• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Editorial 08 Feb 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuwa gatandatu tariki 04 Gashyantare 2023, i Bujumbura mu Burundi habereye inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, ikaba yari igamije gusuzuma uko umutekano wifashe mu burasirazuba bwa Kongo, no kongera gufatira hamwe ingamba zo guhagarika intambara ikomeje guca ibintu hagati ya Leta ya kongo n’umutwe wa M23.

Imwe mu myanzuro yafatiwe muri iyo nama, ni uko impande zishyamiranye zihagarika imirwano, zikayoboka inzira y’ibiganiro, imitwe yitwaje intwaro ikazishyira hasi, iy’abanyamahanga igasubira mu bihugu ikomokamo, nk’uko byari byaremejwe mu nama zinyuranye, zirimo iyabereye i Luanda muri Angola, mu Gushyingo umwaka ushize. Nyuma y’amasaha 48 gusa iyo nama ibaye ariko, Leta ya Kongo yahise itangaza ko abo Bakuru b’Ibihugu bataye igihe, kuko Kongo itazigera yubahiriza imyanzuro yabo.

Atabiciye ku ruhande, Umuvugizi wa Leta ya Kongo, Patrick Muyaya, yabwiye itangazamakuru ko nta kintu kinini inama ya Bujumbura yagezeho, ko bo bareba ibyavugiwe i Luanda gusa. Yagize ati:” N’ikimenyimenyi Perezida wacu, [Félix Tshisekedi] nta nyandiko n’imwe yashyizeho umukono, bigaragaza ko nta nshingano yigeze yiyemeza gushyira mu bikorwa”.Abajijwe niba igihugu cye kigifitiye icyizere ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba zagiye kugarura amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, Patrick Muyaya yatanze igisubizo kigaragaza ko izo ngabo zitagikenewe muri Kongo.

Yagize ati:” Izo ngabo zaje kurwana na M23 none ntabyo zikora….uburakari bw’abaturage bigaragambya[ bamagana izo ngabo ]bufite ishingiro”.Nyamara kandi inama y’i Bujumbura yari yasabye Kongo korohereza akazi izo ngabo, ndetse ibihugu bya Uganda na Sudan y’Epfo bigakomeza kohereza abasirikari muri Kongo.

Amagambo ya Patrick Muyaya rero ahabanye kure n’icyo cyemezo, kuko ahubwo yabaye nk’ayatsa umuriro, ubwo abaturage birohaga mu mihanda yo mu mujyi wa Goma, mu burakari bwinshi basaba ingabo z’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba kugaba ibitero ku mutwe wa M23, bitaba ibyo zigahambira ibirago, zigataha iwazo. Iyo myigaragambyo irimo kugwamo abantu ari na ko isenya ibikorwaremezo ntitunguranye ariko, cyane cyane ko atari na bwo bwa mbere ibaye. Ikigaragaza ko Leta ya Kongo iyiri inyuma, ni uko nyuma y’inama y’i Bujumbura Perezida Tshisekedi ubwe yatontomeye Gen , Umunyakenya uyoboye Ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, amubwira ango:” Ntimwaje gufasha M23. Birababaje kuba abaturage babarakariye cyane. Mugomba kumva ibyifuzo byabo”.

Abasesenguzi bemeza ko uburakari bwa Leta ya Kongo bwatewe n’uko Perezida Tshisekedi yagiye i Bujumbura yizeye ko bagenzi be bategeka izo ngabo gutangira kurwana na M23, nyamara bo bisabira gusa ko imirwano yahagaraga, abashyamiranye bakayoboka inzira ya politiki.

Nk’uko agenda akwiza aho anyuze hose ko u Rwanda ari rwo ruteza ibibazo igihugu cye, yari yizeye ko abo Bakuru b’Ibihugu bikiriza iyo ndirimbo ye ishaje, ariko bamwereka ko umuti ufitwe n’Abanyekongo ubwabo. Leta ya Kongo rero ikomeje gusuzugura Abakuru b’Ibihugu by’aka Karere, badahwema gushakisha uko amahoro n’umutekano byagaruka muri Kongo.

Muri icyo kiganiro n’itangazamakuru, Patrick Muyaya yavuze ashize amanga ko Leta ye itazigera igirana ibiganiro na M23, kandi nyamara abo Bakuru b’Ibihugu bo basanga ibiganiro ariyo nzira rukumbi yo gusubiza ibintu mu buryo. Leta ya Kongo kandi yakomeje gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’abajenosideri ba FDLR, kandi bagombye kuba baratashye mu Rwanda bitarenze tariki 30 Ugushyingo 2022, nk’uko bikubiye mu myanzuro ya Luanda. Ibonye bidahagije iyo Leta yiyambaje abacancuro ba “Wagner”, umutwe wafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ndetse na Loni, kubera ubugizi bwa nabi wagiye ukora aho wanyuze hose.

Ikindi kigaragaza icyizere gike Tshisekedi afitiye bagenzi be bahuriye mu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba, ni uko ubu inzira yazimarishije ibirenge, ashakisha ubufasha mu bihugu byo hanze y’uyu Muryango, birimo ibyo mu karere k’Afrika y’amajyepfo, nka Angola, Afrika y’Epfo n’ibindi.

Ikibazo rero: Ese Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba bazakomeza guhangayikishwa n’ibibazo bya kongo, kandi ba nyirabyo ntacyo bibabwiye? Abasesenguzi bafite umpungenge z’uko imyitwarire y’abategetsi ba Kongo ituma ibintu birushaho kudogera, ku buryo bizagera aho bitagifite igaruriro.

2023-02-08
Editorial

IZINDI NKURU

Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Editorial 13 Jun 2016
Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Editorial 03 Dec 2019
Imodoka ya Volcano yavaga i Kigali yerekeza i Kampala yatewe amabuye akomeretsa umunyarwanda

Imodoka ya Volcano yavaga i Kigali yerekeza i Kampala yatewe amabuye akomeretsa umunyarwanda

Editorial 24 Sep 2019
Pasitori ukomeye muri USA yasabye Abanyarwanda kudakerensa ubuyobozi  bwiza bafite

Pasitori ukomeye muri USA yasabye Abanyarwanda kudakerensa ubuyobozi bwiza bafite

Editorial 14 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda  rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga
POLITIKI

U Rwanda rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga

Editorial 27 Aug 2018
USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye
HIRYA NO HINO

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

Editorial 22 Jun 2019
Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba
Amakuru

Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba

Editorial 24 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru