• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»RDB yashyizeho uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda ku bitabiriye WEF

RDB yashyizeho uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda ku bitabiriye WEF

Ubwanditsi 12 May 2016 Mu Mahanga

Ikigo cy’Igihugu cy’iterambere RDB, mu bufatanye n’umuryango ‘KORA Associates’ hamwe na ‘Hobe Agency’ bashyizeho ‘The African Village’ nk’uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda.

‘The African Village’ ni inzu imeze nk’umudugudu yubatswe kuri Hotel des Mille Collines, aho abanyamahanga barenga 1000 bazajya bahurira n’abikorera bo mu Rwanda babamurikira ibyo bakora, banungurana ibitekerezo ku mishinga bashoramo imari.

Bamwe mu babyifuza, bo, bazajya banarara aha kuri The African Village kuko hanashyizweho amacumbi.

Uyu mudugudu wo kuri Hotel des Mille Collines uzajya ufungura imiryango buri munsi guhera saa mbiri z’igitondo (8am) kugeza bwije, aho buri mugoroba hazajya habera umuhuro w’abitabiriye World Economic Forum on Africa cyo kimwe n’ibitaramo byiganjemo ibyerekana umuco gakondo.

Mireille Karera, washinze umuryango ‘Kora Associates’ ufite icyicaro i Dubai n’ishami mu Rwanda, avuga ko muri ‘The African Village’ hazajya hahurira abantu ku giti cyabo, amatsinda n’imiryango itegamiye kuri Leta bakungurana ibitekerezo.

-2769.jpg

Kigali Convention Centre, inyubako ziri gutangarirwa ubu muri Kigali, izakira inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika mu minsi mike iri imbere (Ifoto/Irakoze R.)

Hashyizweho kandi n’uburyo bwo kuhafatira amafunguro, ariko mu buryo bworohereza abantu gusangira baganira ku bijyanye no guhanga imishinga mishya.

Muri ibi biganiro, kuwa Gatatu tariki 11 Gicurasi 2016 hazaba hari Thomson Reuters Corporation ikigo gikomeye cy’itangazamakuru cyo muri Canada. Mu biganiro bizatangwa, hazibandwa kuri serivisi zijyanye n’ubucuruzi muri Afurika, n’uko hashakwa ibisuzo muri uru rwego.

Kuwa Kane, ho hazaba ibyitwa ‘South Africa’s Business Breakfast’, aho itsinda ryo muri Afurika y’Epfo rizaganira ritanga ubunarabonye bwaryo mu iterambere ry’ubukungu, ku bashyitsi banyuranye bitabiriye ‘World Economic Forum’.

-2770.jpg

Umujyi wa Kigali uteye amatsiko pe

Kuwa Gatanu tariki 13 Gicurasi, ho hazaba icyitwa ‘Leaders Lunch and Learn’, ari byo gusangira ifunguro, aho Mireille Karera, uyobora Kora azatanga ikiganiro ku buryo ubumenyi bw’umuntu yakwiteza imbere, akiyobora mu kwihangira umurimo.

Raoul Rugamba, Umuyobozi wa Hobe Agency yavuze ko uretse kwerekana ibyiza by’u Rwanda, ubu buryo buzafasha kurushaho kwakira neza abagana u Rwanda.

Yagize ati “Ni uburyo buzadufasha kumenyekanisha igihugu ku banyamahanga bakomeye cyane badusuye herekanwa impano ntagereranywa ziri mu Rwanda.”

Yavuze ko aya ari amahirwe adasanzwe azafasha abikorera n’urubyiruko kunguka byinshi mu kwakira aba bashyitsi, binyuze mu kungurana ibitekerezo, kumenyana no kuganira ibijyanye n’iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda.

-2768.jpg

Harategurwa ko aba bashyitsi bazajya banataramirwa na gakondo barimo uyu Masamba Intore (Ifoto/Irakoze R.)

Source: Izuba rirashe

2016-05-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bukomeje gusura abapolisi buganira nabo ku mikorere y’akazi

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bukomeje gusura abapolisi buganira nabo ku mikorere y’akazi

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda basuye Ishami rya Polisi rikoresha imbwa mu gusaka ibisasu ,ibiyobyabwenge n’ibiturika

Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda basuye Ishami rya Polisi rikoresha imbwa mu gusaka ibisasu ,ibiyobyabwenge n’ibiturika

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi

Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi

RUSHYASHYA 15 May 2026
Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Ubwanditsi 24 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 13 Feb 2025
Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi
INKURU NYAMUKURU

Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi

Ubwanditsi 04 Sep 2018
“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame
Amakuru

“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 13 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru