• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Impamvu u Budage bwabaye indiri ya FDLR

Impamvu u Budage bwabaye indiri ya FDLR

Editorial 24 Jun 2016 ITOHOZA

Kugeza mu mwaka ushize, umutwe wa FDLR, urwanya Leta y’u Rwanda wasize ukoze jenoside mu Rwanda, wafataga u Budage nk’indiri yawo.

Umunyamakuru Simone Schlindwein wasuye abarwanyi ba FDLR ahamya ko bakunda u Budage ku buryo budasanzwe .

Ati” Benshi bafana ikipe ya Bayern Munich abandi Stuttgart, bose bazi Angela Merkel, naho bamwe bavuga ururimi rw’Ikidage.”

Ariko se ni gute umutwe w’intagondwa, ushinjwa ubugizi bwa nabi, Jenoside, ibyaha by’intambara n’iby’ibasiye inyokomuntu wiyumvamo igihugu cy’u Budage, cya mbere gikize ku mugabane w’u Burayi?

-3032.jpg

Ignace Murwanashyaka

Ibi bifite inkomoko ku wahoze ayoboye FDLR, Ignace Murwanashyaka wabaye igihe kinini mu Budage. Uyu mugabo wakatiwe gufungwa imyaka 13, yaje mu Budage mu mpera za 1980 ubwo yigaga muri kaminuza ya Bonn. Nyuma yaho yahawe ubuhungiro akomeza kuyoborera ibikorwa bya FDLR mu mujyi wa Mannheim kugeza ubwo yatawe muri yombi mu 2009.

Murwanashyaka n’umwungirije, Straton Musoni bayoboraga ibikorwa bya FDLR bakoresheje ubutumwa bugufi, ubwo kuri internet na telefoni.

Mu gitabo giherutse gusohoka, “Tatort Kongo-Prozess in Deutschland” (Crime scene Congo – Trial in Germany) abanditsi Simone Schlindwein, Dominic Johnson na Bianca Schmolze bagarutse ku marorerwa FDLR imaze imyaka 20 ikorera mu Burasirazuba bwa Congo n’isano uyu mutwe ufitanye n’u Budage.

Urukiko rwo muri Stuttgart rwakatiye Murwanashyaka gufungwa imyaka 13 kubera ibyaha by’intambara no kuyobora umutwe w’iterabwoba. Uwari umwungirije, Straton Musoni nawe yahamwe n’icyaha cyo kuyobora umutwe w’iterabwoba akatirwa gufungwa imyaka 8.

-3031.jpg

FDLR

Isano rya FDLR n’u Budage

Hashize imyaka ibarirwa mu ijana u Budage bukoronije u Rwanda. Icyo gihugu cyambuwe u Rwanda ruhabwa u Bubiligi mu 1918. Ubwo u Rwanda rwabonaga ubwigenge mu 1962, u Budage bwatangiye kugirana umubano na Leta zagiyeho nubwo zarangwaga n’irondamoko.

Muri icyo gihe Abanyarwanda benshi bagiye kwiga muri kaminuza z’u Budage, barimo na Murwanashyaka na Musoni. Harimo kandi n’uyoboye FDLR muri iki gihe, Sylvestre Mudacumura watojwe n’igisirikare cy’u Budage, Bundeswehr.

Nyuma yo gusiga bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Mudacumura na bagenzi be bagiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bamaze imyaka 22 mu bwicanyi, iterabwoba n’ubujura bw’amabuye y’agaciro, imbaho n’amakara.

Mu rubanza rwa Murwanashyaka na Musoni humvikanye ubuhamya bw’umugore wahawe izina rya Z6 wavuze uko yajombwe icyuma mu itako, agafatwa ku ngufu umugabo we areba. Uyu mugore yavuze ko umukobwa wabo w’imyaka 13 nawe yasambanyijwe n’abarwanyi batanu bikurikiranya.

Nyuma yaho ngo umuryango wabo wajyanwe mu ishyamba aho uwo mutegarugori yashowe mu bucakara bwo gusambanywa ku gahato. Yaje gutoroka nyuma y’amezi arindwi.

-3033.jpg

Impunzi na ex.FAR bahungira muri Congo

Nubwo muri urwo rubanza byagoranye kubona ubuhamya bushinja FDLR kubera amikoro , imiryango nka Human Rights Watch (HRW) isanga gukatirwa kwa Murwanashyaka na Musoni kwareretse FDLR ko nta bucuti bwihariye ifitanye n’u Budage.

Umukozi wa HRW witwa Simone Schlindwein yagize ati” FDLR yahoze ifata u Budage nk’umufatanyabikorwa wayo, hari n’ababubonaga nk’iwabo ha kabiri. Ariko ntituzemera ko ibyaha byo muri Congo biyoborerwa cyangwa bishyigikirirwa mu Budage.”

-19.gif

Gen. Mudacumura Sylivestre ushakishwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ( Uri inyuma ya Habyarimana) aha Kinani yari yasuye kurugamba, aho Inzirabwoba zarwanaga n’INKOTANYI. Hagati ni Gen. Gastari

Gufatwa kwa Murwanashyaka na Musoni kwaciye intege FDLR cyane. Ingabo za Congo, FARDC, zivuga ko zagabye ibitero kuri uyu mutwe ndetse muri Gicurasi 2016 zavuze ko zafashe umuyobozi wayo, Leopold Mujyambere.

Kuri ubu kandi uyu mutwe wacitsemo ibice, Bamwe mu barwanyi bakuru bavugwaho kwiyomora kuri FDLR bagashinga umutwe wabo, CNRD, uyobowe na Wilson Irategeka nyuma y’igitero uyu mutwe wagabye kigahitana batanu.

Amakuru avuga ko Irategeka n’umuyobozi wa FDLR, Victor Byiringiro baba barapfuye ibintu bitandukanye birimo no kwitandukanya na Gen. Mudacumura ushakishwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha.

-3030.jpg

Ignace Murwanashyaka (Iburyo) na Straton Musoni (Ibumoso) (Internet)

Source : DW.COM

2016-06-24
Editorial

IZINDI NKURU

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Editorial 03 Apr 2024
Abiyita Abanyarwanda ari abanyamahanga nibo basebya u Rwanda ku isonga Noble Marara 

Abiyita Abanyarwanda ari abanyamahanga nibo basebya u Rwanda ku isonga Noble Marara 

Editorial 08 Dec 2017
Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”

Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”

Editorial 04 Oct 2017
USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

Editorial 26 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Micho na Uganda basezeye irushanwa batageze i Kigali
IMIKINO

Micho na Uganda basezeye irushanwa batageze i Kigali

Editorial 28 Jan 2016
Nyagatare: Abagize Komite zo kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Nyagatare: Abagize Komite zo kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Editorial 26 Jan 2017
Nyaruguru:Umusaza w’imyaka 70 yiciwe iwe n’abantu bataramenyekana
Amakuru

Nyaruguru:Umusaza w’imyaka 70 yiciwe iwe n’abantu bataramenyekana

Editorial 25 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru