• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»RDB yashyizeho uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda ku bitabiriye WEF

RDB yashyizeho uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda ku bitabiriye WEF

Ubwanditsi 12 May 2016 Mu Mahanga

Ikigo cy’Igihugu cy’iterambere RDB, mu bufatanye n’umuryango ‘KORA Associates’ hamwe na ‘Hobe Agency’ bashyizeho ‘The African Village’ nk’uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda.

‘The African Village’ ni inzu imeze nk’umudugudu yubatswe kuri Hotel des Mille Collines, aho abanyamahanga barenga 1000 bazajya bahurira n’abikorera bo mu Rwanda babamurikira ibyo bakora, banungurana ibitekerezo ku mishinga bashoramo imari.

Bamwe mu babyifuza, bo, bazajya banarara aha kuri The African Village kuko hanashyizweho amacumbi.

Uyu mudugudu wo kuri Hotel des Mille Collines uzajya ufungura imiryango buri munsi guhera saa mbiri z’igitondo (8am) kugeza bwije, aho buri mugoroba hazajya habera umuhuro w’abitabiriye World Economic Forum on Africa cyo kimwe n’ibitaramo byiganjemo ibyerekana umuco gakondo.

Mireille Karera, washinze umuryango ‘Kora Associates’ ufite icyicaro i Dubai n’ishami mu Rwanda, avuga ko muri ‘The African Village’ hazajya hahurira abantu ku giti cyabo, amatsinda n’imiryango itegamiye kuri Leta bakungurana ibitekerezo.

-2769.jpg

Kigali Convention Centre, inyubako ziri gutangarirwa ubu muri Kigali, izakira inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika mu minsi mike iri imbere (Ifoto/Irakoze R.)

Hashyizweho kandi n’uburyo bwo kuhafatira amafunguro, ariko mu buryo bworohereza abantu gusangira baganira ku bijyanye no guhanga imishinga mishya.

Muri ibi biganiro, kuwa Gatatu tariki 11 Gicurasi 2016 hazaba hari Thomson Reuters Corporation ikigo gikomeye cy’itangazamakuru cyo muri Canada. Mu biganiro bizatangwa, hazibandwa kuri serivisi zijyanye n’ubucuruzi muri Afurika, n’uko hashakwa ibisuzo muri uru rwego.

Kuwa Kane, ho hazaba ibyitwa ‘South Africa’s Business Breakfast’, aho itsinda ryo muri Afurika y’Epfo rizaganira ritanga ubunarabonye bwaryo mu iterambere ry’ubukungu, ku bashyitsi banyuranye bitabiriye ‘World Economic Forum’.

-2770.jpg

Umujyi wa Kigali uteye amatsiko pe

Kuwa Gatanu tariki 13 Gicurasi, ho hazaba icyitwa ‘Leaders Lunch and Learn’, ari byo gusangira ifunguro, aho Mireille Karera, uyobora Kora azatanga ikiganiro ku buryo ubumenyi bw’umuntu yakwiteza imbere, akiyobora mu kwihangira umurimo.

Raoul Rugamba, Umuyobozi wa Hobe Agency yavuze ko uretse kwerekana ibyiza by’u Rwanda, ubu buryo buzafasha kurushaho kwakira neza abagana u Rwanda.

Yagize ati “Ni uburyo buzadufasha kumenyekanisha igihugu ku banyamahanga bakomeye cyane badusuye herekanwa impano ntagereranywa ziri mu Rwanda.”

Yavuze ko aya ari amahirwe adasanzwe azafasha abikorera n’urubyiruko kunguka byinshi mu kwakira aba bashyitsi, binyuze mu kungurana ibitekerezo, kumenyana no kuganira ibijyanye n’iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda.

-2768.jpg

Harategurwa ko aba bashyitsi bazajya banataramirwa na gakondo barimo uyu Masamba Intore (Ifoto/Irakoze R.)

Source: Izuba rirashe

2016-05-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

….’ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi’ -Perezida Kagame

….’ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi’ -Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 Dec 2016
Centrafrique:Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro zambitswe imidari y’ishimwe

Centrafrique:Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro zambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Mu Rwanda haratangira inama y’abayobozi b’inzego z’Iperereza n’Umutekano za Afurika

Mu Rwanda haratangira inama y’abayobozi b’inzego z’Iperereza n’Umutekano za Afurika

Ubwanditsi 01 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanganyije na Police FC ifata umwanya wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda by’agateganyo 

RUSHYASHYA 21 Feb 2026
U Rwanda ruragaragaza  na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa
POLITIKI

U Rwanda ruragaragaza na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Gen Kale Kayihura yasabye Museveni kumurenganura
ITOHOZA

Gen Kale Kayihura yasabye Museveni kumurenganura

Ubwanditsi 20 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru