• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

Editorial 19 Jun 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda, POLITIKI

Ingabire Victoire, umugore wokamwe n’amacakubiri, umaze imyaka irenga 31 ashishikajwe no kugarura leta ishingiye kuri Hutu pawa yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 aho na nyina umubyara Therese Dusabe yoretse imbaga mu cyahoze ari komini Butamwa warusize yoretse imbaga muri Butamwa. Sibyo gusa kuko nyuma yo gusaba imbabazi umukuru w’igihugu akanazihabwa, yakomeje ku garagara mu byaha bikomeye byatuma kuri ubu yakabaye ari gukuriranwa n’ubutabera ngo abiryozwe.

Ingabire yinjiye muri politiki ncuri mu 1995 ajya mu ishyaka ryitwa “Rassemblement Republicain pour la Democratie au Rwanda” (RDR) ryari rimaze gushingwa na Guverinoma ya Hutu Power yari imaze gukora Jenoside mu Rwanda. Kuva mu 1997, Ingabire yahise aribera umuyobozi mu ishami ryo mu Buholandi, naho mu 2000 yabaye Perezida w’izi nkoramaraso ku isi hose.

Ingabire yakomeje kugira akayihayiho ko kwagura ingengabitekerezo ya Hutu Power mu Rwanda, maze akigera mu Rwanda ajya gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi, akihagera mu magambo ye ati: “Nabonye urwibutso rw’Abatutsi bishwe muri Jenoside ariko sinabonye urw’Abahutu na bo bishwe.”

Icyo gihe yari aje mu bikorwa byo kwiyamamaza mu matora ya 2010 ariko ubutabera buhita butangira kumukurikirana kuri ayo magambo kugeza akatiwe. Yaje kwandikira Perezida wa Repubulika asaba imbabazi ngo afungurwe, ariko ubusabe bwe buza kwemezwa muri Nzeri 2018.

Nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Kagame yakomeje gukora ibikorwa bitemewe n’amategeko nk’umuntu wahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu. Ingabire Victoire akigera hanze ya gereza yakomeje ibikorwa bye yita ibya politike aho yivugiye ku mugaragaro ko uko yagiye muri gereza ameze ariko yasohotsemo ahubwo ari mubi kuruta uko yagiyeyo ameze.

Ingabire victoire agisohoka muri gereza yakomeje gutesha agaciro imbabazi Perezida wa Repubulika yamuhaye aho yagiye akora ibikorwa byinshi birimo gutsimbarara ku buhezanguni buri mu mutwe we tutibagiwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside; bimwe bavuga ngo akabaye icwende ntikoga niyo koze ntigashira umunuko.

Mu mwaka wa 2019 mu kwezi kwa Gicurasi ingabire yakomeje ibikorwa bye by’ubukangurambaga bugamije gushaka abanyamuryango ba cya kiryabarezi cy’ingirwa shyaka aho yitabiraye inama yari yitiriwe iyo guhura n’abayoboke b’ishyaka rye FDU-Inkingi, ritemewe mu Rwanda yabereye mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe ahazwi nka Sun City Motel. Abari bayirimo bahamije ko abantu 22 aribo bitabiriye nyuma yo guhabwa ubutumire n’uwitwa Ndatinya wababwiraga ko ari amahugurwa bagiye kwitabira nyuma bakaza guhabwa insimburamubyizi.

Umwe mu bari bitabiriye inama wahishuye amakuru, yavuze ko Ingabire yabasabye kumushakira abandi bantu binjira mu ishyaka rye rya FDU- Inkingi ariko abaha gasopo yo kutamuzanira abatutsi kimwe mu bikorwa bigaragaza agasuzuguro gakomeye Ingabire victoire yahaye imbabazi yahawe na Perezida Kagame. Ikindi ni uko ubuhezanguni bw’amoko bwamwaritsemo kandi bikaba bigize icyaha cyo guhembera urwango n’amacakubiri kandi bikaba gihanwa n’amategeko. Nyuma yuko bimenyekanye yahise ashinga DALFA-Umurinzi, nayo yakoreyemo ibyaha byinshi byakabaye yarakurikiranwe n’ubutabera.

Mu manza zitandukanye, izina Ingabire Victoire ryakomeje kugaruka mu rubanza rw’abantu icyenda (9) baregwa umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi badakoresheje inzira y’intambara. Ubushinjacyaha buvuga ko abo bantu icyenda (9) bagiye bagirana ibiganiro na Ingabire ukuriye ikiryabarezi DALFA-Umurinzi yashinze. Ubushinjacyaha kandi buvuga ko Ingabire yateye inkunga irimo amafaranga n’amahugurwa yo kwigisha abo bantu uko ubutegetsi bwakurwaho hadakoreshejwe intwaro byerekana ubufatanyacyaha bukomeye muri uyu mugambi.

Bitandukanye n’ibyo Ingabire victoire yanditse mu ibaruwa ye asaba imbabazi Perezida wa Repubulika aho yavugaga ko yifuza gufatanya n’abandi banyarwanda kubaka igihugu, ahubwo Ingabire victoire yagiye agaragara mu binyamakuru mpuzamahanga ndetse no ku muyoboro wa Youtube asebya kandi avumira ku gahera Leta n’ubuyobozi bw’ u Rwanda aho inyandiko ze zose zakanguriraga abifuriza inabi u Rwanda kugirana ingoga bakarufatira ibihano. Ingabire kandi yakomeje kugaragaragaza ko mu Rwanda nta mutekano uhari, ko nta demokaris ihari, ko nta kiza na kamwe kari mu Rwanda. Kuri we u Rwanda rutarimo Paremehutu n’ingabitekerezo yabo yo gukora genocide, ahafata nk’ikuzimu.

Ariko rero Ingabire Victoire yiyibagiza ingingo y;amategeko nawe ubwe yanditse mu ibaruwa isaba imbabazi Ingingo ya gatatu y’iteka rya perezida Nº131/01 ryo ku wa 14/09/2018 ritanga imbabazi, ivuga ko uwahawe imbabazi na Perezida ashobora kuzakwa igihe akatiwe n’inkiko kubera ikindi cyaha.

Hashingiwe ku byaha bikomeye by’iyi nyangarwanda Ingabire Victoire ubutabera bwo mu Rwanda bukwiye kumukurikirana akaryozwa ibyo yakoze kandi ibyaha byamuhama agafungwa ukwe wenyine kugirango uburozi bwe atazagira uwo abusangiza waba uri mu igororero.

2025-06-19
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatsinze mu rubanza rw’ubutaka ku Cyambu cya Mombasa

U Rwanda rwatsinze mu rubanza rw’ubutaka ku Cyambu cya Mombasa

Editorial 13 Jun 2016
Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Editorial 07 Dec 2018
Bishop Rugagi ati ’Isi yose yaramenye byararangiye

Bishop Rugagi ati ’Isi yose yaramenye byararangiye

Editorial 12 Nov 2018
Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Editorial 08 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ambasaderi Bazivamo yakurikiye umukino APR WVC yatsinzemo Carthage yo muri Tunisia mu irushanwa Nyafurika riri kubera muri Nigeria
Amakuru

Ambasaderi Bazivamo yakurikiye umukino APR WVC yatsinzemo Carthage yo muri Tunisia mu irushanwa Nyafurika riri kubera muri Nigeria

Editorial 03 Apr 2025
Leta ya Congo iremera kwakira Jean-Pierre Bemba mu gihe yaba ashaka gutaha mu gihugu
POLITIKI

Leta ya Congo iremera kwakira Jean-Pierre Bemba mu gihe yaba ashaka gutaha mu gihugu

Editorial 18 Jun 2018
Umuhanzi Doddy Uwihirwe yifashishije indirimbo atambutsa ubutumwa bwo kugarurira icyizere abanyarwanda.
Amakuru

Umuhanzi Doddy Uwihirwe yifashishije indirimbo atambutsa ubutumwa bwo kugarurira icyizere abanyarwanda.

Editorial 02 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru