• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»RDB yashyizeho uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda ku bitabiriye WEF

RDB yashyizeho uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda ku bitabiriye WEF

Ubwanditsi 12 May 2016 Mu Mahanga

Ikigo cy’Igihugu cy’iterambere RDB, mu bufatanye n’umuryango ‘KORA Associates’ hamwe na ‘Hobe Agency’ bashyizeho ‘The African Village’ nk’uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda.

‘The African Village’ ni inzu imeze nk’umudugudu yubatswe kuri Hotel des Mille Collines, aho abanyamahanga barenga 1000 bazajya bahurira n’abikorera bo mu Rwanda babamurikira ibyo bakora, banungurana ibitekerezo ku mishinga bashoramo imari.

Bamwe mu babyifuza, bo, bazajya banarara aha kuri The African Village kuko hanashyizweho amacumbi.

Uyu mudugudu wo kuri Hotel des Mille Collines uzajya ufungura imiryango buri munsi guhera saa mbiri z’igitondo (8am) kugeza bwije, aho buri mugoroba hazajya habera umuhuro w’abitabiriye World Economic Forum on Africa cyo kimwe n’ibitaramo byiganjemo ibyerekana umuco gakondo.

Mireille Karera, washinze umuryango ‘Kora Associates’ ufite icyicaro i Dubai n’ishami mu Rwanda, avuga ko muri ‘The African Village’ hazajya hahurira abantu ku giti cyabo, amatsinda n’imiryango itegamiye kuri Leta bakungurana ibitekerezo.

-2769.jpg

Kigali Convention Centre, inyubako ziri gutangarirwa ubu muri Kigali, izakira inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika mu minsi mike iri imbere (Ifoto/Irakoze R.)

Hashyizweho kandi n’uburyo bwo kuhafatira amafunguro, ariko mu buryo bworohereza abantu gusangira baganira ku bijyanye no guhanga imishinga mishya.

Muri ibi biganiro, kuwa Gatatu tariki 11 Gicurasi 2016 hazaba hari Thomson Reuters Corporation ikigo gikomeye cy’itangazamakuru cyo muri Canada. Mu biganiro bizatangwa, hazibandwa kuri serivisi zijyanye n’ubucuruzi muri Afurika, n’uko hashakwa ibisuzo muri uru rwego.

Kuwa Kane, ho hazaba ibyitwa ‘South Africa’s Business Breakfast’, aho itsinda ryo muri Afurika y’Epfo rizaganira ritanga ubunarabonye bwaryo mu iterambere ry’ubukungu, ku bashyitsi banyuranye bitabiriye ‘World Economic Forum’.

-2770.jpg

Umujyi wa Kigali uteye amatsiko pe

Kuwa Gatanu tariki 13 Gicurasi, ho hazaba icyitwa ‘Leaders Lunch and Learn’, ari byo gusangira ifunguro, aho Mireille Karera, uyobora Kora azatanga ikiganiro ku buryo ubumenyi bw’umuntu yakwiteza imbere, akiyobora mu kwihangira umurimo.

Raoul Rugamba, Umuyobozi wa Hobe Agency yavuze ko uretse kwerekana ibyiza by’u Rwanda, ubu buryo buzafasha kurushaho kwakira neza abagana u Rwanda.

Yagize ati “Ni uburyo buzadufasha kumenyekanisha igihugu ku banyamahanga bakomeye cyane badusuye herekanwa impano ntagereranywa ziri mu Rwanda.”

Yavuze ko aya ari amahirwe adasanzwe azafasha abikorera n’urubyiruko kunguka byinshi mu kwakira aba bashyitsi, binyuze mu kungurana ibitekerezo, kumenyana no kuganira ibijyanye n’iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda.

-2768.jpg

Harategurwa ko aba bashyitsi bazajya banataramirwa na gakondo barimo uyu Masamba Intore (Ifoto/Irakoze R.)

Source: Izuba rirashe

2016-05-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

Ubwanditsi 16 Oct 2023
Impinduka mu bitaramo bya Primus bya 2016

Impinduka mu bitaramo bya Primus bya 2016

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Ubwanditsi 22 Mar 2021
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ubwanditsi 29 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko u Rwanda rwahishuye  Umugambi  w’Ubugambanyi rukikura  mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu  [ Yavuguruwe ]
Mu Mahanga

Uko u Rwanda rwahishuye Umugambi w’Ubugambanyi rukikura mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Bagitifu bakomeje gutabwa muri yombi kubera Amanyanga ya Ruswa no gukoresha  Impapuro mpimbano batanga Amasoko
ITOHOZA

Bagitifu bakomeje gutabwa muri yombi kubera Amanyanga ya Ruswa no gukoresha Impapuro mpimbano batanga Amasoko

Ubwanditsi 08 Jun 2017
PAM/WFP iragemurira Abarundi ibishyimbo n’ibigori yaguze mu Rwanda
Mu Rwanda

PAM/WFP iragemurira Abarundi ibishyimbo n’ibigori yaguze mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru