke ba Kiliziya Gatolika bamagana Joseph Kabila bari mu mazi abira

DRC : Abapadiri n’ abayoboke ba Kiliziya Gatolika bamagana Joseph Kabila bari mu mazi abira

Editorial 07 Feb 2018
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Editorial 21 Aug 2024
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. humura
    October 5, 20187:43 am -

    umuntu niwe ugomba kwifatira umwanzuro wo kugabanya kumwa inzoga kuko iyo utazigabanyije zigeraho zika kwandagaza, zikagushyira mukaga rero nibyo byabaye kuri Dr kayumba ariko ikibabaje nuko asinda kumubiri akaba muzima mukwandika asebya Police yacu twemera ndetse namahanga akabaye ahora ayiha ibihembo.Dr Kayumba nacishe make yumveko bibujijwe gutwara wasinze areke kuvugako abuzwa uburenganzira bwogutwara imodoka ye ahubwo ko abujijwe gutwara yasinze

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu
SHOWBIZ

Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu

Editorial 02 Jan 2018
CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda

Editorial 27 Dec 2019
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu
Amakuru

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Editorial 03 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru