• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inama y’umushyikirano 2017  ngo ni Amateka akomeye kuri Rutayisire Boniface utuye mu Bubiligi 

Inama y’umushyikirano 2017  ngo ni Amateka akomeye kuri Rutayisire Boniface utuye mu Bubiligi 

Editorial 11 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Bamwe mu banyarwanda baba mu mahanga barakomanga ku muryango wa Kigali, aho bazitabira inama y’umushyikirano.

Mubutumwa yageneye abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda, umunyapolitiki Rutayisire Boniface arashima leta y’u Rwanda iyobowe na Nyakubahwa Kagame Paul kuko yashyizeho gahunda z’igihugu zituma buri munyarwanda wiyemeje kubakana n’abandi igihugu abigeraho kandi agasabana n’abandi banyarwanda ndetse agatanga umuganda we uko abyifuza.

By’umwihariko, Rutayisire Boniface ashima uburyo leta y’u Rwanda ishyira mubikorwa gahunda yo kwakira abana barwo bose ntakubarobanura cyangwa kubasumbanya. Iyo ununyarwannda yiyemeje kujya muri gahunda y’igihugu yo kubakana u Rwanda n’abandi, arakirwa kandi ntahorwe amateka yaba yarahozemo kuko aba yariyemeje kuyavamo agafata icyerekezo gishya. Nk’uko byagiye bigaragara mumateka, ibi bikorwa kubanyarwanda bose nta kubavangura cyangwa kubasumbanya kuko u Rwanda ari igihugu cy’abanyarwanda bose kandi bose bakaba banganya amahirwe.

Rutayisire Boniface na Ambasaderi Olivier Nduhungirehe

Iri hame rero Rutayisire Boniface ararishima cyane kuko bituma ahamagarira abandi banyarwanda bose baba hanze gukangukira kuza kubakana igihugu n’abandi.

Uyu munyapolitiki ashima nanone uburyo leta y’u Rwanda yubaha kandi yubahiriza icyo kuba umunyarwanda aricyo. Ngo kuba ari umunyapolitiki uhora ashyize imbere ubunyarwanda, dore ko n’ishyaka rye ryitwa ISHYAKA BANYARWANDA, icyo kintu rero agishimira leta y’u Rwanda kuko bihesha umunyarwanda agaciro ndetse bikagahesha buri munyafurika wese.

Kubijyanjye n’umurongo wa politiki yahozemo, Rutayisire Boniface asobanura ko kuri ubu ari umuntu mushya udafite aho ahuriye n’umurongo wa bimwe mu bitekerezo yari afite mubihe bishize. Iyo gahunda kandi yayifashe ngo amaze kubitekerezaho bihagije ndetse amaze no kubikoraho ubushashatsi igihe kirekire. Kuri ubu yiyemeje kuba muri gahunda za leta uyobowe na Nyakubahwa Kagame kuko no mumatora ya 2017 yafatanije n’abandi kwamamaza Nyakubahwa Kagame Paul.

Umushyikirano 2017 ni amateka akomeye kuriwe kuko ari inama abara nka kimwe mubikorwa amazemo iminsi afatanya n’abandi banyarwanda kwitabira ibikorwa bya Diaspora nyarwanda hamwe n’Ambassades zihagarariye u Rwanda mumahanga.

 

2017-12-11
Editorial

IZINDI NKURU

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Editorial 21 Jan 2018
Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Editorial 09 Feb 2020
Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Editorial 04 Aug 2025
Igitero Cya ISO Kuri MTN Ngo Cyari Mu Rwego Rw’iperereza Kuri Gen Kayihura N’urupfu Rwa Kaweesi

Igitero Cya ISO Kuri MTN Ngo Cyari Mu Rwego Rw’iperereza Kuri Gen Kayihura N’urupfu Rwa Kaweesi

Editorial 11 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe
Mu Rwanda

Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe

Editorial 31 Mar 2016
Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda
Mu Rwanda

Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda

Editorial 21 Aug 2017
Inyeshyamba za FDLR zongeye kuvugwa ku butaka bw’u Burundi
ITOHOZA

Inyeshyamba za FDLR zongeye kuvugwa ku butaka bw’u Burundi

Editorial 31 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru