• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto – Rayon Sports Week, ytangiriye ku ivuko aho Gikundiro yatsindiye Gasogi 2-0   |   01 Aug 2025

  • Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?   |   31 Jul 2025

  • APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije   |   31 Jul 2025

  • Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo   |   30 Jul 2025

  • Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu   |   30 Jul 2025

  • Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere   |   29 Jul 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth

Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth

Editorial 20 Aug 2018 UBUKUNGU

Muri Mata 2018 nibwo byemejwe ko u Rwanda ruzakira Inama y’Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) yo mu 2020.

Iyi nama izwi nka CHOGM (Commonwealth Heads of Government Meeting), u Rwanda rwagiriwe icyizere cyo kuyakira nyuma y’imyaka icyenda rwinjiye muri uyu muryango. Ni iya mbere izabera mu gihugu kitakolonijwe n’u Bwongereza.

U Rwanda rwahagarariwe mu Nama yabereye mu Ngoro y’Umwamikazi w’u Bwongereza, Buckingham Palace muri Mata 2018 yanafatiwemo umwanzuro (wa 54).

Uvuga ko “Abakuru ba za Guverinoma bakiriye kandi bemera icyifuzo cya Perezida w’u Rwanda, cyo kwakira inama itaha mu 2020. Banakiriye ubusabe bwa Samoa bwo kwakira inama ya Commonwealth yo mu 2022.”

Umunyamabanga Mukuru Wungirije mu Bunyamabanga bwa Commonwealth, Nabeel Goheer, uherutse gusura u Rwanda yasobanuye impamvu bahisemo u Rwanda kuzakira inama ya 26 y’uyu muryango.

Yagize ati “Igihugu cyateye imbere bidasanzwe! Umuntu wese uvuga iterambere ntiyakwirengagiza uko u Rwanda rwagaragaje imbaraga mu guhindura igihugu cyashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”

“Ahantu mwanyuze kugira ngo mube igihugu cy’igihangange ku buryo bufatika kandi bugaragarira Isi yose ni harehare. Uburyo bw’imiyoborere n’uko ibigo bigenzura imikorere biratangaje. Ibi bituremamo icyizere ko mufite ubushobozi bwo kwakira inama yaCHOGM neza.”

Yavuze ko nubwo u Rwanda rwinjiye muri Commonwealth mu 2009, rwagutse bwangu ndetse rugirirwa icyizere na Afurika.

Yavuze ko, “Mu 2011 cyari igihe cya Afurika cyo kujya ku buyobozi bw’Inama ya Commonwealth i Londres. Afurika yahisemo u Rwanda mu bihugu birimo Afurika y’Epfo, Tanzania, Kenya ngo ruyihagararire ku buyobozi bwa Board of Governors (ihuza abahagarariye guverinoma, ba ambasaderi baba i Londres, abahagarariye Sosiyete Sivile n’umunyamabanga mukuru wa muri Commonwealth).”

Goheer umaze imyaka 30 akorana bya hafi n’u Rwanda, yavuze ko Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Yamina Karitanyi, akora akazi kadasanzwe mu migendekere myiza y’imirimo ashinzwe no gusigasira isura y’igihugu.

Yanakomoje ku bayobozi bo mu bice bitandukanye by’Isi barimo Donald Kaberuka wayoboye Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD).

Yagize ati “Nkunda kuvuga ko u Rwanda rwazamutse neza ku ruhando mpuzamahanga. Mbikuye ku mutima navuga ko mufite ubushobozi kuva mu muyobozi, ibigo, kandi abaturage bo muri iki gihugu baratuje, barakorana kandi twizeye ko dufatanyije inama ya CHOGM izaba idasanzwe ku buryo bitazorohera ibindi bihugu kubigeraho.”

Commonwealth ntitewe impungenge n’inama izabera mu Rwanda

Goheer aheruka mu Rwanda mu ntangiriro za Kanama mu rugendo rwo kureba aho imyiteguro yo kwakira Commonwealth igeze yaganiriye n’abayobozi barimo Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB), Prof. Shyaka Anastase, amwizeza ko kuba iyi nama izabera mu Rwanda nta mpagarike biteye.

Yagize ati “Mu bijyanye no gushaka ibisubizo, ntidushidikanya ko ubuyobozi bw’iki gihugu buzafasha mu migendekere myiza y’Inama ya CommonWealth.”

“Dufite icyizere gihagije. U Rwanda ruzabera urugero ibihugu biri muri uyu muryango rute? Twizeye ko nk’igihugu kiyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kiri gushyira mu bikorwa izo nshingano ariko uwo ni umugabane umwe mu gihe Commonwealth ihuriyemo yose. Ubuyobozi bw’u Rwanda bwagaragaje ko bwabishobora.”

Goheer yavuze ko umusaruro w’inama yabereye mu Bwongereza wabaye mwiza ariko bizeye ko iyo mu Rwanda ishobora kuzana urenze.

Commonwealth ni umuryango ugizwe n’ibihugu 53, bifite abaturage miliyari 2.3 bangana na 1/3 cy’abatuye Isi.

U Rwanda ni igihugu cya gatandatu kizakira iyi nama muri Afurika nyuma ya Zambia (1979), Zimbabwe (1991), Afurika y’Epfo (1999), Nigeria (2003) na Uganda (2007).

Inama iheruka ya Commonwealth yabaye ku wa 19 Mata 2018

Inama ya Commonwealth yitabirwa n’abayobozi bakomeye baturuka mu bice bitandukanye by’Isi

Ubwo Perezida Kagame yitabiraga inama ya Commonwealth muri Mata 2018

Ni ibintu bikomeye kuba u Rwanda rwaragiriwe icyizere cyo kwakira inama ya Commonwealth mu 2020

2018-08-20
Editorial

IZINDI NKURU

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Editorial 08 Oct 2018
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Editorial 09 Jan 2019
U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

Editorial 29 Aug 2018
Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Editorial 16 Dec 2018
Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Editorial 08 Oct 2018
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Editorial 09 Jan 2019
U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

Editorial 29 Aug 2018
Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Editorial 16 Dec 2018
Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Editorial 08 Oct 2018
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Editorial 09 Jan 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru