• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inama y’Abagore bo mu nzego z’umutekano muri Afurika yasojwe hafashwe ingamba zo guca ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Inama y’Abagore bo mu nzego z’umutekano muri Afurika yasojwe hafashwe ingamba zo guca ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Editorial 30 Nov 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Ubutabera , Johnston Busingye, ejo tariki 29 Ugushyingo yasoje ku mugaragaro Inama y’Abagore bo mu nzego z’umutekano ku Mugabane wa Afurika bagera kuri 250 baturuka mu bihugu 38; abayitabiriye bakaba barafashe ingamba zo guca ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana b’abakobwa.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iyo Nama y’iminsi ibiri yabereye i Kigali, Minisitiri w’Ubutabera; akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta yagereranije kurwanya Ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana “nk’Inkingi ya mwamba y’Imiyoborere myiza, iterambere rirambye, uburenganzira bwa Muntu, umutekano; ndetse n’ishema ry’igihugu n’abagituye.”

Avuga ku ngaruka z’Ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Minisitiri Busingye yagize ati:”Ingaruka z’iki cyaha zirenga imipaka y’igihugu kubera ko gifite aho gihuriye n’ibindi birimo gukoresha amafaranga akomoka ku bikorwa bitemewe n’amategeko, ishimutwa n’icuruzwa ry’abantu, gushora abantu mu bikorwa by’urukozasoni nk’ubusambanyi, itundwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, n’ibindi byaha ndenga mipaka.”

Minisitiri w’Ubutabera yagarutse ku kamaro k’iyo Nama y’Abagore bo mu nzego z’umutekano ku Mugabane wa Afurika agira ati:”Ndizera ndashidikanya ko intego y’iyi Nama yagezweho; kandi ko ibyo yagezeho ari umusingi ukomeye mu guca ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana b’abakobwa. Imyanzuro yafashwe ikwiye gushyirwa mu bikorwa kugira ngo dufatanye guca iri hohoterwa.”

Mu myanzuro 14 yafatiwe muri iyo Nama Mpuzamahanga ya Kigali (KICD) harimo gusaba abayitabiriye kugira inama ubuyobozi bw’ibihugu bahagarariye gushyiraho (mu bihugu bigize Ihuriro rya KICD) Ibigo bifite inshingano nk’iza Isange One Stop Centre; irwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana; ndetse igafasha abarikorewe; ibi bigakorwa mu bihugu bidafite bene iki Kigo cyangwa igikora nka cyo.

Ubutumwa Minisitiri Busingye yagejeje ku bitabiriye iyo Nama Nyafurika bukurikira ishyirwa ku mugaragaro ry’Igitabo cya Isange One Stop Centre cyiswe:” Rwanda’s Holistic Approach to Fighting Gender Based Violence and Child Abuse: The Isange One Stop Centre Model.”; bishatse kuvuga :”Uburyo bw’u Rwanda bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana: Urugero rwa Isange One Stop Centre.”, icyo Gitabo kikaba cyarashyizwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Intebe ku munsi wa mbere w’iyo Nama.

Iki Gitabo kigaragaza amateka y’u Rwanda mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana mu myaka isaga makumyabiri ishize; ndetse n’ingamba zigamije kurica burundu mu muryango nyarwanda.

Iyo Nama y’Abagore bari mu nzego z’umutekano ku Mugabane wa Afurika yasojwe abayitabiriye biyemeje kwifashisha Ikoranabuhanga rigezweho mu kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana bahanahana amakuru aryerekeye.

Usibye gushyira ku mugaragaro Igitabo cya Isange One Stop Centre, Minisitiri w’Intebe yatashye ku mugaragaro Ikigo cy’Icyitegererezo muri aka Karere gishinzwe kurwanya no guca Ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Mu bizakorerwa muri iki Kigo kiri ku Cyicaro Gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru ; harimo inama, amahugurwa n’ubushakashatsi ku ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana b’abakobwa, kwegeranya no kubika mu buryo bugezweho amakuru ajyanye n’iryo hohoterwa.

-4880.jpg

Minisitiri w’Ubutabera , Johnston Busingye


RNP

2016-11-30
Editorial

IZINDI NKURU

Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo

Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo

Editorial 07 Oct 2016
Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu

Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu

Editorial 20 Aug 2016
RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi

RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi

Editorial 30 Sep 2017
Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Editorial 03 May 2021
Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo

Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo

Editorial 07 Oct 2016
Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu

Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu

Editorial 20 Aug 2016
RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi

RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi

Editorial 30 Sep 2017
Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Editorial 03 May 2021
Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo

Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo

Editorial 07 Oct 2016
Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu

Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu

Editorial 20 Aug 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru