• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko u Rwanda rwahishuye Umugambi w’Ubugambanyi rukikura mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu [ Yavuguruwe ]

Uko u Rwanda rwahishuye Umugambi w’Ubugambanyi rukikura mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 11 Oct 2017 Mu Mahanga

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, yahishuye ko u Rwanda rwavuye mu Rukiko nyafurika ruharanira uburenganzira bwa muntu nyuma yo kugambanirwa n’imiryango itegamiye kuri leta yashakaga kurugerekaho ibyaha.

Kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w’Ubutabera n’izindi mpuguke zitandukanye bahuriye mu biganiro n’Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu n’iterambere mu bihugu by’ibiyaga bigari (Great Lakes Initiative for Human Rights and Development,GLIHD) ku kuva mu Rukiko nyafurika ruharanira uburenganzira bwa muntu.

U Rwanda rwatangaje muri Werurwe 2016 ko rwivanye mu Rukiko nyafurika ruharanira uburenganzira bwa muntu nubwo rwari rwarasinye amasezerano yo kurwemeza muri Mutarama 2013.

Minisitiri w’Ubutabera yavuze ko impavu u Rwanda rwivanye muri urwo rukiko hari umugambi w’imiryango mpuzamahanga [atavuze mu mazina] wo gushaka abarugerekaho ibyaha.

Yagize ati “Mu mpera za 2013, twabonye amakuru ko ihuriro ry’imiryango itegamiye kuri Leta yari iri gukangurira abantu kurega u Rwanda kuko twemeye gusinya ko twemera urwo rukiko. Byaduteye ubwoba gato ariko ntibyatubuza gusinzira. Muri 2014 twabonye inyandiko y’umushinga w’agaciro k’amayero 300,000 yagaragazaga neza ko nibura bashakaga ibirego bitanu bishinja ibihugu bitanu mu byasinye kwemera urukiko harimo n’u Rwanda kubera guhohotera uburenganzira bwa muntu no gushaka inzira zo gushyira igitutu kuri ibyo bihugu uko byagenda kose ngo ibyo birego biburanishwe. Ibi byo byatumye tudasinzira.”

Yakomeje agira ati “Muri iyo nyandiko twabonye, ku Rwanda hari hari ingingo eshatu zatumye turara tudasinziriye. Iya mbere ni uko harimo ko mu Rwanda harimo ihohotera ry’uburenganzira bwa muntu ryo ku rwego rwo hejuru. Icya kabiri byari ugutoranya ibirego bitanu bikajyanwa mu rukiko, hagashyirwaho ikipe ibikurikirana buri gihe binyuze mu miryango itegamiye kuri Leta iri Arusha. Harimo no gushaka abantu bazabikora, bishoboka ko ari abatangabuhamya […] bari kuvanwa mu Rwanda, bagahabwa amahugurwa hanze y’u Rwanda kuko imbere mu gihugu bitari gukunda ko bahahugurirwa. Byatumye ndara ntasinziriye kandi si njye njyenyine bishoboka ko n’abandi batasinziriye.”

Businngye yavuze ko nyuma y’umwaka u Rwanda rusinye, ibirego bitanu byari byatanzwe nk’uko byari mu mushinga ariko icyabatunguye ni uko byatanzwe na bamwe mu bashakishwa n’ubutabera kubera ibyaha bakoze bya Jenoside.

Ati “Twemerera abantu gutanga ibirego mu rukiko ntabwo twatekerezaga ku kuzanamo ibibazo by’amateka nk’abakewaho ibyaha bya Jenoside bacitse ubutabera bakaba birirwa biruka isi.

Icyemezo cyo kwikura muri aya masezerano cyaje nyuma y’uko hari uwahamijwe ibyaha bya Jenoside agahunga, nyuma akayagenderaho agahabwa umwanya n’Urukiko nk’Umunyarwanda wahutarijwe uburenganzira bwe.

Ni uwitwa Stanley Safari wahamijwe ibyaha bya Jenoside aza guhunga. Mu mwaka wa 2009 uyu yahoze ari umusenateri yahamijwe ibyaha bya Jenoside n’ibifitanye isano nayo n’urukiko rwa Gacaca rwo mu Karere ka Huye, akatirwa gufungwa burundu.

Mu birego byatanzwe harimo n’ ikirego cya Kayumba Nyamwasa wahunze igihugu wasabaga ko urukiko rutegeka ko Itegeko Nshinga ritavugururwa. Gen. Kayumba Nyamwasa wakatiwe gufungwa imyaka 24 agacika Ubutabera, kubera ibyaha byo guhungabanya umudendezo w’Igihugu.

-8313.jpg

Kayumba Nyamwasa na Safari Stanley uri muri Afrika y’Epfo

Busingye yavuze ko impamvu yahaye urukiko ari uko mu Rwanda nta wari gutinyuka gutanga ikirego nk’icyo.

Busingye ati : “Ubwo twemereraga abantu gutanga ikirego mu rukiko, ntabwo twifuzaga ko abantu nk’abo babikora. Ushakishwa ku byaha bya Jenoside nka Felicien Kabuga n’undi ntabwo mu bo twakekagaga Kabuga yabamo n’undi .”

Yasobanuye ko u Rwanda rwamenye uwo mugambi rumenyesha urukiko ntirwagira icyo rukora. Ngo urukiko rwabasubije ko mu masezerano u Rwanda rwasinye ntaho rwagaragaje ko urukiko rudakwiye kwakira abarurega kandi bashakishwa n’ubutabera cyangwa barakatiwe n’inkiko.

-8311.jpg

Abanyamategeko batandukanye bitabiriye ibiganiro na GLIHD

Ati “Ubwo twahamagazwaga n’urukiko ngo twisobanure kuri iki kirego ahubwo twarusabye kugira icyo rukora agafatwa. Twasabye urukiko kwanga kwakira ikirego cye kuko atari mu bo twakekaga ko baturega dusinya amasezerano ahubwo twerekana ko uwo muntu yashakaga umwanya wo gukora ibindi bikorwa bibi.”

Urukiko rwabyanze, maze u Rwanda rwandikira Komisiyo y’ubumwe bwa Afurika (AU) rusaba ko amasezerano rwasinye avugururwa, abashakishwa n’abahamijwe ibyaha ntibemerwe gutanga ibirego mu rukiko.

Urukiko rumaze kumenya ko u Rwanda rwagiye muri Komisiyo ya AU, rwabifashe nk’aho rushaka kuva mu masezerano, rubyigaho ruza no gutanga umwanzuro ko ibyo u Rwanda rwakoze ari ukwivana mu masezerano bityo ko rubyemerewe kandi bigakorwa mu gihe kitarenze umwaka umwe.

Busingye yagize ati “U Rwanda ntirwasabye kwivana mu masezerano ahubwo mu bushishozi bwa Komisiyo ya AU, yashyikirije urukiko ibyo u Rwanda rushingiraho ivuga ko ari ukwivana mu masezerano, rurabisuzuma maze muri Kamena 2016 rufata umwanzuro ko rufite ububasha bwo gufata umwanzuro ku kwivana mu masezerano, runatangaza ko u Rwanda ruvuye mu masezerano.”

Urubanza ku guhagarika ivugururwa ry’Itegeko Nshinga rwaburanishijwe uyu mwaka ruteshwa agaciro kuko Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ryari ryaramaze kuvugururwa n’amatora akaba yarabaye.

Busingye yavuze ko nubwo ibyo u Rwanda rwari rwakoze atari ukwivana mu masezerano, ngo rufite uburenganzira bwo gusinya amasezerano runaka no kuyavamo.

Ati “Gusinyira ko urukiko rwakira ibirego by’imiryango itegamiye kuri Leta n’abantu ku giti cyabo byakozwe ku bushake. Nta waje mu Rwanda mu bukangurambaga, ntawarwandikiye ibaruwa, ntawabisabye mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ntawasunitse u Rwanda ngo rubikore. Ubusanzwe ntabwo u Rwanda rwingingirwa gukora ibyo rugomba gukora cyangwa guhagarika ibyo rubona bikwiye guhagarara.”

Umuyobozi wa GLIHD, Tom Mulisa, yabwiye abanyamakuru ko byari ngombwa ko u Rwanda rutitaba urukiko ku byaha byaburanishirijwe mu gihugu kuko ngo icyo urwo rukiko rushinzwe ari ugufatanya n’inkiko z’ibihugu byasinye amasezerano.

Yagize ati “ Sosiyete sivile yavuga iti ’genda uburane n’abo bajenosideri kubera ko uri bubatsinde ariko impamvu dutekereza ko icyemezo Leta yafashe aricyo ni uko bagaragaje inyandiko zerekana imanza eshanu zari zigiye kubera muri urwo rukiko. Ikindi hari ya miryango yari yarareze abo bantu mu nkiko yahemukiwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yumve ngo ba bantu bagiye kurega, basubirishamo za manza batsinzwe; ntabwo ibyo bintu Leta yabona uko ibisubiza imbere ya ya miryango yahemukiwe.”

Amakuru IGIHE yatangaje, ni uko intumwa z’urukiko rwa Afurika rw’Uburenganzira bwa muntu ziherutse mu Rwanda zije gusaba ko habaho ibiganiro ku cyakorwa ngo u Rwanda rugaruke mu masezerano.

Uru rukiko ruri mu ngendo mu bihugu bya Afurika rubaza impamvu ibyinshi mu byanze gusinya amasezerano arwemera, dore ko ibihugu umunani aribyo bimaze kwemera ko abaturage babyo batangamo ibirego.

Inama yateraniyemo abanyamategeko batandukanye yitezweho gufata imyanzuro n’uburyo u Rwanda rukwiye kwitwara ku kibazo cyo kwivana muri urwo rukiko.

-8312.jpg

Minisitiri Busingye Johnston

2017-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyabihu: Abamotari basabwe  kuba mu bashinzwe  gukumira ibyaha hagamijwe impinduka nziza

Nyabihu: Abamotari basabwe kuba mu bashinzwe gukumira ibyaha hagamijwe impinduka nziza

Ubwanditsi 28 Jan 2016
Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Ubwanditsi 04 May 2016
Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Ubwanditsi 13 Dec 2021
Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Ubwanditsi 07 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.
Amakuru

Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Ubwanditsi 15 Dec 2020
FBI yasatse urugo rwa Manafort wayoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump
Mu Rwanda

FBI yasatse urugo rwa Manafort wayoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump

Ubwanditsi 10 Aug 2017
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Ubwanditsi 23 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru